Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki ihagarikwa rya Bamporiki ryahagurukije imbaga?

radiotv10by radiotv10
06/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kuki ihagarikwa rya Bamporiki ryahagurukije imbaga?
Share on FacebookShare on Twitter

“Ndi mu kazi petit, ubwenge buzi ubwenge, gutegwa imitego, ndi idebe ryawe,…” Ni zimwe mu mvugo zavuzwe na Bamporiki Edouard mu bihe bitandukanye, ziri kugarukwaho na bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bahagurutse bakagaruka ku ihagarikwa rye. Kuki abantu benshi bagarutse kuri iyi ngingo?

Inkuru ya Bamporiki Edouard yatangiye kunugwanugwa mu masaha ya kare kuri uyu wa Kane tariki 05 Gicurasi 2022, iza kuba kimomo ku mugoroba ubwo Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoraga itangazo rivuga ko Perezida Paul Kagame yahagaritse uyu Munyapolitiki ku mwanya w’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco.

Iri tangazo rya Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, ryavugaga ko Bamporiki yahagaritswe kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa, ryashimangiwe n’iry’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, ryasohotse rivuga ko uyu mugabo akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo akaba afungiye iwe mu rugo.

Nyuma y’aya matangazo yombi, benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yaba WhatsApp, Twitter, Instagram na Facebook, bagarutse kuri uyu Munyapolitiki ukunze gutanga ibitekerezo.

Kuri izi mbuga nkoranyambaga, bamwe bagiye bashyiraho ibyatangajwe na Bamporiki yaba ibyo yagiye avugira mu ruhame n’ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga.

 

Mu gutanga ibitekerezo arirekura cyane

Bamwe mu banyamakuru ba RADIOTV10 bagarutse ku mpamvu babona zatumye benshi mu Banyarwanda bagaruka ku ihagarikwa rya Bamporiki.

Bamporiki si we wa mbere uhagaritswe ku nshingano zo mu buyobozi bukuru bivugwa ko afite ibyo akurikiranyweho, gusa ashobora kuba abaye uwa mbere ugarutsweho cyane.

Hon. Bamporiki ni umuntu uzwi cyane kandi akaba akunze kwisanzura mu gutanga ibitekerezo yaba ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu biganiro aha ibyiciro binyuranye byiganjemo urubyiruko.

Ni umwe mu banyapolitiki bazwi cyane mu Rwanda, bikaba biri mu byatumye benshi banagaruka ku ihagarikwa rye yaba abakozwe ku mutima na ryo ndetse n’abagaragaje ko bitababaje.

Avuga kandi ko ibyo Bamporiki avugira kuri izo mbuga nkoranyambaga na byo biri mu byatumye benshi bamugarukaho birimo ibidakunze kuvugwaho rumwe ndetse bamwe ntibatinye no kuvuga ko ari “Ukwibonekeza”.

Bamporiki yagiye anenga bamwe mu Banyarwanda bagiye bagaragara mu bibazo babaga biteye bakisanga bari gukurikiranwa n’inzego z’ubutabera, akabavugaho akoresheje imvugo zifatwa n’iziremeye zabaga zigaragaza ko “uwiyishe ataririrwa.”

Bamporiki wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Umuco, akurikiranyweho icyaha cya ruswa mu gihe Leta y’u Rwanda ivuga ko bitugukwaha ari ingeso idakwiye kurangwa mu muco nyarwanda.

Bamwe mu bagarutse ku ihagarikwa rye, banagarutse ku ijambo yigeze kuvuga kuri ruswa, ayamaganira kure ndetse anahamagarira Abanyarwanda kujya mu ngamba bagahashya uyu mwanzi w’iterambere.

Yakunze guha urubyiruko inyigisho zo gukunda u Rwanda kugira ngo rurusheho “Kwanda [kwaguka], Kurutarama [kuruvuga neza], rweme no kururasanira.”

Ni indangagaciro zagakwiye gufasha buri wese kugendera kure ingeso mbi uko yaba isa kose irimo n’iya ruswa ikekwa kuri Bamporiki Edouard.

 

“Ndi mu kazi petit”…Imvugo ze zaba zirimo kwihenura?

Muri Werurwe umwaka ushize wa 2021, Bamporiki yigeze gusubiza umwe mu bari bagize icyo bamubwira kuri Twitter, agira ati “Ndi mu kazi petit.” Bituma iri jambo rinakoreshwa cyane.

Bamwe mu bagarutse kuri iri jambo, banenze uburyo Umuyobozi uri muri Guverinoma akoresha imvugo nk’iyi bamwe bafashe nko “kwihenura”.

Iri jambo na ryo riri mu yagarutsweho ku mguga nkoranyambaga aho bamwe babaye nk’abarikorera ubugororangingo bagira bati “Ntabwo nkiri mu kazi petit.”

Bimwe mu byagiye bivugwa n’uyu mugabo wahiriwe na Politiki akiri muto, byafatwaga nko gusasira imyanya yabaga afite mu buyobozi bukuru bw’Igihugu, bamwe bakabyita ko ari “ugucinya inkoro.”

Abamuboneraga muri iyi ndorerwamo, Bamporiki yabasubije mu butumwa yanditse kuri Twitter agira ati “Ariko inkoro zanyu muzicinya hehe? Ko mucungira ku yanjye, nzajya ncinya iyanjye hababare izanyu, cg amahanga yarabahanze inkoro zanyu zogoshwa inkomborera???”

Mu kiganiro yagiranye n’imwe muri YouTube Channel zikorera mu Rwanda, yagarutse kuri iyi mvugo by’umwihariko asubiza abamwifuriza kuva mu nshingano, ababwira ko azazivamo igihe nikigera ariko ko ataragera aho Umukuru w’u Rwanda yamutumye.

Icyo gihe yagize ati “Tangira unezerwe kuko kuvaho n’ubundi nzavaho. Ubundi se Umukuru w’u Rwanda arantumye, n’aho antumye sindagerayo none wowe uti ‘mugarure mu nzira utume undi?’.”

Uyu munyapoliti uzwiho gukoresha imvugo zinaryoheye amatwi, yakunze kugaruka ku mateka ye, avuga ko yigeze gukora akazi ko gucukura imisarani.

Muri iki kiganiro, yanagarutse ku bamwifuriza ko yasubira muri aka kazi, asubiza agira ati “Ntibibaho. Ntabwo nzasubirayo, ubundi se barabona umusarani nawukwirwamo.”

Bamporiki wari umaze imyaka ibiri n’igice ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, anazwi cyane mu Nteko Ishinga Amategeko nk’Umudepite wagiyemo muri 2013 kugeza muri 2019 ubwo yagirwaga Umukuru w’Itorero ry’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − nine =

Previous Post

Umuhanzi Yverry uririmba urukundo yamaze kuruhamiriza ku ibendera ubu ntakiri ingaragu

Next Post

Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru

Pasiteri yatse abayoboke 740.000Frw ngo abaheshe ijuru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.