Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kurwanya SIDA: U Rwanda rwesheje umuhigo wo ku rwego rw’Isi ariko runafite umutwaro ururemereye

radiotv10by radiotv10
11/11/2023
in MU RWANDA
0
Kurwanya SIDA: U Rwanda rwesheje umuhigo wo ku rwego rw’Isi ariko runafite umutwaro ururemereye
Share on FacebookShare on Twitter
  • Mu Rwanda habarwa abantu 230 000 bafite ubwandu, ariko 10 000 ntibafata imiti

U Rwanda ni kimwe mu Bihugu byateye intambwe ishimisjije mu kwesa Umuhigo w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Kurwanya SIDA (UNAIDS) wa 95-95-95, ariko na rwo rukaba ruhangayikishijwe n’abantu batazi uko bahagaze n’abadafata imiti.

Intego ya 95-95-95 yo kugeza muri 2030, igamije ko abantu 95% baba bazi uko bahagaze ku bijyanye n’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, naho 95% y’abasanganywe ubwandu bakaba bafata imiti igabanya ubukana, naho 95 ya nyuma ikaba ari uko 95% y’abafata imiti batabasha kwanduza abo bakoranye imibonano mpuzabitsina.

Nyuma y’uko u Rwanda rukomeje kugera ku ntambwe ishimishije kuri iyi ntego, abaganga bo mu Rwanda bahanganye n’ikibazo cy’abantu batazi ko bafite ubwandu bw’iyi Virusi, kandi bakaba batanafata imiti igabanya ubukana. Gusa ngo ni umubare muto ariko udakwiye kwirengagizwa.

Ubushakashatsi ku bwandu bwa SIDA buzwi nka RPHIA, bugaragaza mu Rwanda ko buri mwaka abantu bakuru 5 400 bandura iyi Virusi, nk’uko bigaragazwa mu ikusanyamakuru ryakozwe kuva mu kwezi k’Ukwakira 2028 kugeza muri Werurwe 2019.

Gahunda y’Igihugu y’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, yemera ko hari icyuho mu gushyiraho ingamba zihamye zo guhagarika ubwandu bushya, by’umwihariko ishingiye kuri abo bantu batazi uko bahagaze, bakaba batanafata imiti igabanya ubukana.

Iyi gahunda igira iyi “Ibikorwa byo kurwanya HIV byose bitangirira ku kuba umuntu azi uko ahagaze, kandi bikajyana n’abantu basanganywe ubwandu ubundi bigahita binajyana no kubitaho no gufata imiti.”

Bivugwa ko mu Rwanda hose babarwa abantu 230 bafite ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, ariko abagera mu 10 000 ntibafata imiti igabanya ubukana kandi nta kiguzi cyayo. Abangana na 5% muri bo, banduza abandi.

Umuyobozi Mukuru wa UNAIDS Rwanda, Hind Hassan Abdelgalil, yabwiye Ikinyamakuru The New Time ko ibyagezweho n’u Rwanda mu gusuzuma no gutanga imiti, ari ibyo gushimirwa, ariko ko intambwe igezweho ari iyo kugera kuri iyi 5% badafata imiti, ku buryo igezweho byaba ari intambwe ishimishije ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Kugeza ubu hari icyuho cya 5%. Ibi ubwabyo biba bigoye kuko ni na yo ntego ya nyuma ya gahunda. U Rwanda rushobora kuvugurura ingamba, rukongera gutekereza, rukanibaza kuri gahunda kuri iyi ntambwe uko bakwibanda kuri uyu mubare.”

Inzego z’ubuzima mu Rwanda kandi zashyizeho izindi ngamba zirimo kongera umubare w’abisuzumisha, rukaba rusabwa gushyiramo izindi mbaraga nko kurushaho gukomeza kujya gusuzuma ababyifuza ku bushake, gukwirakwiza udukoresho twifashishwa mu kwisuzuma, kandi hakibutswa ko dusanzwe tunaba muri za Pharmacies zigenga.

Umuyobozi ushinzwe igenamigambi, ikurikiranabikorwa n’igenzura muri Minisiteri y’Ubuzima, Muhammed Semakula, yavuze ko Igihugu cyatangije uburyo buzwi nka test-and-treat, bwo kuba umuntu wese usanganywe ubwandu ahita atangira imiti igabanya ubukana.

Ati “Iyo umuntu ari gufata imiti, aba arimo no guhagarika ubwiyongere no gukura kwa Virusi ndetse n’ibyago byo kuba yakwanduza abandi, bikagabanuka cyane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 9 =

Previous Post

Uwabaye Miss Rwanda aritegura kwibaruka

Next Post

Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.