Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kurwanya SIDA: U Rwanda rwesheje umuhigo wo ku rwego rw’Isi ariko runafite umutwaro ururemereye

radiotv10by radiotv10
11/11/2023
in MU RWANDA
0
Kurwanya SIDA: U Rwanda rwesheje umuhigo wo ku rwego rw’Isi ariko runafite umutwaro ururemereye
Share on FacebookShare on Twitter
  • Mu Rwanda habarwa abantu 230 000 bafite ubwandu, ariko 10 000 ntibafata imiti

U Rwanda ni kimwe mu Bihugu byateye intambwe ishimisjije mu kwesa Umuhigo w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Kurwanya SIDA (UNAIDS) wa 95-95-95, ariko na rwo rukaba ruhangayikishijwe n’abantu batazi uko bahagaze n’abadafata imiti.

Intego ya 95-95-95 yo kugeza muri 2030, igamije ko abantu 95% baba bazi uko bahagaze ku bijyanye n’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, naho 95% y’abasanganywe ubwandu bakaba bafata imiti igabanya ubukana, naho 95 ya nyuma ikaba ari uko 95% y’abafata imiti batabasha kwanduza abo bakoranye imibonano mpuzabitsina.

Nyuma y’uko u Rwanda rukomeje kugera ku ntambwe ishimishije kuri iyi ntego, abaganga bo mu Rwanda bahanganye n’ikibazo cy’abantu batazi ko bafite ubwandu bw’iyi Virusi, kandi bakaba batanafata imiti igabanya ubukana. Gusa ngo ni umubare muto ariko udakwiye kwirengagizwa.

Ubushakashatsi ku bwandu bwa SIDA buzwi nka RPHIA, bugaragaza mu Rwanda ko buri mwaka abantu bakuru 5 400 bandura iyi Virusi, nk’uko bigaragazwa mu ikusanyamakuru ryakozwe kuva mu kwezi k’Ukwakira 2028 kugeza muri Werurwe 2019.

Gahunda y’Igihugu y’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, yemera ko hari icyuho mu gushyiraho ingamba zihamye zo guhagarika ubwandu bushya, by’umwihariko ishingiye kuri abo bantu batazi uko bahagaze, bakaba batanafata imiti igabanya ubukana.

Iyi gahunda igira iyi “Ibikorwa byo kurwanya HIV byose bitangirira ku kuba umuntu azi uko ahagaze, kandi bikajyana n’abantu basanganywe ubwandu ubundi bigahita binajyana no kubitaho no gufata imiti.”

Bivugwa ko mu Rwanda hose babarwa abantu 230 bafite ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, ariko abagera mu 10 000 ntibafata imiti igabanya ubukana kandi nta kiguzi cyayo. Abangana na 5% muri bo, banduza abandi.

Umuyobozi Mukuru wa UNAIDS Rwanda, Hind Hassan Abdelgalil, yabwiye Ikinyamakuru The New Time ko ibyagezweho n’u Rwanda mu gusuzuma no gutanga imiti, ari ibyo gushimirwa, ariko ko intambwe igezweho ari iyo kugera kuri iyi 5% badafata imiti, ku buryo igezweho byaba ari intambwe ishimishije ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Kugeza ubu hari icyuho cya 5%. Ibi ubwabyo biba bigoye kuko ni na yo ntego ya nyuma ya gahunda. U Rwanda rushobora kuvugurura ingamba, rukongera gutekereza, rukanibaza kuri gahunda kuri iyi ntambwe uko bakwibanda kuri uyu mubare.”

Inzego z’ubuzima mu Rwanda kandi zashyizeho izindi ngamba zirimo kongera umubare w’abisuzumisha, rukaba rusabwa gushyiramo izindi mbaraga nko kurushaho gukomeza kujya gusuzuma ababyifuza ku bushake, gukwirakwiza udukoresho twifashishwa mu kwisuzuma, kandi hakibutswa ko dusanzwe tunaba muri za Pharmacies zigenga.

Umuyobozi ushinzwe igenamigambi, ikurikiranabikorwa n’igenzura muri Minisiteri y’Ubuzima, Muhammed Semakula, yavuze ko Igihugu cyatangije uburyo buzwi nka test-and-treat, bwo kuba umuntu wese usanganywe ubwandu ahita atangira imiti igabanya ubukana.

Ati “Iyo umuntu ari gufata imiti, aba arimo no guhagarika ubwiyongere no gukura kwa Virusi ndetse n’ibyago byo kuba yakwanduza abandi, bikagabanuka cyane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 11 =

Previous Post

Uwabaye Miss Rwanda aritegura kwibaruka

Next Post

Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

14/01/2026
Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.