Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kurwanya SIDA: U Rwanda rwesheje umuhigo wo ku rwego rw’Isi ariko runafite umutwaro ururemereye

radiotv10by radiotv10
11/11/2023
in MU RWANDA
0
Kurwanya SIDA: U Rwanda rwesheje umuhigo wo ku rwego rw’Isi ariko runafite umutwaro ururemereye
Share on FacebookShare on Twitter
  • Mu Rwanda habarwa abantu 230 000 bafite ubwandu, ariko 10 000 ntibafata imiti

U Rwanda ni kimwe mu Bihugu byateye intambwe ishimisjije mu kwesa Umuhigo w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Kurwanya SIDA (UNAIDS) wa 95-95-95, ariko na rwo rukaba ruhangayikishijwe n’abantu batazi uko bahagaze n’abadafata imiti.

Intego ya 95-95-95 yo kugeza muri 2030, igamije ko abantu 95% baba bazi uko bahagaze ku bijyanye n’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, naho 95% y’abasanganywe ubwandu bakaba bafata imiti igabanya ubukana, naho 95 ya nyuma ikaba ari uko 95% y’abafata imiti batabasha kwanduza abo bakoranye imibonano mpuzabitsina.

Nyuma y’uko u Rwanda rukomeje kugera ku ntambwe ishimishije kuri iyi ntego, abaganga bo mu Rwanda bahanganye n’ikibazo cy’abantu batazi ko bafite ubwandu bw’iyi Virusi, kandi bakaba batanafata imiti igabanya ubukana. Gusa ngo ni umubare muto ariko udakwiye kwirengagizwa.

Ubushakashatsi ku bwandu bwa SIDA buzwi nka RPHIA, bugaragaza mu Rwanda ko buri mwaka abantu bakuru 5 400 bandura iyi Virusi, nk’uko bigaragazwa mu ikusanyamakuru ryakozwe kuva mu kwezi k’Ukwakira 2028 kugeza muri Werurwe 2019.

Gahunda y’Igihugu y’ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, yemera ko hari icyuho mu gushyiraho ingamba zihamye zo guhagarika ubwandu bushya, by’umwihariko ishingiye kuri abo bantu batazi uko bahagaze, bakaba batanafata imiti igabanya ubukana.

Iyi gahunda igira iyi “Ibikorwa byo kurwanya HIV byose bitangirira ku kuba umuntu azi uko ahagaze, kandi bikajyana n’abantu basanganywe ubwandu ubundi bigahita binajyana no kubitaho no gufata imiti.”

Bivugwa ko mu Rwanda hose babarwa abantu 230 bafite ubwandu bwa Virusi Itera SIDA, ariko abagera mu 10 000 ntibafata imiti igabanya ubukana kandi nta kiguzi cyayo. Abangana na 5% muri bo, banduza abandi.

Umuyobozi Mukuru wa UNAIDS Rwanda, Hind Hassan Abdelgalil, yabwiye Ikinyamakuru The New Time ko ibyagezweho n’u Rwanda mu gusuzuma no gutanga imiti, ari ibyo gushimirwa, ariko ko intambwe igezweho ari iyo kugera kuri iyi 5% badafata imiti, ku buryo igezweho byaba ari intambwe ishimishije ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Kugeza ubu hari icyuho cya 5%. Ibi ubwabyo biba bigoye kuko ni na yo ntego ya nyuma ya gahunda. U Rwanda rushobora kuvugurura ingamba, rukongera gutekereza, rukanibaza kuri gahunda kuri iyi ntambwe uko bakwibanda kuri uyu mubare.”

Inzego z’ubuzima mu Rwanda kandi zashyizeho izindi ngamba zirimo kongera umubare w’abisuzumisha, rukaba rusabwa gushyiramo izindi mbaraga nko kurushaho gukomeza kujya gusuzuma ababyifuza ku bushake, gukwirakwiza udukoresho twifashishwa mu kwisuzuma, kandi hakibutswa ko dusanzwe tunaba muri za Pharmacies zigenga.

Umuyobozi ushinzwe igenamigambi, ikurikiranabikorwa n’igenzura muri Minisiteri y’Ubuzima, Muhammed Semakula, yavuze ko Igihugu cyatangije uburyo buzwi nka test-and-treat, bwo kuba umuntu wese usanganywe ubwandu ahita atangira imiti igabanya ubukana.

Ati “Iyo umuntu ari gufata imiti, aba arimo no guhagarika ubwiyongere no gukura kwa Virusi ndetse n’ibyago byo kuba yakwanduza abandi, bikagabanuka cyane.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Uwabaye Miss Rwanda aritegura kwibaruka

Next Post

Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

Impanuro zafasha buri wese: Ukuriye RIB Iburasirazuba yagaragaje ibyafasha umuntu kugera ahisumbuyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.