Monday, February 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Sudani yamaganye Igihugu cya Uganda kubera kwakira umuyobozi w’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF), ivuga ko iyo nama ihonyora amategeko mpuzamahanga n’uburenganzira bwa muntu.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Sudani yavuze ko Uganda yishe amategeko mpuzamahanga yakira Umuyobozi wa RSF, Mohamed Hamdan Dagalo, ushinjwa ko abarwanyi be bakomeje gukora ibyaha bikomeye byibasira abasivili mu ntambara y’abenegihugu ihanganishije umutwe wa RSF n’ingabo za Sudani.

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ni bwo Ibiro bya Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, byatangaje ko yakiriye Generali Dagalo mu rugo rwe ruherereye mu mujyi wa Entebbe.

Mu itangazo ryasohotse ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Sudani yagize iti: “Guverinoma ya Sudani yamaganye mu buryo bukomeye cyane kuba Guverinoma ya Uganda yakiriye umuyobozi w’inyeshyamba Mohamed Hamdan Dagalo, umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa RSF.”

Iryo tangazo ryamaganye inama yahuje Dagalo na Perezida wa Uganda, rivuga ko usibye kuba ihonyora uburenganzira bwa muntu, inabangamiye inyungu z’abaturage ba Sudani muri rusange.

Icyakora, Perezida Museveni, uheruka gushyirwaho n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) kugira ngo abe umuhuza hagati y’ingabo za Sudani n’umutwe wa RSF, yashimangiye ko iyi nama yagiranye na Gen. Hamdan Dagalo yitezweho igisubizo cya politiki gishingiye ku mahoro no kurangiza intambara imaze igihe ihanganishije ingabo za Sudani n’umutwe wa Rapid Support Forces.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Nyuma yuko inzoga z’inkorano zikomeje guhitana bamwe mu Rwanda inzego zazihagurukiye

Next Post

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Related Posts

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
23/02/2026
0

Nyuma y’iminsi ibiri y’imirwano ikomeye hagati y’abarwanyi ba AFC/M23 n’aba Wazalendo bafatanya na FARDC, yaberaga mu bice bimwe byo muri...

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

Umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi yirukaniwe kwiba umuceri

by radiotv10
22/02/2026
0

  Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye yirukanye umupolisi ufite ipeti rya Colonel mu Gipolisi cy’iki Gihugu, amuziza kwiba umuceri ugenewe...

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

Uruzinduko rw’umuyobozi woherejwe n’u Burayi kuganira na AFC/M23 rwasize hakozwe byinshi

by radiotv10
22/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko uruzinduko rwa Komiseri mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi ushinzwe Ibikorwa by'Ubutabazi, Hadja Lahbib; rwasize ibyemezo...

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

AFC/M23 iragaya amahanga uko akomeje kwitwara ku biri kubera mu bice birimo Minembwe

by radiotv10
20/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ribabajwe no kubona umuryango mpuzamahanga ukomeje kuruca...

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

Umudepite muri Tunisia yakatiwe gufungwa amezi umunani kubera ubutumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/02/2026
0

Urukiko rwo muri Tunisia rwakatiye umudepite igifungo cy’amezi umunani kubera ubutumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga asebya Perezida Kais Saied, nyuma...

IZIHERUKA

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi
MU RWANDA

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

by radiotv10
23/02/2026
0

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

23/02/2026
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

23/02/2026
Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

23/02/2026
Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

23/02/2026
Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

Kwakirwa k’umuyobozi wa RSF kwakozwe na Museveni kwatumye Sudani irakarira Uganda

23/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Uwahoze ari Umupolisi mu bo hejuru muri Polisi y’u Rwanda yitabye Imana azize ibiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.