Friday, November 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA
0
Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura
Share on FacebookShare on Twitter
  • Uri ku cyicaro cya MONUSCO i Goma yatubwiye uko byifashe

Ibikorwa byo kwamagana MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birakomeje aho bamwe mu baturage bigabije ibiro by’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, bakabimena ubundi bagasahura ibikoresho basanzemo.

Ibi bikorwa byatangiye mu byumweru bibiri bishize, byatangiye gufata indi sura mu cyumweru gishize aho bamwe mu baturage biraraga mu mihanda bakajya kwamagana izi ngabo za UN, bavuga ko mu myaka irenga 20 zije mu butumwa mu Gihugu cyabo ntacyo zabamariye.

Aba baturage bagaragaza umujinya udasanzwe, basaba MONUSCO kubavira mu Gihugu kuko kuva bahagera, ibikorwa bihungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo, bitahwemye kugaragara ndetse ko ari bwo byafashe intera.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, iyi myigaragambyo yakomeje mu bice bitandukanye by’Igihugu, haba mu Mujyi wa Goma ndetse no muri Rutshuru aho abaturage bigibije ibirindiro bya MONUSCO, bakayigaragariza umujinya w’umuranduranzuzi.

Nubwo Umuyobozi w’Umujyi wa Goma, Colonel François Kabeya yari yahagaritse iyi myigaragambyo yatangiye kuvugwa mu mpera z’icyumweru gishize, abaturage benshi ntibyabujije kwirara mu mihanda ndetse bakajya ku cyicaro cya MONUSCO muri uyu Mujyi kwamagana izi ngabo nkuko byemejwe n’uwahaye amakuru RADIOTV10.

Umwe mu bakozi ba MONUSCO uri i Goma yabwiye RADIOTV10 ko kugeza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere imyigaragambyo yari ikomeje, aho abigaragambya bafite umujinya mwinshi.

Yagize ati “Aka kanya byafashe indi ntera, abigaragambya barakaye cyane, bamenaguye bimwe mu biro byacu, n’ubu bari kugerageza kumenagura ibindi bisigaye.”

Amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga agaragaza bamwe mu baturage batera amabuye ibifaru by’izi ngabo, ndetse n’abandi bamenaguye ibiro by’abari muri ubu butumwa, bagasahura bimwe mu bikoresho basanzemo birimo mudasobwa ndetse bakanamenagura ibyo basanzemo.

Ubwo aba baturage binjiraga muri iki kigo, bamwe mu bakozi ba MONUSCO, bahungishijwe igitaraganya hifashishijwe imodoka zisanzwe zifashishwa mu mirwano ndetse n’indege za MONUSCO.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ibi bikorwa byakozwe na bamwe mu baturage, ivuga ko baza kubiryozwa.

Umuvugizi wa Guverinoma akaba na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, Patrick Muyaya, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yagize ati “Guverinoma iri gukurikirana umwuka uri i Goma ahari kuba imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO. Ibabajwe bidasubirwaho n’uburyo bwose bubangamira umuntu uwo ari we wese ndetse n’ibikorwa by’umuryango w’Abibumbye. Ababigizeho uruhare bose barakurikiranwa kandi bahabwe ibihano byihanukiriye.”

Bigabije ibiro bya MONUSCO bahakorera ibya mfura mbi
Abaturage bariye karungu mu buryo budasanzwe
Ibiro babyigabije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + nineteen =

Previous Post

Ninde uzabazwa amarira y’Abanyakigali bahagarara amasaha n’amasaha bategereje imodoka?- Impaka zongeye

Next Post

Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Related Posts

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko irimbi rusange bashyinguramo hamwe n’impunzi, ryamaze kuzura,...

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
28/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

Abapolisi bahugurirwa mu Kigo cyo kurwanya Iterabwoba basuye ibice ndangamateka mu Rwanda

by radiotv10
28/11/2025
0

Abapolisi b’abofisiye 177 barimo abo mu Rwanda n’abo muri Liberia bari mu mahugurwa mu Kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo...

Nyanza: Umugabo arakekwaho kwiyahuza umuti wica udukoko abitewe n’isindwe

Uko byagenze ngo hakurweho icyaha cyaregwaga uwari Major waregwaga muri dosiye y’amabuye y’agaciro

by radiotv10
28/11/2025
0

Rtd Major Rugamba Robert wemera ko yakoze icyaha cyo gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu Karere ka Nyanza,...

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

Mu Rwanda hagiye kubakwa Amashuri Ntangarugero azoherezwamo abana bafite ubumuga bukabije

by radiotv10
28/11/2025
0

Minisiteri y'Uburezi yatangaje ko hagiye kubakwa amashuri atanu y'intangarugero muri buri Ntara n'Umujyi wa Kigali, azatanga urugero mu gutanga uburezi...

IZIHERUKA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye
AMAHANGA

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

by radiotv10
28/11/2025
0

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

28/11/2025
Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

28/11/2025
Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

Undi uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeranye imbere y’amategeko

28/11/2025
Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

Kirehe: Ikibazo cy’irimbi cyageze aho gushyingura biri gukorwa mu buryo busa no gushinyagurira abashyinguwe

28/11/2025
Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

Umukobwa udafite ikibuno gishyitse bikwiye kumutera ipfunwe cyangwa abandi bakabimuziza?-Tuganire

28/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abahitanywe n’inkongi idasanzwe muri Hong Kong yatumbagiye

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini bakundana uruzira uburyarya

Rayon Sports igiye kumara hafi ukwezi idafite umwe mu bakinnyi b’ingenzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.