Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA
0
Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura
Share on FacebookShare on Twitter
  • Uri ku cyicaro cya MONUSCO i Goma yatubwiye uko byifashe

Ibikorwa byo kwamagana MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birakomeje aho bamwe mu baturage bigabije ibiro by’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, bakabimena ubundi bagasahura ibikoresho basanzemo.

Ibi bikorwa byatangiye mu byumweru bibiri bishize, byatangiye gufata indi sura mu cyumweru gishize aho bamwe mu baturage biraraga mu mihanda bakajya kwamagana izi ngabo za UN, bavuga ko mu myaka irenga 20 zije mu butumwa mu Gihugu cyabo ntacyo zabamariye.

Aba baturage bagaragaza umujinya udasanzwe, basaba MONUSCO kubavira mu Gihugu kuko kuva bahagera, ibikorwa bihungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo, bitahwemye kugaragara ndetse ko ari bwo byafashe intera.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, iyi myigaragambyo yakomeje mu bice bitandukanye by’Igihugu, haba mu Mujyi wa Goma ndetse no muri Rutshuru aho abaturage bigibije ibirindiro bya MONUSCO, bakayigaragariza umujinya w’umuranduranzuzi.

Nubwo Umuyobozi w’Umujyi wa Goma, Colonel François Kabeya yari yahagaritse iyi myigaragambyo yatangiye kuvugwa mu mpera z’icyumweru gishize, abaturage benshi ntibyabujije kwirara mu mihanda ndetse bakajya ku cyicaro cya MONUSCO muri uyu Mujyi kwamagana izi ngabo nkuko byemejwe n’uwahaye amakuru RADIOTV10.

Umwe mu bakozi ba MONUSCO uri i Goma yabwiye RADIOTV10 ko kugeza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere imyigaragambyo yari ikomeje, aho abigaragambya bafite umujinya mwinshi.

Yagize ati “Aka kanya byafashe indi ntera, abigaragambya barakaye cyane, bamenaguye bimwe mu biro byacu, n’ubu bari kugerageza kumenagura ibindi bisigaye.”

Amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga agaragaza bamwe mu baturage batera amabuye ibifaru by’izi ngabo, ndetse n’abandi bamenaguye ibiro by’abari muri ubu butumwa, bagasahura bimwe mu bikoresho basanzemo birimo mudasobwa ndetse bakanamenagura ibyo basanzemo.

Ubwo aba baturage binjiraga muri iki kigo, bamwe mu bakozi ba MONUSCO, bahungishijwe igitaraganya hifashishijwe imodoka zisanzwe zifashishwa mu mirwano ndetse n’indege za MONUSCO.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ibi bikorwa byakozwe na bamwe mu baturage, ivuga ko baza kubiryozwa.

Umuvugizi wa Guverinoma akaba na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, Patrick Muyaya, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yagize ati “Guverinoma iri gukurikirana umwuka uri i Goma ahari kuba imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO. Ibabajwe bidasubirwaho n’uburyo bwose bubangamira umuntu uwo ari we wese ndetse n’ibikorwa by’umuryango w’Abibumbye. Ababigizeho uruhare bose barakurikiranwa kandi bahabwe ibihano byihanukiriye.”

Bigabije ibiro bya MONUSCO bahakorera ibya mfura mbi
Abaturage bariye karungu mu buryo budasanzwe
Ibiro babyigabije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Ninde uzabazwa amarira y’Abanyakigali bahagarara amasaha n’amasaha bategereje imodoka?- Impaka zongeye

Next Post

Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.