Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura

radiotv10by radiotv10
25/07/2022
in MU RWANDA
0
Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura
Share on FacebookShare on Twitter
  • Uri ku cyicaro cya MONUSCO i Goma yatubwiye uko byifashe

Ibikorwa byo kwamagana MONUSCO muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, birakomeje aho bamwe mu baturage bigabije ibiro by’abari muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, bakabimena ubundi bagasahura ibikoresho basanzemo.

Ibi bikorwa byatangiye mu byumweru bibiri bishize, byatangiye gufata indi sura mu cyumweru gishize aho bamwe mu baturage biraraga mu mihanda bakajya kwamagana izi ngabo za UN, bavuga ko mu myaka irenga 20 zije mu butumwa mu Gihugu cyabo ntacyo zabamariye.

Aba baturage bagaragaza umujinya udasanzwe, basaba MONUSCO kubavira mu Gihugu kuko kuva bahagera, ibikorwa bihungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo, bitahwemye kugaragara ndetse ko ari bwo byafashe intera.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Nyakanga 2022, iyi myigaragambyo yakomeje mu bice bitandukanye by’Igihugu, haba mu Mujyi wa Goma ndetse no muri Rutshuru aho abaturage bigibije ibirindiro bya MONUSCO, bakayigaragariza umujinya w’umuranduranzuzi.

Nubwo Umuyobozi w’Umujyi wa Goma, Colonel François Kabeya yari yahagaritse iyi myigaragambyo yatangiye kuvugwa mu mpera z’icyumweru gishize, abaturage benshi ntibyabujije kwirara mu mihanda ndetse bakajya ku cyicaro cya MONUSCO muri uyu Mujyi kwamagana izi ngabo nkuko byemejwe n’uwahaye amakuru RADIOTV10.

Umwe mu bakozi ba MONUSCO uri i Goma yabwiye RADIOTV10 ko kugeza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere imyigaragambyo yari ikomeje, aho abigaragambya bafite umujinya mwinshi.

Yagize ati “Aka kanya byafashe indi ntera, abigaragambya barakaye cyane, bamenaguye bimwe mu biro byacu, n’ubu bari kugerageza kumenagura ibindi bisigaye.”

Amashusho akomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga agaragaza bamwe mu baturage batera amabuye ibifaru by’izi ngabo, ndetse n’abandi bamenaguye ibiro by’abari muri ubu butumwa, bagasahura bimwe mu bikoresho basanzemo birimo mudasobwa ndetse bakanamenagura ibyo basanzemo.

Ubwo aba baturage binjiraga muri iki kigo, bamwe mu bakozi ba MONUSCO, bahungishijwe igitaraganya hifashishijwe imodoka zisanzwe zifashishwa mu mirwano ndetse n’indege za MONUSCO.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yamaganye ibi bikorwa byakozwe na bamwe mu baturage, ivuga ko baza kubiryozwa.

Umuvugizi wa Guverinoma akaba na Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, Patrick Muyaya, mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, yagize ati “Guverinoma iri gukurikirana umwuka uri i Goma ahari kuba imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO. Ibabajwe bidasubirwaho n’uburyo bwose bubangamira umuntu uwo ari we wese ndetse n’ibikorwa by’umuryango w’Abibumbye. Ababigizeho uruhare bose barakurikiranwa kandi bahabwe ibihano byihanukiriye.”

Bigabije ibiro bya MONUSCO bahakorera ibya mfura mbi
Abaturage bariye karungu mu buryo budasanzwe
Ibiro babyigabije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + five =

Previous Post

Ninde uzabazwa amarira y’Abanyakigali bahagarara amasaha n’amasaha bategereje imodoka?- Impaka zongeye

Next Post

Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Related Posts

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Inzu isanzwe ari icumbi ry’abanyeshuri mu ishuri rya IWE (Institute Of Women For Excellence) Secondary School riherereye mu Karere ka...

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

The First lady of Rwanda and Chairperson of the Unity Club Intwararumuri, Mrs. Jeannette Kagame, has urged Rwandans to continue...

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

by radiotv10
03/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Unity Club Intwararumuri, Madamu Jeannette Kagame yasabye Abanyarwanda gukomeza kwimakaza Ihame ntakukuka ry’Ubunyarwanda, abibutsa ko gahunda ya...

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

by radiotv10
03/11/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batanu barimo umugore umwe, bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano, birimo ubujura...

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

Kurya indyo nziza ntibikwiye kubera abantu umutwaro cyangwa bibe iby’abifite gusa- Haratangwa icyifuzo

by radiotv10
03/11/2025
0

Mu gihe ibiciro by'ibicuruzwa by'ibanze birimo n’ibiribwa bikomeje gutumbagira, umuryango utegamiye kuri Leta wa Foodwatch, wagaragaje ubwoko 100 bw’ibiribwa bigomba...

IZIHERUKA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana
MU RWANDA

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

03/11/2025
Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

Hashyizwe hanze amafoto agaragaza imyitozo kabuhariwe y’abasirikare b’Umuryango ukomeye ku Isi mu gutabarana

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

Yabaye icyomoro cy’ibikomere twasigiwe n’amateka mabi-Madamu J.Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa kuri ‘Ndi Umunyarwanda’

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Perezida Kagame yahagarariwe na Biruta mu nama yabereye muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Eng.-Mrs. Jeannette Kagame urges Rwandans to uphold the spirit of ‘Ubunyarwanda’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.