Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in MU RWANDA
0
Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB n’abafatanyabikorwa barwo, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, hongera kugaragazwa uburyo ubutegetsi bubi bwabaye mu Rwanda ari bwo mbarutso ikomeye yayo, ariko ko nyuma yayo Abanyarwanda bamaze kwihitiramo imiyoborere ibakwiye, ku buryo hari icyizere ko ibyabaye bitazongera ukundi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2024, aho ubuyobozi n’abakozi ba RGB, ndetse n’ab’imiryango y’abafatanyabikorwa irimo Ishami ry’Umuryango w’Ubibumbye riharanira iterambere (UNDP-Rwanda), babanje gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, bunamira inzirakare z’Abatutsi zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye.

Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere  RGB, Dr Félicien Usengumukiza avuga ko baje guha agaciro abatutsi bishwe muri Jenoside ndetse no kwigira ku mateka bimakaza imiyoborere myiza izira amacakubiri kuko ari yo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside.

Ati “Kwimakaza politike idaheza, buri Munyarwanda wese yibonamo, ni muri urwo rwego ibikorwa byacu byose biganisha ku guha buri Munyarwanda wese ijambo, guca akarengane, kumvikanisha neza imiyoborere ishingiye ku mahame akubiye mu Itegeko Nshinga ry’Igihugu cyacu, ari ko gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.”

Murwanashyaka Evariste, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda CLADHO, avuga ko bibabaje kuba Abatutsi barishwe nyamara u Rwanda rwari rumaze gusinya amasezerano mpuzamahanga aharanira uburenganzira bwa muntu.

Ati “Twebwe nk’abo mu burenganzira bwa muntu iki kitwibutsa ubuzima bw’Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu 1994 kandi nyamara Isi yose yari yarashyizeho amasezerano mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu.

Buriya n’u Rwanda cyari igihugu cyari cyarashyize umukono kuri aya masezerano ariko byaje kutubabaza kumva abari bashinzwe guharanira uburenganzira bwa muntu bagize uruhare mu gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bakanayishishikariza kuyikora.”

Akomeza agira ati “Kuri ubu turasaba abayobozi n’abaturage bose kubahiriza uburenganzira bwa muntu kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.”

Mu 1994 imwe mu Miryango Mpuzamahanga ku Isi iharanira uburenganzira wa muntu yararuciye irarumira ubwo Abatutsi barimo bakorerwa Jenoside.

Icyakora Impuzamiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda, CLADHO yavutse mu 1993 yasohoye itangazo ryamagana ubwicanyi no gutotezwa byarimo bikorerwa Abatutsi.

Abakozi ba RGB n’ab’Imiryango itari iya Leta basuye Urwibutso rwa Kigali
Bunamiye kandi baha icyubahiro inzirakarengane ziharuhukiye

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Next Post

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.