Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in MU RWANDA
0
Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB n’abafatanyabikorwa barwo, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, hongera kugaragazwa uburyo ubutegetsi bubi bwabaye mu Rwanda ari bwo mbarutso ikomeye yayo, ariko ko nyuma yayo Abanyarwanda bamaze kwihitiramo imiyoborere ibakwiye, ku buryo hari icyizere ko ibyabaye bitazongera ukundi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2024, aho ubuyobozi n’abakozi ba RGB, ndetse n’ab’imiryango y’abafatanyabikorwa irimo Ishami ry’Umuryango w’Ubibumbye riharanira iterambere (UNDP-Rwanda), babanje gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, bunamira inzirakare z’Abatutsi zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye.

Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere  RGB, Dr Félicien Usengumukiza avuga ko baje guha agaciro abatutsi bishwe muri Jenoside ndetse no kwigira ku mateka bimakaza imiyoborere myiza izira amacakubiri kuko ari yo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside.

Ati “Kwimakaza politike idaheza, buri Munyarwanda wese yibonamo, ni muri urwo rwego ibikorwa byacu byose biganisha ku guha buri Munyarwanda wese ijambo, guca akarengane, kumvikanisha neza imiyoborere ishingiye ku mahame akubiye mu Itegeko Nshinga ry’Igihugu cyacu, ari ko gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.”

Murwanashyaka Evariste, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda CLADHO, avuga ko bibabaje kuba Abatutsi barishwe nyamara u Rwanda rwari rumaze gusinya amasezerano mpuzamahanga aharanira uburenganzira bwa muntu.

Ati “Twebwe nk’abo mu burenganzira bwa muntu iki kitwibutsa ubuzima bw’Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu 1994 kandi nyamara Isi yose yari yarashyizeho amasezerano mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu.

Buriya n’u Rwanda cyari igihugu cyari cyarashyize umukono kuri aya masezerano ariko byaje kutubabaza kumva abari bashinzwe guharanira uburenganzira bwa muntu bagize uruhare mu gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bakanayishishikariza kuyikora.”

Akomeza agira ati “Kuri ubu turasaba abayobozi n’abaturage bose kubahiriza uburenganzira bwa muntu kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.”

Mu 1994 imwe mu Miryango Mpuzamahanga ku Isi iharanira uburenganzira wa muntu yararuciye irarumira ubwo Abatutsi barimo bakorerwa Jenoside.

Icyakora Impuzamiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda, CLADHO yavutse mu 1993 yasohoye itangazo ryamagana ubwicanyi no gutotezwa byarimo bikorerwa Abatutsi.

Abakozi ba RGB n’ab’Imiryango itari iya Leta basuye Urwibutso rwa Kigali
Bunamiye kandi baha icyubahiro inzirakarengane ziharuhukiye

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 5 =

Previous Post

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Next Post

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.