Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in MU RWANDA
0
Kwibuka30: RGB igaragaza ko ubutegetsi bubi nk’ubwateguye Jenoside budashobora kongera kubaho mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB n’abafatanyabikorwa barwo, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, hongera kugaragazwa uburyo ubutegetsi bubi bwabaye mu Rwanda ari bwo mbarutso ikomeye yayo, ariko ko nyuma yayo Abanyarwanda bamaze kwihitiramo imiyoborere ibakwiye, ku buryo hari icyizere ko ibyabaye bitazongera ukundi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2024, aho ubuyobozi n’abakozi ba RGB, ndetse n’ab’imiryango y’abafatanyabikorwa irimo Ishami ry’Umuryango w’Ubibumbye riharanira iterambere (UNDP-Rwanda), babanje gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, bunamira inzirakare z’Abatutsi zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye.

Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere  RGB, Dr Félicien Usengumukiza avuga ko baje guha agaciro abatutsi bishwe muri Jenoside ndetse no kwigira ku mateka bimakaza imiyoborere myiza izira amacakubiri kuko ari yo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside.

Ati “Kwimakaza politike idaheza, buri Munyarwanda wese yibonamo, ni muri urwo rwego ibikorwa byacu byose biganisha ku guha buri Munyarwanda wese ijambo, guca akarengane, kumvikanisha neza imiyoborere ishingiye ku mahame akubiye mu Itegeko Nshinga ry’Igihugu cyacu, ari ko gukumira Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.”

Murwanashyaka Evariste, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda CLADHO, avuga ko bibabaje kuba Abatutsi barishwe nyamara u Rwanda rwari rumaze gusinya amasezerano mpuzamahanga aharanira uburenganzira bwa muntu.

Ati “Twebwe nk’abo mu burenganzira bwa muntu iki kitwibutsa ubuzima bw’Abatutsi bazize Jenoside yabakorewe mu 1994 kandi nyamara Isi yose yari yarashyizeho amasezerano mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu.

Buriya n’u Rwanda cyari igihugu cyari cyarashyize umukono kuri aya masezerano ariko byaje kutubabaza kumva abari bashinzwe guharanira uburenganzira bwa muntu bagize uruhare mu gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bakanayishishikariza kuyikora.”

Akomeza agira ati “Kuri ubu turasaba abayobozi n’abaturage bose kubahiriza uburenganzira bwa muntu kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.”

Mu 1994 imwe mu Miryango Mpuzamahanga ku Isi iharanira uburenganzira wa muntu yararuciye irarumira ubwo Abatutsi barimo bakorerwa Jenoside.

Icyakora Impuzamiryango Iharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Rwanda, CLADHO yavutse mu 1993 yasohoye itangazo ryamagana ubwicanyi no gutotezwa byarimo bikorerwa Abatutsi.

Abakozi ba RGB n’ab’Imiryango itari iya Leta basuye Urwibutso rwa Kigali
Bunamiye kandi baha icyubahiro inzirakarengane ziharuhukiye

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Ishyaka PDI ryasobanuye impamvu bwa mbere ryatanze kandidatire ritisunze RPF-Inkotanyi

Next Post

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Kaboneka wigeze kuba Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yahawe inshingano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.