Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka31: Hatangajwe impinduka izaba mu bikorwa byari bisanzwe mu cyumweru cy’Icyunamo

radiotv10by radiotv10
03/04/2025
in MU RWANDA
0
Kwibuka30: Hagaragajwe uko gahunda yo gusoza icyumweru cy’Icyunamo iteye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, yatangaje ko mu cyumweru cy’Icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, hateganyijwemo ikiganiro kimwe gusa mu gihe hari hasanzwe haba byinshi.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène kuri uyu wa Kane tariki 03 Mata 2025 mu kiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga ku myiteguro y’ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Dr Bizimana Jean Damascène yavuze ko Kwibuka kuri iyi nshuro, hazagaragaramo impinduka byumwihariko mu biganiro byatangwaga mu cyumweru cy’Icyunamo.

Yagize ati “Mu Cyumweru cy’Icyunamo nta bindi bikorwa bidasanzwe, hajyaga habaho ibiganiro byinshi, hafi buri munsi, ariko ubu urebye twashyizemo ikiganiro kimwe gusa kizaba ku wa 07 Mata 2025 mu gitondo. Icyo ni ikiganiro cyuzuye, ubutumwa burimo burahagije ku buryo abaturage nibagikurikira bazavanamo isomo ry’ubumenyi.”

Abaturarwanda basabwe kuzitabira iki kiganiro mu Midugudu basanzwe batuyemo, kandi bakazakigiramo uruhare, batangamo ibitekerezo.

Kuri iyi tariki Indwi Mata, mu bihe byashize hari abagiye bagaragara bakora ibikorwa biba bibujijwe, nk’abafungura utubari, basabwe kutazabikora mu gihe cyose hazaba hari kuba igikorwa cyo gutangiza Icyumweru cy’icyunamo kizabera ku Rwibutso rwa Jenoside wa Kigali.

Ati “Utubari ntabwo twemewe mu gitondo ku itariki 07 Mata kuzageza igihe igikorwa kizaba kiri kubera ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi. Nyuma ya Saa Sita abantu bashobora gukora imirimo yabo yose.”

Dr Bizimana Jean Damascène yaboneyeho gusaba Abanyarwanda kuzagendera kure ibikorwa cyangwa imvugo ziganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside, kuko abazabikora bazabihanirwa hakurikijwe ibiteganywa n’amategeko.

Mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, hagiye hagaragara bimwe mu bikorwa ndetse n’imvugo by’ingengabitekerezo, birimo kwangiza imyaka n’amatungo by’abayirokotse, ndetse no kubabwira amagambo akomeretsa.

Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascène kuri uyu wa Kane mu kiganiro n’itangazamakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Kigali: Batatu barimo abana babiri bahiriye mu nzu yibasiwe n’inkongi y’amayobera

Next Post

Assemblée Nationale Française: “Dialogue de sourds” lors de l’audition sur le conflit à l’Est de la RDC

Related Posts

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
MU RWANDA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Assemblée Nationale Française: “Dialogue de sourds” lors de l’audition sur le conflit à l’Est de la RDC

Assemblée Nationale Française: "Dialogue de sourds" lors de l’audition sur le conflit à l'Est de la RDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.