Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Leta y’u Rwanda yiyambaje amadini ku kibazo kikiri umutwaro ku Banyarwanda bamwe

radiotv10by radiotv10
28/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Leta y’u Rwanda yiyambaje amadini ku kibazo kikiri umutwaro ku Banyarwanda bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda irasaba amadini gufasha Leta mu guhangana n’ikibazo cy’ubukene bwugarije bamwe mu Banyarwanda, n’ibindi bibazo birimo isuku nke, bituma hari abakomeza kuzahazwa n’imibereho mibi.

Ni ubufasha bwagarutsweho na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu kiganiro yagiranye n’Ubuyobozi bw’Itorere rya ADEPR, riri mu yafite abayoboke benshi mu Rwanda.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko nubwo hari icyakozwe mu gukura abantu mu bukene, ariko hari n’ibigikenewe gukorwa, kandi ko Leta ikeneye amaboko y’abanyamadini.

Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Ingabire Assumpta avuga ko muri gahunda zo kuzamura imibereho y’abantu, higeze gukorwa ikosa ryo guhuza ibyiciro by’Ubudehe na serivisi bagombaga guhabwa.

Ati “Uri mu cya mbere zose zikamuhuriraho, tubisubiyemo dusanga hari abari mu cyiciro cya ntabwo ari bo bakene. Byatumye dusanga abaturage twishyuriraga mituweli bari mu cyiciro cya mbere basagaga ingo ibihumbi magana ane, tubivuguruye twasanze abaturage bakwiye gufashwa kugurirwa mituweli ari ibihumbi ijana na bitandatu. Mbibabwiye kubera ko tugiye gutangira umwaka wa mituweri.”

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, ubwo yasabaga ubufasha aba banyamadini, yavuze ko roho nzima ikwiye gutura mu mubiri muzima, bityo ko amatorero n’amadini adakwiye kugarukira kwigisha ijambo ry’Imana, ahubwo ko akwiye no kongera imbaraga mu bikorwa byo kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze nk’Umujyi wa Kigali, na wo wagarutse ku bibazo bikibangamira imibereho y’abaturage, aho wasabye Itorero rya ADEPR ubufasha bwo kubikemura

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imibereho myiza, Urujeni Martine wagarutse ku kibazo cy’uburaya, yavuze ko ari kimwe mu bikomeje gutuma hagaragara abana ku mihanda.

Ati “Abana babo ni bo usanga bari mu mihanda, ni bo bana basambanywa, ni bo bana usanga bari mu biyobyabwenge. Uko tubaherekeza dushaka icyo yakora kugira ngo areke umurimo w’uburaya, binamufasha no kongera kwigarurira icyizere. Kumwumvisha ko ari umwana w’Imana ukunzwe, nubwo ari umunyabyaha, ariko ko icyaha atari umuntu, kugira ngo yumve ko niba na sosiyete imufata ko ari indaya, acuruza umubiri; ariko tukamwumvisha ko aramutse abiretse akaza mu nzira nziza yaba umubyeyi.”

Gusa abanyamadini bo bavuga ko hari igihe bagira ubushobozi bwo gufasha, ariko bakagorwa no kutagira imibare nyakuri y’abaturage bakeneye gusindagizwa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude yavuze ko bagiye gufasha aba bayobozi b’amadini kubona imibare y’abayoboke babo bakeneye ubufasha.

Yagize ati “Ku bw’amahirwe ubu hari amakuru ngiye kubaha, ni uko ubu dufite igitabo dushyiramo amakuru ya buri rugo rwa buri Munyarwanda wese. Ubu bigiye kuzura ku buryo mu minsi ine cyangwa itanu bizaba byarangiye. Ubwo buryo bw’ikoranabuhanga buzaba burimo ibintu byose ku buryo n’amatungo dutanga azaba arimo. Ibyo bizatuma mureba niba harimo abantu banyu bakeneye gufashwa.”

Aba bayobozi b’itorero rya ADPR biyemeje gufasha abayoboke babo guhangana n’umwanda ndetse bakabashishikariza kwiteza imbere.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Ibidasanzwe wamenya ku gitaramo cy’itsinda ririmo abakobwa bahuriye ku bwiza

Next Post

Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.