Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Leta y’u Rwanda yiyambaje amadini ku kibazo kikiri umutwaro ku Banyarwanda bamwe

radiotv10by radiotv10
28/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Leta y’u Rwanda yiyambaje amadini ku kibazo kikiri umutwaro ku Banyarwanda bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda irasaba amadini gufasha Leta mu guhangana n’ikibazo cy’ubukene bwugarije bamwe mu Banyarwanda, n’ibindi bibazo birimo isuku nke, bituma hari abakomeza kuzahazwa n’imibereho mibi.

Ni ubufasha bwagarutsweho na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu kiganiro yagiranye n’Ubuyobozi bw’Itorere rya ADEPR, riri mu yafite abayoboke benshi mu Rwanda.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko nubwo hari icyakozwe mu gukura abantu mu bukene, ariko hari n’ibigikenewe gukorwa, kandi ko Leta ikeneye amaboko y’abanyamadini.

Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Ingabire Assumpta avuga ko muri gahunda zo kuzamura imibereho y’abantu, higeze gukorwa ikosa ryo guhuza ibyiciro by’Ubudehe na serivisi bagombaga guhabwa.

Ati “Uri mu cya mbere zose zikamuhuriraho, tubisubiyemo dusanga hari abari mu cyiciro cya ntabwo ari bo bakene. Byatumye dusanga abaturage twishyuriraga mituweli bari mu cyiciro cya mbere basagaga ingo ibihumbi magana ane, tubivuguruye twasanze abaturage bakwiye gufashwa kugurirwa mituweli ari ibihumbi ijana na bitandatu. Mbibabwiye kubera ko tugiye gutangira umwaka wa mituweri.”

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, ubwo yasabaga ubufasha aba banyamadini, yavuze ko roho nzima ikwiye gutura mu mubiri muzima, bityo ko amatorero n’amadini adakwiye kugarukira kwigisha ijambo ry’Imana, ahubwo ko akwiye no kongera imbaraga mu bikorwa byo kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze nk’Umujyi wa Kigali, na wo wagarutse ku bibazo bikibangamira imibereho y’abaturage, aho wasabye Itorero rya ADEPR ubufasha bwo kubikemura

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imibereho myiza, Urujeni Martine wagarutse ku kibazo cy’uburaya, yavuze ko ari kimwe mu bikomeje gutuma hagaragara abana ku mihanda.

Ati “Abana babo ni bo usanga bari mu mihanda, ni bo bana basambanywa, ni bo bana usanga bari mu biyobyabwenge. Uko tubaherekeza dushaka icyo yakora kugira ngo areke umurimo w’uburaya, binamufasha no kongera kwigarurira icyizere. Kumwumvisha ko ari umwana w’Imana ukunzwe, nubwo ari umunyabyaha, ariko ko icyaha atari umuntu, kugira ngo yumve ko niba na sosiyete imufata ko ari indaya, acuruza umubiri; ariko tukamwumvisha ko aramutse abiretse akaza mu nzira nziza yaba umubyeyi.”

Gusa abanyamadini bo bavuga ko hari igihe bagira ubushobozi bwo gufasha, ariko bakagorwa no kutagira imibare nyakuri y’abaturage bakeneye gusindagizwa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude yavuze ko bagiye gufasha aba bayobozi b’amadini kubona imibare y’abayoboke babo bakeneye ubufasha.

Yagize ati “Ku bw’amahirwe ubu hari amakuru ngiye kubaha, ni uko ubu dufite igitabo dushyiramo amakuru ya buri rugo rwa buri Munyarwanda wese. Ubu bigiye kuzura ku buryo mu minsi ine cyangwa itanu bizaba byarangiye. Ubwo buryo bw’ikoranabuhanga buzaba burimo ibintu byose ku buryo n’amatungo dutanga azaba arimo. Ibyo bizatuma mureba niba harimo abantu banyu bakeneye gufashwa.”

Aba bayobozi b’itorero rya ADPR biyemeje gufasha abayoboke babo guhangana n’umwanda ndetse bakabashishikariza kwiteza imbere.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − ten =

Previous Post

Ibidasanzwe wamenya ku gitaramo cy’itsinda ririmo abakobwa bahuriye ku bwiza

Next Post

Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Related Posts

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

IZIHERUKA

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi
MU RWANDA

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.