Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Leta y’u Rwanda yiyambaje amadini ku kibazo kikiri umutwaro ku Banyarwanda bamwe

radiotv10by radiotv10
28/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Leta y’u Rwanda yiyambaje amadini ku kibazo kikiri umutwaro ku Banyarwanda bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda irasaba amadini gufasha Leta mu guhangana n’ikibazo cy’ubukene bwugarije bamwe mu Banyarwanda, n’ibindi bibazo birimo isuku nke, bituma hari abakomeza kuzahazwa n’imibereho mibi.

Ni ubufasha bwagarutsweho na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu kiganiro yagiranye n’Ubuyobozi bw’Itorere rya ADEPR, riri mu yafite abayoboke benshi mu Rwanda.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ivuga ko nubwo hari icyakozwe mu gukura abantu mu bukene, ariko hari n’ibigikenewe gukorwa, kandi ko Leta ikeneye amaboko y’abanyamadini.

Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu Ingabire Assumpta avuga ko muri gahunda zo kuzamura imibereho y’abantu, higeze gukorwa ikosa ryo guhuza ibyiciro by’Ubudehe na serivisi bagombaga guhabwa.

Ati “Uri mu cya mbere zose zikamuhuriraho, tubisubiyemo dusanga hari abari mu cyiciro cya ntabwo ari bo bakene. Byatumye dusanga abaturage twishyuriraga mituweli bari mu cyiciro cya mbere basagaga ingo ibihumbi magana ane, tubivuguruye twasanze abaturage bakwiye gufashwa kugurirwa mituweli ari ibihumbi ijana na bitandatu. Mbibabwiye kubera ko tugiye gutangira umwaka wa mituweri.”

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, ubwo yasabaga ubufasha aba banyamadini, yavuze ko roho nzima ikwiye gutura mu mubiri muzima, bityo ko amatorero n’amadini adakwiye kugarukira kwigisha ijambo ry’Imana, ahubwo ko akwiye no kongera imbaraga mu bikorwa byo kuzamura imibereho myiza y’abaturage.

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze nk’Umujyi wa Kigali, na wo wagarutse ku bibazo bikibangamira imibereho y’abaturage, aho wasabye Itorero rya ADEPR ubufasha bwo kubikemura

Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imibereho myiza, Urujeni Martine wagarutse ku kibazo cy’uburaya, yavuze ko ari kimwe mu bikomeje gutuma hagaragara abana ku mihanda.

Ati “Abana babo ni bo usanga bari mu mihanda, ni bo bana basambanywa, ni bo bana usanga bari mu biyobyabwenge. Uko tubaherekeza dushaka icyo yakora kugira ngo areke umurimo w’uburaya, binamufasha no kongera kwigarurira icyizere. Kumwumvisha ko ari umwana w’Imana ukunzwe, nubwo ari umunyabyaha, ariko ko icyaha atari umuntu, kugira ngo yumve ko niba na sosiyete imufata ko ari indaya, acuruza umubiri; ariko tukamwumvisha ko aramutse abiretse akaza mu nzira nziza yaba umubyeyi.”

Gusa abanyamadini bo bavuga ko hari igihe bagira ubushobozi bwo gufasha, ariko bakagorwa no kutagira imibare nyakuri y’abaturage bakeneye gusindagizwa.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude yavuze ko bagiye gufasha aba bayobozi b’amadini kubona imibare y’abayoboke babo bakeneye ubufasha.

Yagize ati “Ku bw’amahirwe ubu hari amakuru ngiye kubaha, ni uko ubu dufite igitabo dushyiramo amakuru ya buri rugo rwa buri Munyarwanda wese. Ubu bigiye kuzura ku buryo mu minsi ine cyangwa itanu bizaba byarangiye. Ubwo buryo bw’ikoranabuhanga buzaba burimo ibintu byose ku buryo n’amatungo dutanga azaba arimo. Ibyo bizatuma mureba niba harimo abantu banyu bakeneye gufashwa.”

Aba bayobozi b’itorero rya ADPR biyemeje gufasha abayoboke babo guhangana n’umwanda ndetse bakabashishikariza kwiteza imbere.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 2 =

Previous Post

Ibidasanzwe wamenya ku gitaramo cy’itsinda ririmo abakobwa bahuriye ku bwiza

Next Post

Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Kwibuka29: Abakozi ba Tele10 bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside banafata mu mugongo abayirokotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.