Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Leta Zunze Ubumwe za America yinjiye mu bibazo bya DRCongo iyizeza ubufasha

radiotv10by radiotv10
03/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Leta Zunze Ubumwe za America yinjiye mu bibazo bya DRCongo iyizeza ubufasha
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yitabaje Leta Zunze Ubumwe za America ngo iyifashe guhangana n’imitwe y’iterabwoba n’ibindi bikorwa biyihungabanyiriza umutekano, bikomeje kurogoya inzira zatangijwe na Perezida Félix Tshisekedi, na yo iyizeza ubufasha buhagije.

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yohereje intumwa i Washington zirimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula ndetse n’intumwa yihariye y’umukuru w’Igihugu, Serge Tshibangu.

Aba bayobozi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagiye muri Leta Zunze Ubumwe za America kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022, bakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta wa USA, Anthony Blinken i Washington.

Baganiriye ku bibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse ngo n’ububafasha buturuka mu Bihugu by’abaturanyi ngo bitera inkunga imitwe irwanye ubutegetsi bwa DRC.

Aba bayobozi bo muri DRC Christophe Lutundula na Serge Tshibangu bamenyesheje Anthony Blinken ibikorwa byose byari byatangijwe na Félix Tshisekedi bigamije kuzana amahoro arambye mu Gihugu cye no mu karere.

Mu ijambo rye, Anthony Blinken yizeje DRC gukomeza ubufatanye mu kubungabunga amahoro, ubusugire ndetse n’urusobe rw’ibidukikije.

Yagize ati “Rero dufite byinshi dusanzwe dukora kandi tuzakomeza kubikora. Nanone kandi ndagira ngo tuganire ku buryo dushobora kubafasha mu bijyanye n’amahoro n’umutekano ndetse n’ituze mu Burasirazuba bwa DRC biri guhura n’ibibazo muri iyi minsi. Kandi turifuza kubafasha bifatika mu mbaraga zigamije gukemura ibyo bibazo.”

Uyu mudipolomate wa Leta Zunze Ubumwe za America yaboneyeho gushimira imbaraga za dipolomasi zashyizweho z’ibiganiro biri kubera i Nairobi, avuga ko nizikurikizwa zizazana amahoro mu karere, yizeza ko USA izashyigikira iyi gahunda.

Aba bayobozi baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kandi banasabye ubuvugizi akana k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku Isi ku bijyanye n’iyubahirizwa ry’imyanzuro yafatiwe mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Nairobi muri Kenya igamije kurandura imitwe y’iterabwoba irimo na M23.

Kuva imirwano yakubura hagati y’Igisirikare cya Congo na M23 mu kwezi gushize, iki Gihugu cyakunze gushinja u Rwanda gutera inkunga uyu mutwe wamaze kwemezwa nk’uw’iterabwoba, gusa u Rwanda rwo rwabyamaganiye kure dore ko ibirego nk’ibi atari bishya.

U Rwanda ruvuga ko rudashobora gushyigikira ibikorwa byo guhungabanya umutekano mu gihe ruzwiho ahubwo kugarura amahoro aho yabuze, rwo rwagaragaje ibikorwa by’ubushotoranyi byakozwe na Congo birimo kuba igisirikare cy’iki Gihugu cyararashe mu Rwanda inshuro ebyir mu mezi abiri gusa ndetse gifatanyije na FDLR kigashimuta abasirikare babiri barwo.

Leta Zunze Ubumwe za America zitabajwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu kwezi gushize kugezamo hagati, zari zatanze umuburo ku baturage bayo ko mu bice bimwe byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hashobora kuba ibitero by’iterabwoba.

Mu itangazo ryatambutse ku rubuga rw’Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryavugaga ko ibi bitero by’iterabwoba by’abataramenyekana bishobora kuba i Goma, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ubwo Anthony Blinken yakiraga aba bategetsi bo muri DRC

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − nine =

Previous Post

Kigali: Abagore n’abakobwa 120 b’ibizungerezi binjye mu mwuga w’ubumotari

Next Post

Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Abacuruzi b’inyama bazamura ibiciro akabo kashobotse, bategujwe ibihano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.