Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye wanenze ibiri gukorwa n’Abanye-Congo bari kwamagana MONUSCO bakayigabaho ibitero, uvuga ko bishobora gufatwa nk’ibyaha by’intambara.

Umuryango w’Abibumbye utangaje ibi mu gihe Abanye-Congo benshi biraye mu biro bya MONUSCO mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’i Goma n’i Butembo, bagasahura ibikoresho.

Iyi myigaragambyo yafashe indi sura mu ntangiro z’iki cyumweru, yagaragayemo Abanye-Congo bari bafite umujinya w’umuranduranzuzi bigabije ibyo biro ubundi bakabimena bagasahura ibikoro by’abakozi ba MONUSCO birimo ibitanda, imifariso yo kuryamaho n’ibindi byose basangagamo.

Farhan Haq, Umuvugizi Wungirije w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko António Guterres, yamaganiye kure ibi bikorwa by’urugomo biri gukorerwa abari mu butumwa bw’uyu muryango.

Yagize ati “Yemeje ko ibitero byose biri kugabwa ku bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro, bigomba gufatwa nk’ibyaha by’intambara kandi yasabye ubutegetsi bwa Congo gukora iperereza ndetse n’ababigizemo uruhare bakagezwa imbere y’ubutabera.”

Umuyobozi wa Polisi muri Butembo, Colonel Paul Ngoma yemeje ko Abapolisi babiri n’umusirikare umwe ba MONUSCO baguye muri ibi bikorwa by’urugomo barimo Abahindi babiri n’Umunya-Maroc umwe.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yemeje ko muri ibi bikorwa by’imyigaragambyo, abantu 15 bamaze kuhaburira ubuzima mu gihe abamaze kubikomerekeramo bagera muri 60.

Patrick Muyaya yongeye kwemeza ko abari kwijandika muri ibi bikorwa by’urugomo ruri gukorerwa MONUSCO, bagomba kubihanirwa mu buryo bwihanukiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Next Post

Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44

Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.