Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA
0
Kwamagana MONUSCO byafashe indi sura, Abanye-Congo bariye karungu bigabiza ibiro byayo barayisahura
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye wanenze ibiri gukorwa n’Abanye-Congo bari kwamagana MONUSCO bakayigabaho ibitero, uvuga ko bishobora gufatwa nk’ibyaha by’intambara.

Umuryango w’Abibumbye utangaje ibi mu gihe Abanye-Congo benshi biraye mu biro bya MONUSCO mu bice bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’i Goma n’i Butembo, bagasahura ibikoresho.

Iyi myigaragambyo yafashe indi sura mu ntangiro z’iki cyumweru, yagaragayemo Abanye-Congo bari bafite umujinya w’umuranduranzuzi bigabije ibyo biro ubundi bakabimena bagasahura ibikoro by’abakozi ba MONUSCO birimo ibitanda, imifariso yo kuryamaho n’ibindi byose basangagamo.

Farhan Haq, Umuvugizi Wungirije w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko António Guterres, yamaganiye kure ibi bikorwa by’urugomo biri gukorerwa abari mu butumwa bw’uyu muryango.

Yagize ati “Yemeje ko ibitero byose biri kugabwa ku bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro, bigomba gufatwa nk’ibyaha by’intambara kandi yasabye ubutegetsi bwa Congo gukora iperereza ndetse n’ababigizemo uruhare bakagezwa imbere y’ubutabera.”

Umuyobozi wa Polisi muri Butembo, Colonel Paul Ngoma yemeje ko Abapolisi babiri n’umusirikare umwe ba MONUSCO baguye muri ibi bikorwa by’urugomo barimo Abahindi babiri n’Umunya-Maroc umwe.

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, yemeje ko muri ibi bikorwa by’imyigaragambyo, abantu 15 bamaze kuhaburira ubuzima mu gihe abamaze kubikomerekeramo bagera muri 60.

Patrick Muyaya yongeye kwemeza ko abari kwijandika muri ibi bikorwa by’urugomo ruri gukorerwa MONUSCO, bagomba kubihanirwa mu buryo bwihanukiriye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Umukobwa wa Rusesabagina arasobanurira USA ibyo kuba anekwa n’u Rwanda

Next Post

Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44

Related Posts

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
19/01/2026
0

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
MU RWANDA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
19/01/2026
0

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44

Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.