• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya

radiotv10by radiotv10
13/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 igaragaje uko urugamba rwayo na FARDC rwifashe aka kanya
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC ifatanyije n’indi mitwe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakomereje mu bice birimo Kishishe, aho uruhande rwa Leta rwarashe ibisasu biremereye mu bice bituyemo abaturage ntacyo rwitayeho.

Byatangajwe n’umutwe wa M23 mu itangazo washyize hanze kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, uvuga ko imirwano yakomeje mu gitondo cya kare.

Iri tangazo rya M23, rivuga ko “kuva saa 4:00’ za mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 13 Ugushyingo 2023, ubufatanye bwa Guverinoma ya Congo burimo FARDC, FDLR, Abacancuro n’indi mitwe bari kumena ibisasu kuri Bambo na Kishishe.”

Umutwe wa M23 wakomeje uvuga ko ibi bisasu biri gusukwa n’uruhande rufatanyije na FARDC, bikomeje guhitana ubuzima bw’inzirakarengane, ndetse benshi bakaba bari kuva mu byabo bahunga.

Nk’uko uyu mutwe wakomeje kubivuga, muri iri tangazo ryawo, wongeye kugira uti “M23 ikomeje kwirwanaho no kurinda abasivile b’abaturage.”

M23 kandi yaboneyeho kongera guhamagarira akarere n’umuryango mpuzamahanga ko ukomeje kubabazwa n’ubwicanyi buri gukorwa n’abarwanyi ba Guverinoma ya Congo.

Muri iri tangazo, uyu mutwe wakomeje ugira uti “M23 ibabajwe bidasanzwe n’ibikorwa by’ubwicanyi bw’irondabwoko bukorwa hashingiwe ku miterere.”

Uyu mutwe utangaje ibi nyuma y’iminsi micye hakomeje kugaragara ubwicanyi buri gukorerwa bamwe mu Banyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo n’abishwe batwitswe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 13 =

Previous Post

Mu rubanza rw’umunyamakuru Theogene hagaragaye ingingo iri mu murongo w’icyo asaba

Next Post

Uhagarariye u Rwanda mu Nteko ya EAC yikomye uwa DRCongo amusaba kutayobya imbaga

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Uhagarariye u Rwanda mu Nteko ya EAC yikomye uwa DRCongo amusaba kutayobya imbaga

Uhagarariye u Rwanda mu Nteko ya EAC yikomye uwa DRCongo amusaba kutayobya imbaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.