Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 iravugwaho gufata igikorwa remezo gikomeye nayo ikamburwa uduce tune yagenzuraga

radiotv10by radiotv10
30/06/2022
in MU RWANDA
0
DRC: M23 yafashe utundi duce dushobora kuyifungurira amarembo yo gufata Rutshuru yose
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC, uravugwaho gufata ikibuga cy’indege cya Rwankuba ndetse n’ibitaro bya Rwankuba, byombi biherereye muri Gurupoma ya Bweza muri teritwari ya Rutshuru mu gihe na yo yatakaje uduce tune yagenzuraga.

Ibinyamakuru bitandukanye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biremeza ko uyu mutwe wa M23 wafashe iki kibuga cy’indege nto nyuma yo gukozanyaho na FARDC.

Ikinyamakuru Goma 24 News, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Kamena 2022, cyatangaje ko “Ikibuga cy’indege cya Rwankuba n’ibotaro biri mu maboko ya M23.”

Iki kinyamakuru cyakomeje kigira kiti “M23 kandi iri kwinjira mu isantere ya Ntamugenga muri Gurupoma ya Bweza mu gihe FARDC na FDLR batangiye guhungira mu Mujyi wa Rubare.”

🛑URGENT: L'aérodrome de Rwankuba ansi que L'hopital viennent de tomber entre les Mains des M23. Les M23 viennent D'entre aussi dans le centre de Ntamugenga dans le groupement de Bweza. Les Fardc et Fdlr commencent a fuire vers la cité de Rubare. pic.twitter.com/bgaCBluD8z

— Goma24 (@goma24news) June 29, 2022

Umutwe wa M23 umaze iminsi ufashe umujyi wa Bunagana, wakunze kuvuga ko abasirikare ba FARDC badafite ubushobozi bwo guhagarara imbere y’abarwanyi bawo kuko bari hasi cyane yabo mu mirwanire.

Uyu mutwe kandi wavuze ko ukomeje gufata ibice bimwe na bimwe mu rwego rwo kwizera umutekano watwo kuko twifashishwa na FARDC ndetse n’imitwe ikorana n’iki gisirikare mu gukomeza kubagabaho ibitero.

Iki kibuga cy’Indege cya Rwankuba cyafashwe na M23 gisanzwe kifashishwa na FARDC mu bikorwa by’intambara birimo kugeza intwaro ku basirikare bayo.

Ikinyamakuru Radio Okapi cyatangaje ko FARDC na yo yisubije uduce tumwe twari tumaze iminsi turi mu maboko y’umutwe wa M23 two muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu ya Ruguru.

Iki kinyamakuru kivuga ko utwo duce twa Nkokwe, Ruvumu, Rugarama na Rutakara twafashwe nyuma y’imirwano ikaze yabaye haagti ya FARDC na M23 kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 1 =

Previous Post

Karongi: Umwarimu wari ugiye kuruhuka saa sita yishwe n’umukobwa amuteye icyuma mu mutima

Next Post

Icyo R.Kelly yakoze akimara gukatirwa imyaka 30 y’igifungo

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo R.Kelly yakoze akimara gukatirwa imyaka 30 y’igifungo

Icyo R.Kelly yakoze akimara gukatirwa imyaka 30 y'igifungo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.