Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 ivuga ko idateze kuva Bunagana yerekanye urujya n’uruza rw’abaturage bayiramutsa mu Kinyarwanda

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in MU RWANDA
0
M23 ivuga ko idateze kuva Bunagana yerekanye urujya n’uruza rw’abaturage bayiramutsa mu Kinyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wavuze ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kidashobora kuzongera gukandagiza ikirenge mu Mujyi wa Bunagana, werekana ko amahoro ahinda muri uyu Mujyi ndetse ko abarwanyi bawo bamaze kumenyerana n’abaturage baho.

Mu mashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe, yerekana muri uyu Mujyi wa Bunagana, abaturage bari gutembera batikanga ndetse banyura iruhande rw’abarwanyi b’uyu mutwe.

Muri aya mashusho agaragaza urujya n’uruza rw’abaturage, yumvikanamo umwe mu barwanyi ba M23 aramutsa abaturage mu Kiswahili ati “Jambo [bite]” na bo bakamwikikiriza bagira bati “Jambo”

Muri aya mashusho agaragaza aba baturage banyura ku barwanyi ba M23 batabikanga, hanagaragamo umusaza wicumba agakoni anyura kuri uwo wafataga amashusho, akamuramutsa agira ati “Waramutse Muze” Undi na we akamwikiriza agira ati “Waramutse neza.”

Hari andi mashusho kandi agaragaza Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma ari ku mupaka wa Bunagana, bivugwa ko yafashwe kuri iki Cyumweru tariki 03 Nyakanga 2022, agaragaza ko uyu mujyi wa Bunagana ukiri mu maboko y’uyu mutwe.

Maj Willy Ngoma uhamagarira abaturage bahunze gutahuka, yizeza aba Banye-Congo ko ntakizongera kubahungabanyiriza umutekano kuko FARDC itazongera kuhakandagira.

Ati “FARDC ntizongera gukandagiza ibirenge muri Bunagana, ibintu byose bimeze neza, hano Bunagana amahoro arahinda, FARDC na FDLR ntibazongera kugira icyo bakora hano.”

Maj Willy Ngoma wakunze kuvuga ko nta ngabo na zimwe zifite ubushobozi bwo gukura uyu mutwe muri uyu Mujyi wa Bunagana, nubu yongeye kubisubiramo, avuga ko M23 itazava muri uyu Mujyi.

Uyu mutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC, uherutse guhakana ibyari byatangajwe na FARDC ko yivuganye abarwanyi bawo bagera muri 27, ivuga ko ibyo ari ibinyoma ahubwo uboneraho kwerekana ibikoresha bya FARDC wafashe birimo ibisasu biremereye n’imbunda ndetse n’imodoka yifashishwaga na bamwe mu basirikare bakuru bayoboye uru rugamba.

Bimwe mu byo uyu mutwe unarwanira, ni uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bakunze gukorerwa ihohoterwa, bashinjwa kuba ari Abanyarwanda.

Benshi bagiye bicwa, abandi bagakoreshwa ibikorwa bibi birimo iyicarubozi n’uburetwa, ibintu byakunze kwamaganwa cyane.

Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye kuzamura umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho iki Gihugu gishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe.

Ubuyobozi bw’u Rwanda bwakunze kwamagana ibi birego, buvuga ko iki kibazo cya M23 kireba Abanye-Congo ubwabo kuko gishingiye ku burenganzira bw’Abavuga Ikinyarwanda bakunze guhohoterwa.

U Rwanda kandi rwavuze kenshi ko kuba hari Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bitahita byitirirwa u Rwanda kuko ubuyobozi wa DRC na bwo bubizi neza ko mu Gihugu cyabwo hari abaturage bavuga uru rurimi.

Mu kiganiro aherutse gutanga, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yavuze ko kuba mugenzi we Felix Tshisekedi akomeje guhimba ibirego ku Rwanda, ari “ukwihunza inshingano nka Perezida” kuko yananiwe gukemura iki kibazo kimaze imyaka na yindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 5 =

Previous Post

Umunyamakuru uzwi ku gitangazamakuru gikomeye mu Rwanda yakoze impanuka Imana ikinga akaboko

Next Post

Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo

Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.