Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 ivuga ko idateze kuva Bunagana yerekanye urujya n’uruza rw’abaturage bayiramutsa mu Kinyarwanda

radiotv10by radiotv10
04/07/2022
in MU RWANDA
0
M23 ivuga ko idateze kuva Bunagana yerekanye urujya n’uruza rw’abaturage bayiramutsa mu Kinyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wavuze ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kidashobora kuzongera gukandagiza ikirenge mu Mujyi wa Bunagana, werekana ko amahoro ahinda muri uyu Mujyi ndetse ko abarwanyi bawo bamaze kumenyerana n’abaturage baho.

Mu mashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe, yerekana muri uyu Mujyi wa Bunagana, abaturage bari gutembera batikanga ndetse banyura iruhande rw’abarwanyi b’uyu mutwe.

Muri aya mashusho agaragaza urujya n’uruza rw’abaturage, yumvikanamo umwe mu barwanyi ba M23 aramutsa abaturage mu Kiswahili ati “Jambo [bite]” na bo bakamwikikiriza bagira bati “Jambo”

Muri aya mashusho agaragaza aba baturage banyura ku barwanyi ba M23 batabikanga, hanagaragamo umusaza wicumba agakoni anyura kuri uwo wafataga amashusho, akamuramutsa agira ati “Waramutse Muze” Undi na we akamwikiriza agira ati “Waramutse neza.”

Hari andi mashusho kandi agaragaza Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma ari ku mupaka wa Bunagana, bivugwa ko yafashwe kuri iki Cyumweru tariki 03 Nyakanga 2022, agaragaza ko uyu mujyi wa Bunagana ukiri mu maboko y’uyu mutwe.

Maj Willy Ngoma uhamagarira abaturage bahunze gutahuka, yizeza aba Banye-Congo ko ntakizongera kubahungabanyiriza umutekano kuko FARDC itazongera kuhakandagira.

Ati “FARDC ntizongera gukandagiza ibirenge muri Bunagana, ibintu byose bimeze neza, hano Bunagana amahoro arahinda, FARDC na FDLR ntibazongera kugira icyo bakora hano.”

Maj Willy Ngoma wakunze kuvuga ko nta ngabo na zimwe zifite ubushobozi bwo gukura uyu mutwe muri uyu Mujyi wa Bunagana, nubu yongeye kubisubiramo, avuga ko M23 itazava muri uyu Mujyi.

Uyu mutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC, uherutse guhakana ibyari byatangajwe na FARDC ko yivuganye abarwanyi bawo bagera muri 27, ivuga ko ibyo ari ibinyoma ahubwo uboneraho kwerekana ibikoresha bya FARDC wafashe birimo ibisasu biremereye n’imbunda ndetse n’imodoka yifashishwaga na bamwe mu basirikare bakuru bayoboye uru rugamba.

Bimwe mu byo uyu mutwe unarwanira, ni uburenganzira bw’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda byumwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, bakunze gukorerwa ihohoterwa, bashinjwa kuba ari Abanyarwanda.

Benshi bagiye bicwa, abandi bagakoreshwa ibikorwa bibi birimo iyicarubozi n’uburetwa, ibintu byakunze kwamaganwa cyane.

Imirwano hagati ya FARDC na M23 yongeye kuzamura umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho iki Gihugu gishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe.

Ubuyobozi bw’u Rwanda bwakunze kwamagana ibi birego, buvuga ko iki kibazo cya M23 kireba Abanye-Congo ubwabo kuko gishingiye ku burenganzira bw’Abavuga Ikinyarwanda bakunze guhohoterwa.

U Rwanda kandi rwavuze kenshi ko kuba hari Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda bitahita byitirirwa u Rwanda kuko ubuyobozi wa DRC na bwo bubizi neza ko mu Gihugu cyabwo hari abaturage bavuga uru rurimi.

Mu kiganiro aherutse gutanga, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, yavuze ko kuba mugenzi we Felix Tshisekedi akomeje guhimba ibirego ku Rwanda, ari “ukwihunza inshingano nka Perezida” kuko yananiwe gukemura iki kibazo kimaze imyaka na yindi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Umunyamakuru uzwi ku gitangazamakuru gikomeye mu Rwanda yakoze impanuka Imana ikinga akaboko

Next Post

Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo

Rwamagana: Babiri bakurikiranyweho kwiba mudasobwa 26 z’ishuri barimo umunyeshuri wiga kuri icyo kigo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.