Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 nyuma yo kogenzura Bukavu yavuze ibyo yihutiye gukora

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 nyuma yo kogenzura Bukavu yavuze ibyo yihutiye gukora
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC ribarizwamo n’umutwe wa M23, riravuga ko nyuma yo gukura ku ngohi abatuye Umujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, abarwanyi b’iri huriro baramukiye mu gikorwa cyo kugarura umutekano mu buryo bwuzuye.

Ni igikorwa cyakozwe kuri iki Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025 nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro AFC/M23 mu ijoro ryacyeye.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rivuga ko iri Huriro kubera “ibikorwa bihungabanya umutekano, iby’ubwicanyi n’ubusahuzi byakorwaga na FARDC, FNDB, FDLR n’abambari babo”, uyu mutwe wiyemeje guhagarika ibi bikorwa byose.

Iri Huriro rikomeza rivuga ko nyuma kandi yuko ihuriro ry’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, ryahisemo gutererana abaturage bo muri uyu Mujyi wa Bukavu, ku buryo hari hakenewe kubagarurira umutekano.

Lawrence Kanyuka yagize ati “Kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025, ingabo zacu zakoze akazi ko kugarurira umutekano abaturage ndetse n’ibyabo mu Mujyi wa Bukavu mu buryo bwuzuye bafatanyije n’abaturage.”

Umujyi wa Bukavu wabohojwe n’Umutwe wa M23 nyuma yuko ubigarutseho kenshi ko utazakomeza kwihanganira kubona abawutuye bakomeza gukorerwa ibikorwa bibi, nubwo wari wemeje ko watangiye agahenge ko guhagarika imirwano.

AFC/M23 kandi yibukije ko igishyize imbere inzira z’ibiganiro. Bati “Turahamagarira ibiganiro bitaziguye kandi by’ukuri na Leta ya Kinshasa mu gushaka umuti w’umuzi w’amakimbirane, ndetse no kugarura amahoro arambye mu Gihugu cyacu.”

Muri iri tangazo iri Huriro rigakomeza rigira riti “AFC/M23 irahamagarira impande zose zaba iza Politiki n’iza gisirikare zitabona ibintu kimwe n’Ubutegetsi bubi bwa Kinshasa kwiyunga mu rugamba rwo kubohora Igihugu, kugira ngo habeho impinduka nziza mu miyoborere ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Iri Huriro ryanaboneyeho kunenga FARDC n’impande ziyifasha, zikomeje gushyira imbere ibikorwa bihonyora uburenganzira bw’abaturage, ndetse ko ari byo bituma agahenge ko guhagarika imirwano gakomeza kurengwaho.

AFC/M23 yongeye kwibutsa ko itazigera yihanganira kubona hari aho abaturage b’abasivile babangamiye, ahubwo ko ahazajya haba igikorwa kibangamiye abaturage cyangwa cy’ubushotoranyi mu bice bigenzurwa n’iri Huriro, rizajya ryirwanaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

What’s wrong with DRC? An incestuous relationship with Belgium?

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

by radiotv10
13/09/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyemeje urupfu rwa General Muaku Mbuluku Daniel wari ukuriye Ingabo muri rejiyo...

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

by radiotv10
12/09/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yatangaje ko ukekwaho kwica Charlie Kirk, yatawe muri yombi. Trump atangaza...

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

Ibimaze kumenyekana k’uwishe Charlie Kirk wari inshuti ikomeye ya Perezida Trump

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe Iperereza muri Leta Zunze Ubumwe za America FBI, rwashyize hanze amafoto n’amashusho agaragaza ukekwaho kwica arasiye mu ruhame...

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

Hatangajwe ibyaha bikomeye biregwa Visi Perezida wa Sudani y’Epfo

by radiotv10
12/09/2025
0

Inzego z’ubutabera muri Sudani y’Epfo, zatangaje ko Riek Machar-Visi Perezida w’iki Gihugu akurikiranyweho ibyaha byo kugambirira kugambanira Igihugu, n’ibindi byaha bikomeye....

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

Ubutabera bwa Afurika y’Epfo bwafatiye icyemezo Abashinwa barindwi baregwa gucuruza abantu

by radiotv10
12/09/2025
0

Urukiko rwo mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo rwakatiye Abashinwa barindwi igifungo cy’imyaka 20 kuri buri umwe, nyuma yo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda
FOOTBALL

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.