Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 nyuma yo kogenzura Bukavu yavuze ibyo yihutiye gukora

radiotv10by radiotv10
17/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 nyuma yo kogenzura Bukavu yavuze ibyo yihutiye gukora
Share on FacebookShare on Twitter

Ihuriro AFC ribarizwamo n’umutwe wa M23, riravuga ko nyuma yo gukura ku ngohi abatuye Umujyi wa Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, abarwanyi b’iri huriro baramukiye mu gikorwa cyo kugarura umutekano mu buryo bwuzuye.

Ni igikorwa cyakozwe kuri iki Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025 nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’iri Huriro AFC/M23 mu ijoro ryacyeye.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, rivuga ko iri Huriro kubera “ibikorwa bihungabanya umutekano, iby’ubwicanyi n’ubusahuzi byakorwaga na FARDC, FNDB, FDLR n’abambari babo”, uyu mutwe wiyemeje guhagarika ibi bikorwa byose.

Iri Huriro rikomeza rivuga ko nyuma kandi yuko ihuriro ry’uruhande rwa Leta ya Kinshasa, ryahisemo gutererana abaturage bo muri uyu Mujyi wa Bukavu, ku buryo hari hakenewe kubagarurira umutekano.

Lawrence Kanyuka yagize ati “Kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025, ingabo zacu zakoze akazi ko kugarurira umutekano abaturage ndetse n’ibyabo mu Mujyi wa Bukavu mu buryo bwuzuye bafatanyije n’abaturage.”

Umujyi wa Bukavu wabohojwe n’Umutwe wa M23 nyuma yuko ubigarutseho kenshi ko utazakomeza kwihanganira kubona abawutuye bakomeza gukorerwa ibikorwa bibi, nubwo wari wemeje ko watangiye agahenge ko guhagarika imirwano.

AFC/M23 kandi yibukije ko igishyize imbere inzira z’ibiganiro. Bati “Turahamagarira ibiganiro bitaziguye kandi by’ukuri na Leta ya Kinshasa mu gushaka umuti w’umuzi w’amakimbirane, ndetse no kugarura amahoro arambye mu Gihugu cyacu.”

Muri iri tangazo iri Huriro rigakomeza rigira riti “AFC/M23 irahamagarira impande zose zaba iza Politiki n’iza gisirikare zitabona ibintu kimwe n’Ubutegetsi bubi bwa Kinshasa kwiyunga mu rugamba rwo kubohora Igihugu, kugira ngo habeho impinduka nziza mu miyoborere ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Iri Huriro ryanaboneyeho kunenga FARDC n’impande ziyifasha, zikomeje gushyira imbere ibikorwa bihonyora uburenganzira bw’abaturage, ndetse ko ari byo bituma agahenge ko guhagarika imirwano gakomeza kurengwaho.

AFC/M23 yongeye kwibutsa ko itazigera yihanganira kubona hari aho abaturage b’abasivile babangamiye, ahubwo ko ahazajya haba igikorwa kibangamiye abaturage cyangwa cy’ubushotoranyi mu bice bigenzurwa n’iri Huriro, rizajya ryirwanaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 5 =

Previous Post

What’s wrong with DRC? An incestuous relationship with Belgium?

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Related Posts

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

by radiotv10
28/07/2025
0

Mu biganiro byahuje Guverinoma y’Igihugu cya Thailand n’iy’icya Cambodia biherutse kwinjira mu mirwano ikarishye, zemeranyijwe ko ibi Bihugu bihagarika imirwano...

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riranenga Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, riyishinja kubogama no kutariha umwanya mu byo iritangazaho biryibasira, rikavuga ko...

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye ubwicanyi bwakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF/NALU bwakorewe abaturage b’abasivile 47 biciwe muri Kiliziya ya Komanda iherereye muri...

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future
IMIBEREHO MYIZA

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

28/07/2025
AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Umuyobozi mushya wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.