Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yafashe icyemezo gitunguranye ku byemezo yafatiwe i Luanda

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yafashe icyemezo gitunguranye ku byemezo yafatiwe i Luanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 utangaje ko uhagaritse imirwano, noneho watangaje ko unemeye gutangira kuva mu ibice wari warafashe nkuko bikubiye mu byemezo byafatiwe mu biganiro by’i Luanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze ku mugoroba wo kuri uyu Kabiri tariki 06 Ukuboza 2022, rivuga ko ibikubiyemo bigendanye n’iryasohotse tariki ya 25 Ugushyingo 2022 ryavugaga ku byemezo byafatiwe mu nama y’i Luanda yo ku ya 23 Ugushyingo 2022.

Uyu mutwe wari watangaje ko wemeye guhagarika imirwano, ubwo washyiraga hanze iryo tangazo ryo ku ya 25 Ugushyingo 2022 habura iminota micye ngo isaha yari yahawe igere.

Ibyemezo byavuye mu nama yabereye i Luanda muri Angola, byavugaga kandi ko uyu mutwe ugomba kurekura ibice byose wafashe, ugasubira mu birindiro byawo wahoranye muri Sabyinyo mu gice cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iri tangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko umutwe wa M23 ugihagaze ku cyemezo cyo guhagarika imirwano uherutse gufata.

Rikomeza rigira riti “Ku birebana no gushyira mu bikorwa imyanzuro, M23 yiteguye gutangira kuva no kurekura ibice yafashe, nubwo itari ihararariwe mu nama yavuzwe [y’i Luanda].”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence KANYUKA, rikomeza rivuga ko uyu mutwe ushyize imbere gushyigikira imbaraga ziri gushyirwa mu gushakira amahoro Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu mutwe kandi wongeye kuvuga ko wifuza guhura no kuganira n’itsinda rihuriweho ry’ingabo zo muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’umuhuza kugira ngo ugaragaze imbogamizi zawo.

M23 yakunze kuvuga ko yiteguye kuganira na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuvuga ko n’ubu ikifuza kugirana ibiganiro n’iyi Leta yamaze kuyita umutwe w’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Uwashatse gusambanya Inka bakamutesha noneho bamusanze hejuru y’Ingurube yakuyemo ipantalo

Next Post

DRC: Hatangijwe ikigega kitezweho kwinjizamo Abanyekongo umuco wo gufashanya

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Hatangijwe ikigega kitezweho kwinjizamo Abanyekongo umuco wo gufashanya

DRC: Hatangijwe ikigega kitezweho kwinjizamo Abanyekongo umuco wo gufashanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.