Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yafashe icyemezo gitunguranye ku byemezo yafatiwe i Luanda

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yafashe icyemezo gitunguranye ku byemezo yafatiwe i Luanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umutwe wa M23 utangaje ko uhagaritse imirwano, noneho watangaje ko unemeye gutangira kuva mu ibice wari warafashe nkuko bikubiye mu byemezo byafatiwe mu biganiro by’i Luanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze ku mugoroba wo kuri uyu Kabiri tariki 06 Ukuboza 2022, rivuga ko ibikubiyemo bigendanye n’iryasohotse tariki ya 25 Ugushyingo 2022 ryavugaga ku byemezo byafatiwe mu nama y’i Luanda yo ku ya 23 Ugushyingo 2022.

Uyu mutwe wari watangaje ko wemeye guhagarika imirwano, ubwo washyiraga hanze iryo tangazo ryo ku ya 25 Ugushyingo 2022 habura iminota micye ngo isaha yari yahawe igere.

Ibyemezo byavuye mu nama yabereye i Luanda muri Angola, byavugaga kandi ko uyu mutwe ugomba kurekura ibice byose wafashe, ugasubira mu birindiro byawo wahoranye muri Sabyinyo mu gice cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iri tangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko umutwe wa M23 ugihagaze ku cyemezo cyo guhagarika imirwano uherutse gufata.

Rikomeza rigira riti “Ku birebana no gushyira mu bikorwa imyanzuro, M23 yiteguye gutangira kuva no kurekura ibice yafashe, nubwo itari ihararariwe mu nama yavuzwe [y’i Luanda].”

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence KANYUKA, rikomeza rivuga ko uyu mutwe ushyize imbere gushyigikira imbaraga ziri gushyirwa mu gushakira amahoro Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Uyu mutwe kandi wongeye kuvuga ko wifuza guhura no kuganira n’itsinda rihuriweho ry’ingabo zo muri Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’umuhuza kugira ngo ugaragaze imbogamizi zawo.

M23 yakunze kuvuga ko yiteguye kuganira na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yongeye kuvuga ko n’ubu ikifuza kugirana ibiganiro n’iyi Leta yamaze kuyita umutwe w’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 7 =

Previous Post

Uwashatse gusambanya Inka bakamutesha noneho bamusanze hejuru y’Ingurube yakuyemo ipantalo

Next Post

DRC: Hatangijwe ikigega kitezweho kwinjizamo Abanyekongo umuco wo gufashanya

Related Posts

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

by radiotv10
07/07/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) byakomeje ibitero byabyo bihuriyeho mu kurwanya umutwe w’iterabwoba wa...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 iratanga impuruza ku biteye impungenge biri gukorwa n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
07/07/2025
0

  Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukomeje kohereza ku bwinshi abasirikare ndetse n’intwaro nyinshi...

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
1

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

IZIHERUKA

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima
IBYAMAMARE

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

by radiotv10
08/07/2025
0

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Hatangijwe ikigega kitezweho kwinjizamo Abanyekongo umuco wo gufashanya

DRC: Hatangijwe ikigega kitezweho kwinjizamo Abanyekongo umuco wo gufashanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Mitsutsu yageneye umukunzi nyuma yo kumuterera ivi mu gikorwa yafatiwemo n’amarangamutima

From basic to bold: Simple steps to elevate your dressing game

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.