Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwashatse gusambanya Inka bakamutesha noneho bamusanze hejuru y’Ingurube yakuyemo ipantalo

radiotv10by radiotv10
06/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Uwashatse gusambanya Inka bakamutesha noneho bamusanze hejuru y’Ingurube yakuyemo ipantalo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, haravugwa umusore ukurikiranyweho gusambanya itungo rigufi ry’ingurube nyuma yuko bamusanze ayubikiriye yambaye ubusa, aho bikekwa ko asanzwe afite ikibazo cyo mu mutwe dore ko yigeze no gufatwa agiye gusambanya inka bakamutesha.

Uyu musore watawe muri yombi, yafashwe na nyiri iri tungo mu gitondo yubikiriye iyi ngurube ari kuyisambanya yakuyemo ipantaro.

Ibi bivugwa ko byabaye ku munsi w’Imana ku Cyumweru tariki 04 Ukuboza 2022 nkuko byemezwa na nyiri iri tungo rigufi.

Yagize ati “Namaze kumubona, ndavuga ngo uri mu biki, ni bwo yahagurutse arambara.”

Uyu muturage avuga ko yahise yitabaza inzego, uyu musore ahita ajyanwa ku rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

Undi muturage uvuga ko nyuma yo kuza kureba iyi ngurube, basanze ifite ibimenyetso ko imaze gusambanywa ndetse n’uyu musore bakaba barasanze imyanda y’iri tungo ku myenda yari yambaye.

Uyu muturage avuga ko iyi ngurube bikekwa ko yasambanyijwe n’uyu musore, yari yanegekaye ku buryo no guhaguruka byari byanze.

Undi muturage avuga ko uyu musore kandi yigeze gufatwa agiye gusambanya Inka kuko bamufashe yamaze kwiyambura, ndetse akaza gutabwa muri yombi.

Ndayisaba Jean Pierre uyobora Umurenge wa Runda wabereyemo iki gikorwa yatangaje ko uyu musore yahise atabwa muri yombi, akaba afungiye kuri station ya RIB ya Runda ndetse ko agomba gukorerwa ibizamini na muganga kugira ngo bamenye ko yasambanyije iri tungo koko.

Gitifu Ndayisaba kandi avuga ko ibivugwa ko uyu musore afite ikibazo cyo mu mutwe, agomba kuzakorerwa ibizamini kugira ngo bimenyekane niba koko agifite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Umunyabigwi muri ruhago y’Isi yagaragaye akora igikorwa kigayitse cy’umujinya w’umuranduranzuzi

Next Post

M23 yafashe icyemezo gitunguranye ku byemezo yafatiwe i Luanda

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe icyemezo gitunguranye ku byemezo yafatiwe i Luanda

M23 yafashe icyemezo gitunguranye ku byemezo yafatiwe i Luanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.