Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje icyifuzo gikomeye inerura iby’abacancuro b’indwanyi b’Abarusiya bazanywe muri DRCongo

radiotv10by radiotv10
02/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
M23 yagaragaje icyifuzo gikomeye inerura iby’abacancuro b’indwanyi b’Abarusiya bazanywe muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu butumwa bwifuriza Abanyekongo umwaka mwiza, ubuyobozi bw’umutwe wa M23, bwasabye Umuryango mpuzamahanga kudakomeza kurebera ubwicanyi buri gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi, ukagira icyo ukora mu kubuhagarika, unakomoza ku bacancuro b’Abarusiya b’indwanyi kabuhariwe bivugwa ko bahawe ikiraka na DRC.

Muri ubu butumwa bwagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 02 Mutarama 2023, butangira buvuga ko umwaka wa 2022 warangiye mu gahinda nkuko imyaka yatambutse yagenze.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, rigira riti “Perezida wa DRC yananiwe gushyira mu bikorwa iturufu yuririyeho mu matora ya 2018 ko azatuma Igihugu kigendera ku mategeko, kurandura ruswa ndetse n’ibikorwa bihungabanya umutekano mu burasirazuba bw’Igihugu cyacu.”

Uyu mutwe ushimira imbaraga z’abayobozi bo muri Afurika y’Iburasirazuba no mu karere k’Ibiyaga Bigari zo gushaka umuti w’ibibazo ndetse ko na bo bazishyigikiye bikaba binagaragazwa no kuba baherutse kuva mu gace ka Kibumba.

Uvuga ko nubwo bimeze gutyo, uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwo rukomeje kugaragaza ubushake bucye dore ko kugeza ubu rwanze ko uyu mutwe wa M23 ujya mu biganiro.

Uvuga kandi ko ubufatanye bwa FARDC ndetse n’imitwe yitwaje intwaro nka FDLR, ACPLS, Nyatura na CODECO bakomeje kuwugabaho ibitero birimo n’icyo bagabye mu birindiro byawo mu gace ka Kamatembe na Bwiza ku itariki ya 31 Ukuboza 2022, mu gihe kuri uyu munsi hari hateguwe ibiganiro byahuje M23 n’ingabo z’itsinda rya EACRF.

Iri tangazo rikomeza rigaragaza ibibazo bigihari, riti “Gutesha agaciro abantu, kubatoteza ndetse no kwica bikomeje gukorerwa Abanyekongo b’Abatutsi bashinjwa ko ari Abanyarwanda.”

Rikomeza rivuga ko M23 ari umutwe w’Abanyakongo buzuye ugizwe n’Abanyekongo gusa, kandi ko washyiriyeho kurwanya ibi bikorwa biriho bikorerwa abavandimwe babo mu Gihugu cyabo.

Uyu mutwe ukomeza ugira ubutumwa bwihariye ugenera MONUSCO, uti “Turabasaba guhagarika ubufasha bwose muha FARDC nkuko byagaragajwe na Raporo yayo ubwayo [MONUSCO] ko ukorana n’ubufatanye bwa FARDC-FDLR-Nyatura-ACPLS, NDC-Renove, PARECO na Mai-Mai. Nikomeza ubu bufasha bizahindanya isura yayo.”

Naho ku muryango mpuzamahanga, iri tangazo rigira riti “M23 irabasaba yinginga ngo muhagarike ingengabitekerezo ya Jenoside, imvugo zibiba urwango muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, no gushyiraho uburyo bw’ibiganiro hagati ya M23 na Guverinoma ya DRC mu gushaka umuti w’ikibazo cy’amakimbirane n’umutekano mucye mu Gihugu cyacu.”

Uyu mutwe wanagarutse ku bacancuro b’Abanyaburayi bivugwa ko baherutse kwinjizwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uboneraho kunenga Guverinoma y’Iki Gihugu kwinjiza abanyamahanga mu bibazo byabo, unayisaba kubisobanura.

Iby’aba bacancuro, byatangiye kuvugwa mu byumweru bibiri bishize, aho byavuzwe ko hari abarwanyi 100 bo mu itsinda rya Wagner bageze i Goma bahawe akazi n’ubutegetsi bwa Tshisekedi ngo baze guhashya M23.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje kandi hagaragaye umurambo w’umuzungu wambaye impuzankano za Congo, byavuzwe ko ari umwe muri aba bacancuro waguye ku rugamba mu mirwano iremereye yahuje M23 na FARDC mu gace ka Bwiza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Peter claude says:
    3 years ago

    Ndi umusore, ndashaka uwambera umugore Cg umukunzi 0789663818

    Reply

Leave a Reply to Peter claude Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Umusore w’ibigango yabyinishije amatuza, Platini yambara igisa n’ijipo-Ibyaranze igitaramo cyafunguye 2023

Next Post

Hasobanuwe impamvu Abarundi barenga 20 bafungiwe muri Uganda

Related Posts

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

by radiotv10
12/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbuye muri DRC (MONUSCO) bwatangaje ko Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y'Umunyabanga Mukuru w'uyu Muryango, akaba...

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

by radiotv10
12/02/2026
0

A helicopter carrying Vivian van de Perre, the Special Representative of the UN Secretary-General and Acting Head of MONUSCO, has...

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

by radiotv10
12/02/2026
0

Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu itwaye Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y’Umunyabanga Mukuru wa UN, akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo...

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

by radiotv10
11/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Uganda (UPDF) bwemeje ko Maj. Gen. Deus Sande yitabye Imana ubwo yari mu rugendo agiye i Kampala...

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

Umupilote wari utwaye indege yaguye ku nkombe z’inyanja bitunguranye yashimiwe icyemezo yafashe

by radiotv10
11/02/2026
0

Sosiyete y’indege muri Somalia yashimiye umupilote wayo wari utwaye indege yo mu bwoko bwa Fokker 50, ku cyemezo yafashe cyo...

IZIHERUKA

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika
MU RWANDA

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

by radiotv10
13/02/2026
0

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

13/02/2026
Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

12/02/2026
Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

12/02/2026
Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

12/02/2026
Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

12/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasobanuwe impamvu Abarundi barenga 20 bafungiwe muri Uganda

Hasobanuwe impamvu Abarundi barenga 20 bafungiwe muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Bahawe umuriro bo bita uwa baringa none n’ibikorwa remezo byawo biri kwangirika

Ubutumwa bw’ibyishimo bw’umunyamakuru Robert McKenna nyuma yo kwambika impeta umukunzi we

Uko hakiriwe umukinnyi wa filimi ‘Samusure’ wari umaze igihe agiye hanze y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.