Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje ko yongeye guha isomo FARDC ryatumye yunguka imbunda zigezweho
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko wongeye gufata ibikoresho by’intambara bya FARDC birimo imbunda zikiri nshya zigezweho za ba mudahusha, zifashishwa mu mirwano, ndetse n’utudege tutagira abapilote (Drones).

Ni ibikoresho byafashwe mu mpera z’iki cyumweru twaraye dusoje, byerekanywe kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukwakira 2023, ubwo umutwe wa M23.

Bivugwa ko ibi bikoresho birimo imbunda bigaragara ko zikiri nshya, byafashwe n’uyu mutwe wa M23, ubwo wamururaga abasirikare ba FARDC ndetse n’inyeshyamba zifasha iki gisirikare cya Leta.

Nk’uko bitangazwa na zimwe mu mbuga zikunze gutangaza amakuru ya M23, zirimo Goma 24 News, ibi bikoresho byafashwe na M23 “Ubwo bahungaga Kitchanga, abasirikare ba FARDC, Wazalendo, Abacancuro na FDLR, bataye pistolets zabo, Drones ndetse n’imbunda za ba mudahusha.”

Uru rubuga rukomeza rukomeza ruvuga ko mu gihe cya vuba, “M23 igiye gutangira kurasa bya mudahusha abana b’abasivile ba Wazalendo.”

Amakuru kandi ava muri FARDC, avuga ko iki gisirikare cya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyemeje ko cyatakaje ibikoresho byinshi bya gisirikare mu mirwano ikomeye yabaye ku wa Gatandatu tariki 21 Ukwakira 2023.

Uyu mutwe wa M24 umaze iminsi uhanganye n’igisirikare cya Congo (FARDC) kifatanyije n’imitwe irimo FDLR, wanagaragaje ko wahaye abarwanyi bawo, impuzankano nshya.

M23 kandi imaze iminsi igaragaza ko ihangayikishijwe n’ibikorwa byo guhohotera Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi byongeye gukaza umurego mu bice binyuranye byo mu burasirazuba bwa DRC, aho imitwe irimo FDLR ndetse na Wazalendo, yagiye yigabiza ibice bituwemo n’aba Banyekongo, igashumika inzu zabo.

imbunda zafashwe na M23

Yafashe kandi na drones

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − eighteen =

Previous Post

Hari uwamuhaye 500 000 Frw: Ibishinjwa Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda byagaragajwe

Next Post

Menya umwanya u Rwanda rwegukanye mu irushanwa ry’amarerero y’Ikipe ikomeye i Burayi

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umwanya u Rwanda rwegukanye mu irushanwa ry’amarerero y’Ikipe ikomeye i Burayi

Menya umwanya u Rwanda rwegukanye mu irushanwa ry’amarerero y’Ikipe ikomeye i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.