Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in MU RWANDA
0
M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje uduce 15 turi mu maboko yayo nyuma yo kudufata ibanje kurwana intambara ikaze yahati yayo n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kihuje n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai, ubu ukaba uri kutugenzura 100%.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga 2022, umutwe wa M23 watangaje ko umaze iminsi urwana kugira ngo ufate Teritwari ya Rutshuru yari imaze iminsi igenzurwa na FARDC ifatanyije na FDLR na Mai-Mai.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma, rivuga ko iyi mirwano ikarishye yawuhuzaga na FARDC n’iyi mitwe yayiyunzeho, yahitanye ubuzima bw’abasivile benshi ndetse abandi barakomereka;

Rivuga ko ibi bisasu bya FARDC na FDLR ndetse na Mai-Mai byariho bihitana inzirakarengane, byamaze kuburizwamo n’uyu mutwe wa M23 ndetse ubu ukaba uri kugenzura byuzuye uduce 15.

Iri tangazo rinagaragaza utu duce turi mu maboko ya M23 ari two Bikenke, Kavumu, Buina, Mbuzi, Kinihira, Mutovu, Muhimbira, Shangi, Nkokwe, Nyabikona, Tanda, Rutsiro, Kashali na Bukima.

M23 ikomeza ivuga ko yifuza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bushyira mu bikorwa ibiteganywa n’amasezerano y’i Nairobi “nk’uburyo bwonyine bwatanga umuti urambye w’ikibazo.”

Iri tangazo rigakomeza rivuga ko M23 ishyigikiye imyanzuro yafatiwe mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC iherutse guteranira i Nairobi.

Riti “Ariko ntizihanganira na gato igikorwa cyose cy’ubushotoranyi cya FARDC yihuje na FDLR na Mai-Mai bugamije kurogoya inzira y’amahoro n’umutekano by’abasivile bo mu bice biri mu maboko yacu.”

M23 kandi yaboneyeho gutangaza ko yishimiye ibiganiro bihuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa DRC bigamije gushaka amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 5 =

Previous Post

Perezida Tshisekedi yaraye ageze muri Angola aho ahurira na Kagame

Next Post

Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe

Related Posts

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe

Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.