Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye

radiotv10by radiotv10
06/07/2022
in MU RWANDA
0
M23 yagaragaje uduce 15 yafashe ibanje kurwana inkundura na FARDC ikaba itugenzura byuzuye
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje uduce 15 turi mu maboko yayo nyuma yo kudufata ibanje kurwana intambara ikaze yahati yayo n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kihuje n’imitwe nka FDLR na Mai-Mai, ubu ukaba uri kutugenzura 100%.

Mu itangazo ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Nyakanga 2022, umutwe wa M23 watangaje ko umaze iminsi urwana kugira ngo ufate Teritwari ya Rutshuru yari imaze iminsi igenzurwa na FARDC ifatanyije na FDLR na Mai-Mai.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma, rivuga ko iyi mirwano ikarishye yawuhuzaga na FARDC n’iyi mitwe yayiyunzeho, yahitanye ubuzima bw’abasivile benshi ndetse abandi barakomereka;

Rivuga ko ibi bisasu bya FARDC na FDLR ndetse na Mai-Mai byariho bihitana inzirakarengane, byamaze kuburizwamo n’uyu mutwe wa M23 ndetse ubu ukaba uri kugenzura byuzuye uduce 15.

Iri tangazo rinagaragaza utu duce turi mu maboko ya M23 ari two Bikenke, Kavumu, Buina, Mbuzi, Kinihira, Mutovu, Muhimbira, Shangi, Nkokwe, Nyabikona, Tanda, Rutsiro, Kashali na Bukima.

M23 ikomeza ivuga ko yifuza ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bushyira mu bikorwa ibiteganywa n’amasezerano y’i Nairobi “nk’uburyo bwonyine bwatanga umuti urambye w’ikibazo.”

Iri tangazo rigakomeza rivuga ko M23 ishyigikiye imyanzuro yafatiwe mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC iherutse guteranira i Nairobi.

Riti “Ariko ntizihanganira na gato igikorwa cyose cy’ubushotoranyi cya FARDC yihuje na FDLR na Mai-Mai bugamije kurogoya inzira y’amahoro n’umutekano by’abasivile bo mu bice biri mu maboko yacu.”

M23 kandi yaboneyeho gutangaza ko yishimiye ibiganiro bihuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa DRC bigamije gushaka amahoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + six =

Previous Post

Perezida Tshisekedi yaraye ageze muri Angola aho ahurira na Kagame

Next Post

Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe

Ngo hari abari batangiye gutekereza ibyo guhunga- Ibishashi byaturikijwe i Kigali byateye igishyika bamwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.