Thursday, July 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku bice bigenzurwa n’iri huriro byumwihariko uwa Bunagana.

Umupaka wa Bunagana uhuza Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wafunguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Nyakanga 2025, igikorwa cyakozwe na bamwe mu bayobozi bo muri Uganda, bari bayobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana.

Iki gikorwa cyabaye nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba atangaje ko Perezida Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa UPDF, yategetse ko umupaka wa Bunagana n’indi mipaka ihuza Uganda na DRC iri mu bice bigenzurwa na AFC/M23, yongera gufungurwa.

Mu butumwa yatangaje nyuma yuko iyi mipaka ifunguwe, Perezida wa M23, Betrand Bisimwa akaba anungirije Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23; yashimiye Umukuru w’Igihugu cya Uganda, ku bw’iki cyemezo yafashe.

Yagize ati “Turashimira Nyakubahwa Yoweri Museveni, Perezida wa Repubulika ya Uganda, ku bw’icyemezo cye cyo kongera gufungura imipaka yose ihuza Igihugu cye na Congo y’Iburasirazuba.”

Bertrand Bisimwa yakomeje avuga ko iki cyemezo cyafashwe na Perezida Museveni “gishimangira imiyoborere ifite inshingano zo gushyira imbere abaturage mu bikorwa bya politiki.”

General Muhoozi Kainerugaba ubwo yavugaga ku cyemezo cyafashwe na Museveni cyo kongera gufungura iyi mipaka, yavuze ko abaturage badakwiye kugirwaho ingaruka n’ibibazo bya Politiki, anizeza ko hazakorwa iperereza ku bayobozi bari barafashe icyemezo cyo gufunga iyi mipaka.

Umujyi wa Bunagana urimo uyu mupaka uhuza Uganda na DRC, ni kamwe mu bice byafashwe mu mizo ya mbere n’umutwe wa M23, wawufashe kuva muri Kamena 2022.

Amakuru avuga ko abaturage benshi b’Abanyekongo bari barahungiye muri Uganda ubwo uyu mujyi wafatwaga, bakomeje gutaha ku bwinshi byumwihariko hakomeje kugaragara umubare munini w’abatahuka muri ibi bihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Next Post

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

by radiotv10
09/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda, yasubije uwatanze igitekerezo kitanoze ku butumwa bwe...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.