Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

radiotv10by radiotv10
10/07/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku bice bigenzurwa n’iri huriro byumwihariko uwa Bunagana.

Umupaka wa Bunagana uhuza Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wafunguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Nyakanga 2025, igikorwa cyakozwe na bamwe mu bayobozi bo muri Uganda, bari bayobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana.

Iki gikorwa cyabaye nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba atangaje ko Perezida Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa UPDF, yategetse ko umupaka wa Bunagana n’indi mipaka ihuza Uganda na DRC iri mu bice bigenzurwa na AFC/M23, yongera gufungurwa.

Mu butumwa yatangaje nyuma yuko iyi mipaka ifunguwe, Perezida wa M23, Betrand Bisimwa akaba anungirije Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23; yashimiye Umukuru w’Igihugu cya Uganda, ku bw’iki cyemezo yafashe.

Yagize ati “Turashimira Nyakubahwa Yoweri Museveni, Perezida wa Repubulika ya Uganda, ku bw’icyemezo cye cyo kongera gufungura imipaka yose ihuza Igihugu cye na Congo y’Iburasirazuba.”

Bertrand Bisimwa yakomeje avuga ko iki cyemezo cyafashwe na Perezida Museveni “gishimangira imiyoborere ifite inshingano zo gushyira imbere abaturage mu bikorwa bya politiki.”

General Muhoozi Kainerugaba ubwo yavugaga ku cyemezo cyafashwe na Museveni cyo kongera gufungura iyi mipaka, yavuze ko abaturage badakwiye kugirwaho ingaruka n’ibibazo bya Politiki, anizeza ko hazakorwa iperereza ku bayobozi bari barafashe icyemezo cyo gufunga iyi mipaka.

Umujyi wa Bunagana urimo uyu mupaka uhuza Uganda na DRC, ni kamwe mu bice byafashwe mu mizo ya mbere n’umutwe wa M23, wawufashe kuva muri Kamena 2022.

Amakuru avuga ko abaturage benshi b’Abanyekongo bari barahungiye muri Uganda ubwo uyu mujyi wafatwaga, bakomeje gutaha ku bwinshi byumwihariko hakomeje kugaragara umubare munini w’abatahuka muri ibi bihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nineteen =

Previous Post

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Next Post

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.