Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku bice bigenzurwa n’iri huriro byumwihariko uwa Bunagana.
Umupaka wa Bunagana uhuza Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wafunguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Nyakanga 2025, igikorwa cyakozwe na bamwe mu bayobozi bo muri Uganda, bari bayobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Kisoro, Abel Bizimana.
Iki gikorwa cyabaye nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba atangaje ko Perezida Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa UPDF, yategetse ko umupaka wa Bunagana n’indi mipaka ihuza Uganda na DRC iri mu bice bigenzurwa na AFC/M23, yongera gufungurwa.
Mu butumwa yatangaje nyuma yuko iyi mipaka ifunguwe, Perezida wa M23, Betrand Bisimwa akaba anungirije Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23; yashimiye Umukuru w’Igihugu cya Uganda, ku bw’iki cyemezo yafashe.
Yagize ati “Turashimira Nyakubahwa Yoweri Museveni, Perezida wa Repubulika ya Uganda, ku bw’icyemezo cye cyo kongera gufungura imipaka yose ihuza Igihugu cye na Congo y’Iburasirazuba.”
Bertrand Bisimwa yakomeje avuga ko iki cyemezo cyafashwe na Perezida Museveni “gishimangira imiyoborere ifite inshingano zo gushyira imbere abaturage mu bikorwa bya politiki.”
General Muhoozi Kainerugaba ubwo yavugaga ku cyemezo cyafashwe na Museveni cyo kongera gufungura iyi mipaka, yavuze ko abaturage badakwiye kugirwaho ingaruka n’ibibazo bya Politiki, anizeza ko hazakorwa iperereza ku bayobozi bari barafashe icyemezo cyo gufunga iyi mipaka.
Umujyi wa Bunagana urimo uyu mupaka uhuza Uganda na DRC, ni kamwe mu bice byafashwe mu mizo ya mbere n’umutwe wa M23, wawufashe kuva muri Kamena 2022.
Amakuru avuga ko abaturage benshi b’Abanyekongo bari barahungiye muri Uganda ubwo uyu mujyi wafatwaga, bakomeje gutaha ku bwinshi byumwihariko hakomeje kugaragara umubare munini w’abatahuka muri ibi bihe.
RADIOTV10