Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yakajije imiyoborere yayo igaragaza ko ifite abayishyigikiye bari mu mahanga
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi Bukuru bw’Umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), bwashyizeho Umuhuzabikorwa uwuhagarariye mu mahanga mu Banyekongo bo muri Diyasipora.

Uwashyizweho nk’Umuhuzabikorwa wa M23 mu mahanga, ni Manzi Ngarambe Willy, akazaba yungirijwe na Muheto Jackson ndetse na Muhire John.

Ni icyemezo gikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa M23 kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024 ryashyizweho umukono na Perezida w’uyu mutwe, Bertrand Bisimwa.

Iri tangazo rivuga ko iki cyemezo gishingiye ku nshingano za Perezida wa M23 yemererwa n’icyemezo gifite nimero 014/HCM/M23/2013 cyo ku ya 23 Werurwe 2013.

Nanone kandi iki cyemezo gishyiraho aba bayobozi, kivuga ko gishingiye ku kuba Perezida wa M23 yarasezeranyije kugena imiyoborere yose y’uyu mutwe ndetse n’amahame ngengamyitwarire mu rwego rwo gutuma imiyoborere yawo ikora neza kandi ikagira imbaraga.

Riti “Tugendeye ku kuba hakenewe gushyirwaho amategeko ngengamyitwarire ku bahagarariye M23 mu mahanga […] Urwego rukuru rwa Gisirikare rwa M23 rwemeje byihutirwa, ishyirwaho ry’Umuhuzabikorwa uhagarariye M23 mu mahanga (Diaspora) Manzi Ngarambe Willy.”

Manzi Ngarambe Willy, azaba yungirijwe na Muheto Jackson ndetse na Muhire John; bo bagizwe Abahuzabikorwa bungirije bahagarariye M23 mu mahanga.

Iri tangazo rya M23 kandi rivuga ko ibindi byose bizagaragara nk’ibinyuranyije n’iki cyemezo, bitagomba guhabwa agaciro.

Mu kiganiro Umugaba Mukuru wa M23, Gen Sultan Makenga aherutse kugirana na YouTube Channel Mama Urwagasabo, yavuze ko mu bafasha umutwe wa M23, harimo n’Abanyekongo bari mu mahanga, bifuza ko ibikorwa bibi by’ubutegetsi biriho muri Congo, bihagarara.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

Igihano cyakatiwe Umunyarwanda waburaniraga mu Bubiligi kuri Jenoside cyatangajwe

Next Post

Bamwe mu babariwe ko bazimurwa ahazubakwa Sitade ya Nyanza bamaze umwaka mu gihirahiro

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe mu babariwe ko bazimurwa ahazubakwa Sitade ya Nyanza bamaze umwaka mu gihirahiro

Bamwe mu babariwe ko bazimurwa ahazubakwa Sitade ya Nyanza bamaze umwaka mu gihirahiro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.