Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yatangaje ibigezweho ku rugamba ruyihanganishije na FARDC rukomeje kumvikanamo intwazo rutura

radiotv10by radiotv10
05/02/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yatangaje ibigezweho ku rugamba ruyihanganishije na FARDC rukomeje kumvikanamo intwazo rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ihanganishije umutwe wa M23 na FARDC, yakomereje mu gace ka Mweso gaherutse kwicirwamo abaturage benshi, aho uyu mutwe wavuze ko uruhande bahanganye rwakomeje gukoresha intwaro ziremereye zirimo na Drone.

Aya makuru y’urugamba rwa M23 ndetse n’igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC) gifatanyije n’impande cyiyambaje zirimo FDLR, ingabo z’u Burundi ndetse n’iza SADC.

Mu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 05 Gashyantare 2024, yatangaje uko urugamba ruhagaze muri iki gitondo.

Mu butumwa bwa Lawrence Kanyuka, yagize ati “Imirwano yakomeje kuva mu ijoro ryacyeye, ibice bituwemo n’abaturage benshi muri Mweso no mu bice bihakikije, bikomeje kuraswaho n’abarwanyi b’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa, by’umwihariko FARDC, FDLR, abacancuro, inyeshyamba, ingabo z’u Burundi n’iza SADC, bakoresheje intwaro ziremereye, drone, ndetse n’imodoka z’intambara.”

Uyu muvugizi wa M23 mu bya Politiki, yakomeje avuga ko uyu mutwe uzakomeza kwirwanaho no kurinda abaturage bo mu bice bigenzurwa na wo.

Umutwe wa M23 kandi wari uherutse gushinja FARDC n’abarwanyi bafasha iki gisirikare cya Leta ya Congo, kurasa ibisasu biremereye muri aka gace ka Mweso, bigahitana abaturage benshi.

Uyu mutwe wa M23 kandi uherutse gushinja ingabo za Tanzania ziri mu butumwa bwa SADC, kwivugana abaturage b’abasivile.

Mu itangazo uyu mutwe wa M23 washyize hanze mu mpera z’icyumweru gishize, wavuze ko usanzwe wubaha imiryango yo mu karere kandi ko udafitanye ikibazo na SADC, ku buryo utumva icyatumye uyu muryango uza kuwurwanya.

Lawrence Kanyuka yagize ati “Muri iki gihe ingabo za SADC zikomeje gukoresha intwaro zikomeye, by’umwihariko iza MRLS (BM) 122 mm zikoreshwa n’abasirikare ba Tanzania (TPDF), mu kurasa no kwica abaturage b’abasivile.”

Yakomeje avuga ko M23 ntayandi mahitamo ifite uretse gufata izo ntwaro ndetse no kuzirasa kugira ngo zidakomeza koreka imbaga y’abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 18 =

Previous Post

Namibia yabonye Perezida mushya nyuma y’amasaha macye uwayiyoboraga yitabye Imana

Next Post

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bigateza intugunda bigiye gufatwaho icyemezo

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bigateza intugunda bigiye gufatwaho icyemezo

Senegal: Ibyatangajwe na Perezida bigateza intugunda bigiye gufatwaho icyemezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.