Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yavuze abari inyuma y’umugambi w’amakuru atari meza yayivuzwemo

radiotv10by radiotv10
15/08/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Itangazo rya Congo rikomeje kwamaganirwa kure, M23 na yo yariteye ishoti
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze iminsi urebana ay’ingwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagize icyo uvuga ku byawuvugwagaho ko wacitsemo ibice, ubitera utwatsi, ahubwo uvuga ko hari ababyihishe inyuma kubera imigambi mibisha.

Ni nyuma y’uko uyu mutwe wari umaze iminsi uvugwaho ko wacitsemo ibice, kubera kutabona ibintu kimwe kwa bamwe mu bawugize, bigatuma batarebana neza.

Ibi kandi byari byabaye muri 2013 ubwo uyu mutwe wari ufite ingufu, ariko ukaza guhagurukirwa hakoreshejwe imbaraga za gisirikare, zaje no kuwusenya.

Uku gucikamo ibice kwabaye muri icyo gihe, kwaje no gutuma ukozanyaho hagati y’abawugize, biri no mu byatumye ucika imbaraga kuko wari wazitatanyije.

Uyu mutwe wongeye kubura umutwe kuva mu mwaka ushize, kuri iyi nshuro uramagana ibyo kuba wongeye gucikamo ibice.

Umuvugizi wa M23 Maj Willy Ngoma, yabwiye ikinyamakuru Umuseke ko ibyabaye muri kiriya gihe, bidateze kongera kubaho, nubwo hari ababyifuza.

Yagize ati “Ntabwo tuzigera ducikamo ibice, dufite impamvu imwe, intego imwe n’ingengabitekerezo imwe, ibyo abantu bavuga byose si byo, nta gucikamo ibice kwabayeho.”

Maj Willy Ngoma avuga ko inzego za M23 zigihagaze bwuma kandi ko zikimeze uko zisanzwe, ndetse ko abayobobozi bawo bakiri ba bandi, barimo Perezida wayo, Betrand Bisimwa ndetse n’Umugaba Mukuru wayo, Gen Sultan Makenga.

Uyu muvugizi wa M23, avuga ko ayo makuru yatangajwe yo gucikamo ibice k’uyu mutwe, ari ibinyoma byahimbwe na Guverinoma ya Kinshasa, bigamije kuyobya abantu no gushaka kuryanisha abagize uyu mutwe, ngo ucikemo ibice nk’uko ibyifuza.

Umutwe wa M23 ugizwe n’Abanyekongo baharanira uburenganziba bwa bamwe bwakunze guhonyorwa n’imitwe yitwaje intwaro n’iy’iterabwoba nka FDLR igizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ifatanyije n’inzego z’umutekano za kiriya Gihugu.

Ibibazo by’uyu mutwe, byahagurukije imiryango mpuzamahanga inyuranye kuva ku Muryango w’Abibumbye kugeza ku wa Afurika y’Iburasirazuba, yose yagiye ihuriza ku kuba Guverinoma ya DRC ikwiye kuganira n’uyu mutwe, mu gihe ubu butegetsi bwinangiye buvuga ko butaganira n’uyu mutwe, bwamaze kwita uw’iterabwoba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − one =

Previous Post

Dutere icyumvirizo mu bibazo byakunze kuzamura amakimbirane mu borozi bo mu Turere 4

Next Post

Ethiopia: Leta iravugwaho kwihekura mu gitera cy’indege cyasize amarira mu basivile

Related Posts

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), ubu akaba ari Umujyanama wa...

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

by radiotv10
10/07/2025
0

Ubuyobozi bwa AFC/M23 burashimira Perezida Yoweri Kaguta Museveni ku cyemezo yafashe cyo gufungura imipaka ihuza iki Gihugu cye na Repubulika...

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

by radiotv10
09/07/2025
0

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika...

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

Uwari Minisitiri muri Congo bwa mbere imbere y’Urukiko yahageze yakererewe

by radiotv10
09/07/2025
0

Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 19 USD yari...

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

Eng.-Nine of Tshisekedi’s family members including his wife face a legal complaint in Belgium

by radiotv10
09/07/2025
0

In Brussels, Belgium, A lawsuit was filed against nine family members including the wife of the president of the Democratic...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ethiopia: Leta iravugwaho kwihekura mu gitera cy’indege cyasize amarira mu basivile

Ethiopia: Leta iravugwaho kwihekura mu gitera cy’indege cyasize amarira mu basivile

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.