Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura

radiotv10by radiotv10
26/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje akababaro watewe n’igitero cya FARDC mu gace ka Mweso, cyahitanye inzirakarengane z’abasivile 20, uvuga ko udashobora kubyihanganira, ndetse ko ugiye guhiga intwaro iri kwifashishwa muri ubu bwicanyi, ukayifata.

Ni igitero cyagabwe kuri uyu wa Kane tariki 25 Mutarama 2024 mu gace ka Mweso muri Teritwari ya Masisi, ahagenzurwa n’uyu mutwe wa M23 umaze iminsi uhanganye n’Igisirikare cya Congo (FARDC) gifatanyije na FDLR ndetse n’abandi baje kugitera ingabo mu bitugu.

M23 ivuga ko muri iki gitero hakoreshejwe intwaro za rutura, zirimo imbunda yo mu bwoko bwa Katiusha irasa kure ndetse n’indege zitagira abapilote zizwi nka Drone.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23, yavuze ko nyuma y’iki gitero hagaragaye ibibabaje, aho “imirambo y’impinja, iy’abagore n’anagabo, yari iri ku mabaraza, inzu, insengero n’amashuri byasenyutse.”

Muri iri tangazo, M23 yahise igaragaza imibare y’agateganyo y’ibyagizweho ingaruka n’iki gitero, aho “hishwe abasivile 20, abandi 17 bagakomereka, ndetse abandi benshi bava mu byabo.”

Muri iri tangazo rya M23, yakomeje igira iti “Bimaze kugaragara ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwamaze kunanirwa ku rugamba, bukaba bwarananiwe guhangana n’abarwanyi ba M23, none abarwanyi babwo bahinduye umuvuno batangira kwica abasivile.”

Uyu mutwe ukomeza uvuga ko utahwemye kugaragariza umuryango mpuzamahanga ubu bwicanyi bukorerwa abasivile bukorwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi ko bugize ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu, none bikaba bikomeje kwiyongera uko iminsi ishira.

M23 yavuze ko ibi byose ari Perezida Felix Tshisekedi ubiri inyuma, bityo ko akwiye kuryozwa ubu bwicanyi akorera abaturage b’abasivile.

Iri tangazo rigasoza rigira riti “M23 kandi ifite inshingano n’umurongo wo kurinda abasivile kandi ntizihanganira ibi byaha bikomeje kwisubiramo.”

Mu kiganiro Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Lt Col Willy Ngoma yagiranye n’Ikinyamakuru Bwiza TV, yavuze ko abarwanyi b’uyu mutwe bagiye gushakisha iyi ntwaro yakoreshejwe mu kwica bariya basivile, kugira ngo na yo bayifate ntikomeze kubahekura, ikoreshwa mu kwivugana abasivile bo mu bice bigenzurwa na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + eleven =

Previous Post

America yavuze aho ibona iby’u Rwanda na Congo bigana

Next Post

Hatangajwe umubare w’abamaze kumenyekana baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije
IMIBEREHO MYIZA

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umubare w’abamaze kumenyekana baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato

Hatangajwe umubare w’abamaze kumenyekana baburiye ubuzima mu mpanuka y’ubwato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.