Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”

radiotv10by radiotv10
17/06/2022
in MU RWANDA
0
M23 yemeje ko Bunagana ikiri mu maboko yayo, iti “nta ngabo zahadukura”
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wahakanye amakuru yavugaga ko Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kisubije Umujyi wa Bunagana uherutse gufatwa n’uyu mutwe, uvuga ko bakiwurimo kandi ko nta gahunda bafite yo kuwuvamo kuko nta ngabo zifite ubushobozi bwo kuwubakuramo.

Aya makuru yari yakwirakwiye kuri uyu wa Kane tariki 16, aho bamwe bavugaga ko uyu Mujyi wa Bunagana wongeye kwisubizwa na FARDC nyuma y’imirwano iremereye yabaye hagati y’iki Gisirikare na M23.

Hari n’andi makuru yavugaga ko uyu mutwe wa M23 ari wo ubwawo wemeye kurekura uyu mujyi, ukajya ahandi.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yatangaje ko aya makuru ari ikinyoma kuko abarwanyi b’uyu mutwe bakiri muri uyu mujyi wa Bunagana kandi ko bari kuwucunga no gucungira umutekano abawutuye.

Maj Willy Ngoma yavuze batigeze bakura ibirenge muri uyu Mujyi wa Bunagana, ati “nta n’igitekerezo dufite cyo kuhava, turahari kandi tugomba kuhaguma kugira ngo turinde umutekano wacu.”

Ubwo M23 yafataga uyu Mujyi wa Bunagana mu gitonco cyo kuwa Mbere w’iki cyumweru, Willy Ngoma yari yabwiye RADIOTV10 ko gufata Bunagana bitari biri mu bushake bwabo ariko ko bawufashe mu rwego rwo kwirinda kuko FARDC yakomeje kuwifashisha ikomeza kubashotora.

Maj Willy Ngoma wari wadutangarije ko FARDC yari yakomeje kubamishaho ibisasu, bigatuma bafata uyu mujyi kugira ngo barusheho kwizera umutekano wabo, ubu yatangaje ko iyi ntego yatumye bawufata ntaho yagiye ku buryo bawuvamo.

Yagize ati “Twafashe uyu mujyi ngo turinde umutekano wacu, tuzahaguma.”

Willy Ngoma avuga ko kuri uyu wa Kane habayeho imirwano hagati yabo na FDLR yari yabateyeho agatero-shuma bagakozanyaho mu minota itageze ku 10 bakaza gukinagiza abarwanyi b’uyu mutwe urwanya u Rwanda bakabasubiza mu mashyamba.

Yavuze ko ibyo kuva muri Bunagana byo bidashobora. Ati “Ni ho turi kandi tuzahaguma, abatekereza ko tuzahava nta ngabo zahadukura, dufite ubushobozi bwo kurinda uyu mujyi.”

Perezida Uhuru Kenyatta wa Uganda unayoboye EAC, kuri uyu wa Gatatu yasohoye itangazo avuga ko yemeje umugambi wo kohereza ingabo zihuriweho n’Ibihugu bigize uyu muryango, mu bice binyuranye bya DRCongo birimo n’uyu mujyi wa Bunagana, kwambura intwari imitwe yitwaje intwaro yose ihari.

Ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yumvikanamo ijwi rya Maj Willy Ngoma yereka ko bakiri mu Mujyi wa Bunagana, ndetse ko bakiri kuwugenzura, aho anerekanamo bamwe mu baturage avuga ko baje kubasuhuza kuko babishimiye cyane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Karongi: Ubwoba bwatashye abaturage ubwo babonaga imodoka itwara abagenzi iri gukongoka

Next Post

Perezida Kagame yishimiye ko ikipe afana yegukanye NBA, yongera gushima Curry

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yishimiye ko ikipe afana yegukanye NBA, yongera gushima Curry

Perezida Kagame yishimiye ko ikipe afana yegukanye NBA, yongera gushima Curry

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.