Friday, June 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC

radiotv10by radiotv10
24/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
BREAKING: M23 yemeje ko yishe Umujenerali uzwi muri FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko wivuganye Maj Gen Peter Chirimwani, Guverineri rw’Urwego rwa Gisirikare w’Intara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aya mkauru yemejwe n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, mu itangazo yatanze mu masaha y’igicuku ashyira kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mutarama 2025.

Mu butumwa yatambukije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Lawrence Kanyuka, yagize ati “Turatangaza urupfu rw’Umugaba Mukuru wa FDLR, Général Chirimwani.”

Lawrence Kanyuka akomeza avuga kandi ko uyu Mujenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, “yaguye i Kasengezi aho yari yagiye kwiyerekanira imbere ku rugamba.”

Inkuru y’urupfu rwa Maj Gen Peter Chirimwani itangajwe nyuma yuko kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, ubwo abashyigikiye ubutegetsi bwa Congo mu mirwano imaze iminsi, bakwirakwizaga amashusho ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu Mujenerali ari kwidegembya ashagawe n’abasirikare benshi bamurindira umutekano, aho bariho bahakana amakuru yo kuva M23 yafashe umujyi wa Sake.

Maj Gen Peter Chirimwani ni umwe mu basirikare bakuru bari abahuzamugambi mu mikoranire ya FARDC n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi, ubu uri gufatanya n’igisirikare cya Leta ya Kinshasa mu rugamba gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Urupfu rwa Chirimwani  rutangajwe nyuma y’amasaha macye umutwe wa M23 unafashe umujyi wa Sake uherereye mu bilometero 25 uvuye mu mujyi wa Goma, ndetse bamwe mu batuye uyu mujyi ukora ku Rwanda [uwa Goma] bakaba batangiye guhungira muri iki Gihugu cy’igituranyi.

Umutwe wa M23 watangaje kandi ko ugiye no gufata umujyi wa Goma ufatwa nk’uw’ingenzi ndetse n’umurwa mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru, kuko babona ko na wo ukeneye kubohorwa ngo kuko babona bariho badatekanye.

Corneille Nangaa, Perezida w’Ihuriro AFC rinafite uyu mutwe w’abarwanyi wa M23, kuri uyu wa 22 Mutarama 2025 yatangaje ko bagifite intego yo gukuraho ubutegetsi buriho muri DRC burangajwe imbere na Perezida Felix Tshisekedi, kuko babona bwazanye akajagari mu Gihugu cyabo, bukimakaza ivangura n’inzangano, ndetse bugasenya inzego zose z’Igihugu zikenewe kongera kubakwa bundi bushya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza yabaye nk’utumira umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika

Next Post

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare baminurije amasomo ya Gisirikare muri Qatar

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe
AMAHANGA

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

27/06/2025
Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

26/06/2025
U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Minisitiri Nduhungire yakuyeho urujijo ku badasobanukiwe ibigiye gusinywa hagati y’u Rwanda na DRCongo

26/06/2025
Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

Umunyamakuru ‘Yago’ yatanze umucyo ku byavugwaga ko hagati ye n’umukobwa babyaranye bitameze neza

26/06/2025
Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

Obasanjo nyuma y’ibiganiro yagiranye n’Abakuru b’u Rwanda na DRC yavuze ikigiye gukurikiraho

26/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare baminurije amasomo ya Gisirikare muri Qatar

Ingabo z’u Rwanda zungutse abasirikare baminurije amasomo ya Gisirikare muri Qatar

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Umunyamakuru Paul Rutikanga yasezeranye mu mategeko

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.