Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

radiotv10by radiotv10
02/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze iminsi ukozanyaho na FARDC mu mirwano, werekanye ibikoresho bya FARDC na FDLR wafashe birimo imbunda, amasasu ndetse n’imodoka y’abasirikare bakuru.

Mu butumwa bw’amashusho bw’Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma, yavuze ko yiyiziye ahabera imirwano kugira ngo “uyoboye urugamba abiyerekeye intwaro twafashe za FARDC.”

Muri aya mashusho ari ku mbuga nkoranyambaga za M23, umuyobozi w’urugamba w’uyu mutwe yerekana ibisasu bya rutura bafashe bizwi nka Mortier 82, ndetse n’imbunda zifashishwa mu kubirasa.

Ati “Ibi twabifatiye i Tchanzu, ibindi twabifatiye i Bunagana, ibi twabifashe mu mirwano y’iminsi itatu, ibi ni Mortier 60 twabifatiye i Kabindi.”

Maj Willy Ngoma uba ari kumwe n’uyu muyobozi w’urugamba, anerekana imodoka y’abayobozi ba FARDC yafashwe n’uyu mutwe.

Ageze kuri iyi modoka, asoma ibiba byanditseho ko ari imodoka iri mu bikorwa bya Gisirikare biri kubera muri Kivu ya Ruguru.

Maj Willy Ngoma ati “Ese murabona iyi yaravuye mu kigi Gihugu? Ese yavuye muri Burkina Faso? Iyi ni iya FARDC, twarayifashe.”

https://twitter.com/M23RDCONG0/status/1543104649334591488

Umutwe wa FARDC kandi wanyomoje ibyatangajwe na FARDC ko iki Gisirikare cya Congo kishe abarwanyi 27 ba M23 muri Teritwari ya Rutshuru.

Lt Col Guillaume Ndjije Kaiko, Umuvugizi w’Ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro bizwi nka Sokola 2, watangaje iby’uko FARDC yivuganye aba barwanyi ba M23, yanatangaje ko iki Gisirikare cy’Igihugu cyanafashe intwaro za M23 zirimo RPG ndetse n’imbunda z’intambara za AK47.

Uyu musirikare wa FARDC kandi yavuze ko banafashe ibikoresho bya M23 birimo iby’ubutabazi bw’ubuvuzi, ndetse n’ibindi bya gisirikare ngo byakorewe mu Rwanda.

Major Willy Ngoma, yavuze ko ibi byatangajwe na FARDC ari ibinyoma byambaye ubusa bigamije kuyobya rubanda n’ubuyobozi bw’Igihugu cyabo.

Uyu muvugizi wa M23 kandi yanyomoje ibyavuzwe n’uyu musirikare ko bakubise inshuro M23 ubu FARDC ikaba yafashe Ntamugenga iherutse gufatwa na M23, avuga ko FARDC idafite ubushobozi na buto bwo kuba yabatsimbura ahantu bafashe.

Yagize ati “Birababaje kubona nka Colonel avugamo ingabo z’u Rwanda bigaragaza ko atazi ibyo avuga, bataye imbunda zitandukanye harimo izikomeye zavuye mu Bushinwa zose zanditseho FARDC ubwo bazakomeza kuvuga ngo ziva hanze kandi ari bo baziduha.”

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC, uvuga ko icyo ushaka ari uko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano yagiranye n’uyu mutwe mu masezerano ya 2013.

Uyu mutwe kandi uvuga ko ufite ubushobozi bwo kurwana n’igisirikare icyo ari cyo cyose cyakwifashishwa mu kuwuhashya ariko ko FARDC yo ngo iri hasi cyane ndetse ko idakwiye no kuza kubahagarara imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − nine =

Previous Post

U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye

Next Post

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Related Posts

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

IZIHERUKA

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023
AMAHANGA

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

by radiotv10
15/09/2025
0

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

15/09/2025
Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

13/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

AMAFOTO: Abazwi mu myidagaduro basuye The Ben wakiriye imfura ye yageze bwa mbere mu Rwanda

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.