Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe

radiotv10by radiotv10
02/07/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
M23 yerekanye intwaro nyinshi n’imodoka bya FARDC yafashe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze iminsi ukozanyaho na FARDC mu mirwano, werekanye ibikoresho bya FARDC na FDLR wafashe birimo imbunda, amasasu ndetse n’imodoka y’abasirikare bakuru.

Mu butumwa bw’amashusho bw’Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma, yavuze ko yiyiziye ahabera imirwano kugira ngo “uyoboye urugamba abiyerekeye intwaro twafashe za FARDC.”

Muri aya mashusho ari ku mbuga nkoranyambaga za M23, umuyobozi w’urugamba w’uyu mutwe yerekana ibisasu bya rutura bafashe bizwi nka Mortier 82, ndetse n’imbunda zifashishwa mu kubirasa.

Ati “Ibi twabifatiye i Tchanzu, ibindi twabifatiye i Bunagana, ibi twabifashe mu mirwano y’iminsi itatu, ibi ni Mortier 60 twabifatiye i Kabindi.”

Maj Willy Ngoma uba ari kumwe n’uyu muyobozi w’urugamba, anerekana imodoka y’abayobozi ba FARDC yafashwe n’uyu mutwe.

Ageze kuri iyi modoka, asoma ibiba byanditseho ko ari imodoka iri mu bikorwa bya Gisirikare biri kubera muri Kivu ya Ruguru.

Maj Willy Ngoma ati “Ese murabona iyi yaravuye mu kigi Gihugu? Ese yavuye muri Burkina Faso? Iyi ni iya FARDC, twarayifashe.”

https://twitter.com/M23RDCONG0/status/1543104649334591488

Umutwe wa FARDC kandi wanyomoje ibyatangajwe na FARDC ko iki Gisirikare cya Congo kishe abarwanyi 27 ba M23 muri Teritwari ya Rutshuru.

Lt Col Guillaume Ndjije Kaiko, Umuvugizi w’Ibikorwa bya gisirikare byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro bizwi nka Sokola 2, watangaje iby’uko FARDC yivuganye aba barwanyi ba M23, yanatangaje ko iki Gisirikare cy’Igihugu cyanafashe intwaro za M23 zirimo RPG ndetse n’imbunda z’intambara za AK47.

Uyu musirikare wa FARDC kandi yavuze ko banafashe ibikoresho bya M23 birimo iby’ubutabazi bw’ubuvuzi, ndetse n’ibindi bya gisirikare ngo byakorewe mu Rwanda.

Major Willy Ngoma, yavuze ko ibi byatangajwe na FARDC ari ibinyoma byambaye ubusa bigamije kuyobya rubanda n’ubuyobozi bw’Igihugu cyabo.

Uyu muvugizi wa M23 kandi yanyomoje ibyavuzwe n’uyu musirikare ko bakubise inshuro M23 ubu FARDC ikaba yafashe Ntamugenga iherutse gufatwa na M23, avuga ko FARDC idafite ubushobozi na buto bwo kuba yabatsimbura ahantu bafashe.

Yagize ati “Birababaje kubona nka Colonel avugamo ingabo z’u Rwanda bigaragaza ko atazi ibyo avuga, bataye imbunda zitandukanye harimo izikomeye zavuye mu Bushinwa zose zanditseho FARDC ubwo bazakomeza kuvuga ngo ziva hanze kandi ari bo baziduha.”

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC, uvuga ko icyo ushaka ari uko Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ishyira mu bikorwa ibikubiye mu masezerano yagiranye n’uyu mutwe mu masezerano ya 2013.

Uyu mutwe kandi uvuga ko ufite ubushobozi bwo kurwana n’igisirikare icyo ari cyo cyose cyakwifashishwa mu kuwuhashya ariko ko FARDC yo ngo iri hasi cyane ndetse ko idakwiye no kuza kubahagarara imbere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

U Rwanda n’u Burundi turi impanga- Perezida Ndayishimiye

Next Post

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Related Posts

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

Imbamutima z’abahereweho mu bikorwa bizatuma babona indangamuntu koranabuhanga mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Turere dutatu two mu Ntara y’Amajyepfo bahereweho mu gukosoza imyirondoro yabo kugira ngo bizabafashe kuzahabwa...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro
MU RWANDA

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

04/11/2025
Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

04/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

The Ben nyuma yo gutaramira Abanya-Uganda agiye no gususurutsa abaturarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.