Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yungutse Abajenerali babiri

radiotv10by radiotv10
14/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yafatiwe ibyemezo bikarishye birimo ibyo igomba gukora bigenzurwa na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wungutse abarwanyi babiri mu cyiciro cy’Abajenerali nyuma yo kubazamura mu ntera ibakuye ku ipeti rya Colonel ikabaha irya Brigadier General.

Abazamuwe ku ipeti rya Brigadier General, ni Mboneza Yusufu na Byamungu Muheshe Bernard, bavanywe ku ipeti rya Colonel bakinjizwa muri iki cyiciro cy’Abajenerali ku ipeti rya Brig Gen.

Iri zamurwa mu mapeti rikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa M23 ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa M23, Betrand Bisimwa, rivuga ko iki cyemezo cyo kuzamura mu mapeti aba basirikare babiri ba M23, gishingiye ku gukomeza imiyoborere y’abasirikare bakuru muri M23 ndetse no gukomeza gufasha uyu mutwe gushyira mu bikorwa inshingano z’abayobozi bakuru mu Gisirikare.

Uyu mutwe wa M23 wazamuye aba basirikare ku rwego rw’Abajenerali nyuma yuko ugaragaje imbaraga mu gisirikare cyawo kuko wagiye ubasha gusubiza inyuma ibitero bya FARDC n’imitwe yiyambaje babaga bawugabyeho.

Betrand Bisimwa, Perezida wa M23 wafashe iki cyemezo, yazamuye mu ntera aba basirikare nyuma y’amasaha macye ahuye na Uhuru Kenyatta wahawe inshingo zo kuba umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakagirana ibiganiro.

Ni ibiganiro M23 yongeye kugaragarizamo ibyifuzo byayo birimo gusaba Uhuru Kenyatta gusuzuma niba imitwe yose iri mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa yaba ikomoka imbere muri iki Gihugu ndetse no hanze, yubahiriza imyanzuro yafatiwe irimo guhagarika imirwano no gushyira hasi intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × one =

Previous Post

Uwari umaze imyaka 10 ayobora urwego rumwe rukomeye mu Rwanda yitabye Imana

Next Post

Icyatumye batatu bari bagiye gukorera ‘Provisoire’ badasubira iwabo ahubwo bakajyanwa muri RIB

Related Posts

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba...

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye batatu bari bagiye gukorera ‘Provisoire’ badasubira iwabo ahubwo bakajyanwa muri RIB

Icyatumye batatu bari bagiye gukorera ‘Provisoire’ badasubira iwabo ahubwo bakajyanwa muri RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.