Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23&FARDC: Bidateye kabiri nyuma y’uko hatangiye agahenge hatangajwe amakuru mashya

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 buratangaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rwarenze ku gahenge gaherutse gutangazwa na Leta Zunze Ubumwe za America, kagombaga kumara ibyumweru bibiri, kakaba karenzweho nyuma y’iminsi ibiri gusa gatangiye.

Amakuru y’uku kurenga ku gahenge, yatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yatanze kuri iki Cyumweru tariki 07 Nyakanga 2024, nyuma y’uko aka gahenge kari katangiye tariki 05 Nyakanga.

Muri ubu butumwa bufite umutwe ugira uti “Kurenga ku gahenge k’ibikorwa by’ubutabazi, byakozwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa”, Lawrence Kanyuka avuga ko uruhande bahanganye rwagabye ibitero mu bice bigenzurwa na M23.

Yagize ati “Aka kanya, abaturage b’abasivile ndetse n’ibirindiro byose byacu, byagabweho ibitero n’ubufatanye bw’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa rugizwe na FARDC, FDLR, Abacancuro, inyeshyamba za Wazalendo, ADF, Ingabo z’u Burundi n’ingabo za SADC, mu bilometero 12 muri Kaseghe.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko nubwo uruhande bahanganye rwagabye ibi bitero, ariko umutwe wa M23 wo wakomeje kubahiriza agahenge kemeranyijweho ko kugira ngo horoshywe ibikorwa by’ubutabazi bugomba guhabwa abaturage babukeneye bagizweho ingaruka n’imirwano.

Ati “Izo ngabo [FARDC n’abo bafatanyije] bahisemo kurenga ku nshuro ya kenshi, kuri iki cyemezo cy’ingirakamaro cyari kigamije koroshya ibikorwa by’ubutabazi no gufasha abavuye mu byabo bari imbere mu Gihugu.”

Yaboneyeho kongera kubwira Umuryango mpuzamahanga n’abayobozi bo mu karere ko uruhande ruhanganye na M23 rwitwikiriye aka gahenge, rukagaba ibitero birimo n’iby’ibisasu bya rutura byarashwe mu bice bituwemo n’abaturage benshi.

Ibi bitero byabaye mu gihe kuri iki Cyumweru tariki 07 Nyakanga 2024, intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iz’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zihuriye muri Zimbabwe; mu biganiro byanagaragarijwemo ubushake bwo gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, abari bitabiriye ibi biganiro barimo n’abo muri Tanzania na Sudani y’Epfo, Uganda na Kenya; bemeranyijwe ko inzi umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, uzatangwa n’inzira za Politiki, aho kuba iy’imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 10 =

Previous Post

Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro

Next Post

UPDATE: Amakuru agezweho ku byo kwegura byari byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa

Related Posts

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
31/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganye ibyo gufungura Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Goma, byavugiwe...

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

Eng.-AFC/M23 responds to France’s remarks about reopening Goma International Airport

by radiotv10
31/10/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has strongly criticized France’s recent remarks...

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

IZIHERUKA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding
MU RWANDA

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
31/10/2025
0

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

31/10/2025
Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Amakuru agezweho ku byo kwegura byari byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa

UPDATE: Amakuru agezweho ku byo kwegura byari byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.