Sunday, June 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23&FARDC: Bidateye kabiri nyuma y’uko hatangiye agahenge hatangajwe amakuru mashya

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yavuze icyo igiye gukora nyuma y’uko FARDC yivuganye abasivile 20 ikoresheje imbunda rutura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 buratangaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rwarenze ku gahenge gaherutse gutangazwa na Leta Zunze Ubumwe za America, kagombaga kumara ibyumweru bibiri, kakaba karenzweho nyuma y’iminsi ibiri gusa gatangiye.

Amakuru y’uku kurenga ku gahenge, yatangajwe n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, mu butumwa yatanze kuri iki Cyumweru tariki 07 Nyakanga 2024, nyuma y’uko aka gahenge kari katangiye tariki 05 Nyakanga.

Muri ubu butumwa bufite umutwe ugira uti “Kurenga ku gahenge k’ibikorwa by’ubutabazi, byakozwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa”, Lawrence Kanyuka avuga ko uruhande bahanganye rwagabye ibitero mu bice bigenzurwa na M23.

Yagize ati “Aka kanya, abaturage b’abasivile ndetse n’ibirindiro byose byacu, byagabweho ibitero n’ubufatanye bw’uruhande rw’ubutegetsi bwa Kinshasa rugizwe na FARDC, FDLR, Abacancuro, inyeshyamba za Wazalendo, ADF, Ingabo z’u Burundi n’ingabo za SADC, mu bilometero 12 muri Kaseghe.”

Lawrence Kanyuka yakomeje avuga ko nubwo uruhande bahanganye rwagabye ibi bitero, ariko umutwe wa M23 wo wakomeje kubahiriza agahenge kemeranyijweho ko kugira ngo horoshywe ibikorwa by’ubutabazi bugomba guhabwa abaturage babukeneye bagizweho ingaruka n’imirwano.

Ati “Izo ngabo [FARDC n’abo bafatanyije] bahisemo kurenga ku nshuro ya kenshi, kuri iki cyemezo cy’ingirakamaro cyari kigamije koroshya ibikorwa by’ubutabazi no gufasha abavuye mu byabo bari imbere mu Gihugu.”

Yaboneyeho kongera kubwira Umuryango mpuzamahanga n’abayobozi bo mu karere ko uruhande ruhanganye na M23 rwitwikiriye aka gahenge, rukagaba ibitero birimo n’iby’ibisasu bya rutura byarashwe mu bice bituwemo n’abaturage benshi.

Ibi bitero byabaye mu gihe kuri iki Cyumweru tariki 07 Nyakanga 2024, intumwa za Guverinoma y’u Rwanda n’iz’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zihuriye muri Zimbabwe; mu biganiro byanagaragarijwemo ubushake bwo gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC.

Nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, abari bitabiriye ibi biganiro barimo n’abo muri Tanzania na Sudani y’Epfo, Uganda na Kenya; bemeranyijwe ko inzi umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, uzatangwa n’inzira za Politiki, aho kuba iy’imirwano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Iby’ingenzi byemeranyijweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Congo zongeye guhurira ku meza y’ibiganiro

Next Post

UPDATE: Amakuru agezweho ku byo kwegura byari byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa

Related Posts

Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga

Uko imirwano yifashe hagati ya Israel na Iran n’icyo impande zombi zivuga

by radiotv10
20/06/2025
0

Iran yavuze igishobora guhagararika intambara Israel na yo yahize gukaza ibitero Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian yavuze ko iki Gihugu...

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Resigned Congolese minister blames Rwanda for his prosecution

by radiotv10
19/06/2025
0

Constant Mutamba, the former Minister of Justice in the Democratic Republic of Congo (DRC), who recently resigned amid corruption allegations,...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

by radiotv10
19/06/2025
0

Mu bice binyuranye mu Ntara ya Kivu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa imirwano ikomeje gukaza umurego...

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

by radiotv10
19/06/2025
0

Constant Mutamba weguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera muri Repubuklika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera ibyaha byo kunyereza amafaranga ya...

Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

Hatangajwe icyakoreye Umupolisi wagaragaye arasa umuturage mu myigaragambyo ihanganishije Polisi ya Kenya n’urubyiruko

by radiotv10
18/06/2025
0

Polisi ya Kenya ikomeje guhangana n’urubyiruko rw'Aba-Gen Z ruri mu myigaragambyo yakajije umurego, yatangaje ko yataye muri yombi Umupolisi warashe...

IZIHERUKA

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono
MU RWANDA

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

by radiotv10
21/06/2025
0

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

21/06/2025
Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

21/06/2025
Abakoresha n’abakozi bose mu Rwanda bibukijwe umunsi w’ikiruhuko rusange

AMAKURU MASHYA: Mu Rwanda hatanzwe ikiruhuko rusange hafi icyumweru

20/06/2025
The rise and fall of hustle culture

The rise and fall of hustle culture

20/06/2025
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda umaze imyaka 10 hanze yatangaje inkuru ishimishije

20/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
UPDATE: Amakuru agezweho ku byo kwegura byari byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa

UPDATE: Amakuru agezweho ku byo kwegura byari byatangajwe na Minisitiri w’Intebe w’u Bufaransa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umubyeyi ariyemerera gutwikisha umwana we umuhoro ushyushye amuhoye gukora mu nkono

Ibindi bivugwa ku mugore witabiye Imana kwa Pasiteri nyuma yo kurarana

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.