Wednesday, February 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

radiotv10by radiotv10
25/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?
Share on FacebookShare on Twitter

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal, yageze i Burundi aho yagiriye uruzinduko, bivugwa ko rugamije kuganira na Perezida Evariste Ndayishimiye ku bibazo biri mu karere.

Macky Sall yageze i Bujumbura mu Burundi kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Gashyantare 2026, aho yagaragaye ku Kibuga cy’Indege anavuza ingoma zizwi mu muco w’u Burundi.

Uyu wahoze ayobora Senegal warangije manda ze agasimburwa na Bassirou Diomaye Faye watsize amatora muri 2024, ubu ni umugenzuzi mukuru w’ikigo mpuzamahanga gishinzwe kwihutisha gahunda zo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe GCA (Global Centre on Adaptation).

Macky Sall agiye i Burundi nyuma y’igihe gito Perezida Evariste Ndayishimiye ahawe inshingano zo kuyobora Umuryango wa Afuruka Yunze Ubumwe.

Amakuru atangwa n’abayobozi mu butegetsi bukuru bw’u Burundi, avuga ko Sall ahura na Ndayishimiye bakaganira ku bibazo binyuranye birimo ibiri mu karere k’ibiyaga bigari.

Ikinyamakuru BBC Gahuza kandi kivuga ko hari n’amakuru amaze iminsi avugwa ko Macky Sall ashaka kuziyamamariza umwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu matora azaba mu mpera z’uyu mwaka.

Sall wabaye umwe mu Bakuru b’Ibihugu bagize ijambo cyane ku Mugabane wa Afurika, aramutse ahatanye muri aya matora y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, ashobora kuzahatana n’uwahoze ari Perezida wa Chili, Michelle Bachelet byamaze kwemezwa ko yifuza gusimbura Umunya-Portugal Antonio Guterres uzarangiza manda uyu mwaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

Related Posts

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

by radiotv10
25/02/2026
0

Muri Ghana hakomeje kuvugwa inkuru yateje impaka, y’urusengero rwagagayemo abakristu b’abagore bambaye utwenda tw'imbere tuzwi nka Bikini twambarwa n'abatembereye ku...

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

by radiotv10
25/02/2026
0

Mu butumwa budatomora ku bijyanye n’urupfu rw’Umuvugizi w’igisirikare cya AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, Umuhuzabikorwa Wungirije w’iri Huriro, Bertrand Bisimwa...

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

Hatangajwe amakuru ku Banyafurika y’Epfo bisanze mu ntambara y’u Burusiya nyuma yo kwizezwa ibitangaza

by radiotv10
25/02/2026
0

Abantu 11 mu itsinda rya 17 bo muri Afurika y’Epfo bisanze barwanira u Burusiya mu ntambara yo muri Ukraine nyuma...

Iby’uko FARDC hari aho yisubuje, ibanga bakoresheje nyuma yo gufata Goma-Col.Willy Ngoma wa M23 yasobanuye byinshyi

Amakuru aravuga urupfu rw’Umuvugizi wa AFC/M23 Willy Ngoma

by radiotv10
24/02/2026
0

Amakuru menshi akomeje kuvuga ko Umuvugizi w’Igisirikare cy’Ihuriro rya AFC/M23, Lieutenant-Colonel Willy Ngoma yishwe arasiwe mu gitero cy'indege zitagira abapilote...

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

Imirwano yahinduye isura muri Congo: FARDC n’abayifasha barashinjwa gutangiza intambara yagutse

by radiotv10
24/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya DRC (FARDC) n’abagifasha, rwatangije ibitero by’urugamba rwagutse mu bice byose by’imirwano...

IZIHERUKA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?
AMAHANGA

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

by radiotv10
25/02/2026
0

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

25/02/2026
Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

25/02/2026
Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

Abarimo Barafinda n’umuhanzi Muchoma bafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo

25/02/2026
Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

Ubutumwa bwa mbere bw’umuyobozi wo hejuru muri AFC/M23 buca amarenga y’urupfu rwa Willy Ngoma

25/02/2026
Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

Uhagarariye u Rwanda muri America yitabiriye umuhango watangiwemo ijambo ry’Igihugu rya Trump

25/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Macky Sall wabaye Perezida wa Senegal aragenzwa n’iki i Burundi?

TduRwanda2026: Umubiligi yegukanye agace ka kane nyuma y’ibiganiro byatanze umusaruro n’uwo basoreje rimwe

Imyambarire y’abagore bagaragaye mu rusengero yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.