Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Madagascar: Amahirwe y’uzatsinda amatora ya Perezida yahengamiye kuri Rajoelina uherutse kwegura

radiotv10by radiotv10
22/11/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Madagascar: Amahirwe y’uzatsinda amatora ya Perezida yahengamiye kuri Rajoelina uherutse kwegura
Share on FacebookShare on Twitter

Mu majwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Madagascar, Andrey Rajoelina wari uherutse kwegura ku mwanya wa Perezida, akomeje kuyobora abandi.

Muri aya matora ku wa Kane w’icyumweru gishize, Andrey Rajoelina urimo ushaka manda ya Gatatu, afite amajwi 62,4%, mu by’agateganyo byavuye muri aya matora.

Akurikiwe na Siteny Randrianasoloniaiko n’amajwi 12,2%, mu gihe Marc Ravalomanana wahoze ari Perezida w’iki Gihugu cya Madagascar we afite amajwi 11,2%.

Muri Kamena uyu mwaka wa 2023, abatavuga rumwe n’ubutegetsi bagaragaje ko muri 2014 Rajoelina yasabye ubwenegihugu bw’u Bufransa, bavuga ko adakwiriye gukomeza kuyobora Igihugu kubera iyo mpamvu.

Icyakora we yavuze ko ibyo byose ari agakino ka Politiki kagamije kumuharabika no kumwangisha abaturage ba Madagascar, kuko Itegeko Nshinga rya Madagascar ridategeka ko Perezida agomba kuba afite ubwenegihugu bwa Madagascar bwonyine.

Muri Nzeri uyu mwaka, Andrey Rajoelina  yari yeguye ku mwanya wa Perezida, mu gihe haburaga igihe gito ngo amatora y’Umukuru w’Igihugu abe, aho na we yari yaramaze gutangaza ko aziyamamaza.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − two =

Previous Post

Ibyishimo mu Banyarwanda ni byose: Intsinzi y’Amavubi yari inyotewe ibonetse ishyitse

Next Post

Muri ruhago hakiriwe inkuru itunguranye yerecyeye ba kizigenza b’umupira w’amaguru ku Isi

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire
MU RWANDA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muri ruhago hakiriwe inkuru itunguranye yerecyeye ba kizigenza b’umupira w’amaguru ku Isi

Muri ruhago hakiriwe inkuru itunguranye yerecyeye ba kizigenza b’umupira w’amaguru ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.