Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu J.Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bukomeye rukwiye guhora ruzirikana

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Madamu J.Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bukomeye rukwiye guhora ruzirikana
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko guhora rwibaza uruhare rwarwo mu bikorwa binyuranye, birimo kurinda ibyagezweho, kugaragaza ishusho ya nyayo y’Igihugu no kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi; kandi rukabishakira ibisubizo, bityo ko ruzaba ruhaye inyiturano ikwiye abatanze igiciro cyabo babohora u Rwanda.

Madamu Jeannette Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Kamena 2023, ubwo yatangizaga ihuriro ry’Urubyiruko.

Iri huriro ry’urubyiruko rifite insanganyamatsiko igira iti “Igihango cy’Urungano” ryabereye mu Karere ka Gisagara, ryahujwe n’igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Madamu Jeannette Kagame, wifashishije indirimbo y’umuhanzi Rugamba Sipiriyani igira iti “Rungano nkwibuke, nkwizihize nkogeza, nkuvuge, nkuririmbire n’ejo.”, yavuze ko kwibuka uru rubyiruko bihuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 y’Ihuriro ry’Urubyiruko ryitwa Igihango cy’Urungano.

Yavuze ko hagendewe ku myaka y’umuntu, ufite imyaka 29, aba akuze, afite n’inshingano runaka “haba kuri we ubwe, ku muryango ndetse n’Igihugu, ndetse ab’inkwakuzi hari n’abamaze kubaka ingo zabo.”

Madamu Jeannette Kagame kandi yavuze ko nanone umwana w’imyaka 10 (isabukuru y’Ihuriro ‘Igihango cy’Urungano’) aba amaze guca akenge, yenda gusoza amashuri abanza.

Avuga ko umwanya nk’uyu, ukwiye kubera urubyiruko uwo kwigira hamwe ibyo rumaze kwiga muri iyi myaka itambutse, rukibaza na rwo uruhare rukomeza kugira.

Ati “Mu gihango twahanye cyo kubaka u Rwanda, duhagaze he? twize iki?, turinda dute ibyo twagezeho? Igihango cy’urungano ni umwanya ukomeye wo kuzirikana urubyiruko urungano rwanyu bari bafite inzozi nk’izo mufite uyu munsi, bari bafite imbaraga n’ishyaka byo gukorera Igihugu.”

Yavuze kandi ko umwanya nk’uyu, ukwiye kubera urubyiruko kuzirikana uruhare rw’ababohoye Igihugu, bari biganjemo urubyiruko nka bo.

Ati “Nagira ngo dufate uyu mwanya twongere dutekereze ku byo twagiye twiyemeza mu myaka 10 iri huriro rimaze, ese nk’uko tubyiyemeza buri mwaka muri iri huriro, tugira uruhare mu kurinda ibyagezweho? Ese uruhare rwacu ni uruhe mu kurwanya ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi? Ese ni gute mukoresha imbuga nkoranyambaga mu kwerekana ishusho ya nyayo y’Igihugu cyacu n’ukuri ku mateka yacu? Ese iyi mutashye muvuye hano, mwibuka kuganiriza abo mubana no kubasangiza ubumenyi ku mateka y’Igihugu cyacu?”

Yabibukije kandi ko ibyo u Rwanda rugezeho byose, bishinze imizi ku mbaraga z’abana b’u Rwanda biyemeje kubohora u Rwanda, barimo n’abemeye kubimenera amaraso.

Ati “Abatanze icyo kiguzi gikomeye cyo kubohora iki Gihugu cyacu bose bari bahuriye ku ndangagaciro yo gukunda Igihugu. Barirenze ndetse bitanga batizigamye kugira ngo tube dufite Igihugu cyiza kandi gitekanye. Ntabwo baduhaye Igihugu gusa ahubwo banahaye Abanyarwanda agaciro, iterambere, ubumwe, n’ibindi byinshi byiza.”

Yakomeje abaza uru rubyiruko ati “Ese twabitura iki? Nk’uko twabyibukijwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ni ubwa mbere mu mateka yacu hashize imyaka 29 nta bwicanyi bubayeho mu Rwanda.

Ntabwo dukwiye kwirara ngo aya mahoro tuyafate nk’ibisanzwe ndetse nta n’urwitwazo dufite rwatuma tudahitamo neza kuko amahitamo yacu arasobanutse.”

Yasabye urubyiruko gukomeza gukoresha imbaraga zabo mu gutanga umusanzu mu kubaka u Rwanda no kuruteza imbere, bityo ko bizaba ari inyitutano nziza y’abemeye guhara ubuzima bwabo n’imbaraga zabo barubohora.

Urubyiruko rwahawe impanuro zikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

Next Post

Uko abaturage batumye Perezida w’Igihugu kimwe yirukana Minisitiri

Related Posts

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

Mu irushanwa ry'imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n'ibigo by'amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko abaturage batumye Perezida w’Igihugu kimwe yirukana Minisitiri

Uko abaturage batumye Perezida w’Igihugu kimwe yirukana Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.