Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu J.Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bukomeye rukwiye guhora ruzirikana

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Madamu J.Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bukomeye rukwiye guhora ruzirikana
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko guhora rwibaza uruhare rwarwo mu bikorwa binyuranye, birimo kurinda ibyagezweho, kugaragaza ishusho ya nyayo y’Igihugu no kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi; kandi rukabishakira ibisubizo, bityo ko ruzaba ruhaye inyiturano ikwiye abatanze igiciro cyabo babohora u Rwanda.

Madamu Jeannette Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Kamena 2023, ubwo yatangizaga ihuriro ry’Urubyiruko.

Iri huriro ry’urubyiruko rifite insanganyamatsiko igira iti “Igihango cy’Urungano” ryabereye mu Karere ka Gisagara, ryahujwe n’igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Madamu Jeannette Kagame, wifashishije indirimbo y’umuhanzi Rugamba Sipiriyani igira iti “Rungano nkwibuke, nkwizihize nkogeza, nkuvuge, nkuririmbire n’ejo.”, yavuze ko kwibuka uru rubyiruko bihuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 y’Ihuriro ry’Urubyiruko ryitwa Igihango cy’Urungano.

Yavuze ko hagendewe ku myaka y’umuntu, ufite imyaka 29, aba akuze, afite n’inshingano runaka “haba kuri we ubwe, ku muryango ndetse n’Igihugu, ndetse ab’inkwakuzi hari n’abamaze kubaka ingo zabo.”

Madamu Jeannette Kagame kandi yavuze ko nanone umwana w’imyaka 10 (isabukuru y’Ihuriro ‘Igihango cy’Urungano’) aba amaze guca akenge, yenda gusoza amashuri abanza.

Avuga ko umwanya nk’uyu, ukwiye kubera urubyiruko uwo kwigira hamwe ibyo rumaze kwiga muri iyi myaka itambutse, rukibaza na rwo uruhare rukomeza kugira.

Ati “Mu gihango twahanye cyo kubaka u Rwanda, duhagaze he? twize iki?, turinda dute ibyo twagezeho? Igihango cy’urungano ni umwanya ukomeye wo kuzirikana urubyiruko urungano rwanyu bari bafite inzozi nk’izo mufite uyu munsi, bari bafite imbaraga n’ishyaka byo gukorera Igihugu.”

Yavuze kandi ko umwanya nk’uyu, ukwiye kubera urubyiruko kuzirikana uruhare rw’ababohoye Igihugu, bari biganjemo urubyiruko nka bo.

Ati “Nagira ngo dufate uyu mwanya twongere dutekereze ku byo twagiye twiyemeza mu myaka 10 iri huriro rimaze, ese nk’uko tubyiyemeza buri mwaka muri iri huriro, tugira uruhare mu kurinda ibyagezweho? Ese uruhare rwacu ni uruhe mu kurwanya ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi? Ese ni gute mukoresha imbuga nkoranyambaga mu kwerekana ishusho ya nyayo y’Igihugu cyacu n’ukuri ku mateka yacu? Ese iyi mutashye muvuye hano, mwibuka kuganiriza abo mubana no kubasangiza ubumenyi ku mateka y’Igihugu cyacu?”

Yabibukije kandi ko ibyo u Rwanda rugezeho byose, bishinze imizi ku mbaraga z’abana b’u Rwanda biyemeje kubohora u Rwanda, barimo n’abemeye kubimenera amaraso.

Ati “Abatanze icyo kiguzi gikomeye cyo kubohora iki Gihugu cyacu bose bari bahuriye ku ndangagaciro yo gukunda Igihugu. Barirenze ndetse bitanga batizigamye kugira ngo tube dufite Igihugu cyiza kandi gitekanye. Ntabwo baduhaye Igihugu gusa ahubwo banahaye Abanyarwanda agaciro, iterambere, ubumwe, n’ibindi byinshi byiza.”

Yakomeje abaza uru rubyiruko ati “Ese twabitura iki? Nk’uko twabyibukijwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ni ubwa mbere mu mateka yacu hashize imyaka 29 nta bwicanyi bubayeho mu Rwanda.

Ntabwo dukwiye kwirara ngo aya mahoro tuyafate nk’ibisanzwe ndetse nta n’urwitwazo dufite rwatuma tudahitamo neza kuko amahitamo yacu arasobanutse.”

Yasabye urubyiruko gukomeza gukoresha imbaraga zabo mu gutanga umusanzu mu kubaka u Rwanda no kuruteza imbere, bityo ko bizaba ari inyitutano nziza y’abemeye guhara ubuzima bwabo n’imbaraga zabo barubohora.

Urubyiruko rwahawe impanuro zikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + fourteen =

Previous Post

Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

Next Post

Uko abaturage batumye Perezida w’Igihugu kimwe yirukana Minisitiri

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo
IBYAMAMARE

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko abaturage batumye Perezida w’Igihugu kimwe yirukana Minisitiri

Uko abaturage batumye Perezida w’Igihugu kimwe yirukana Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.