Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu J.Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bukomeye rukwiye guhora ruzirikana

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Madamu J.Kagame yahaye urubyiruko ubutumwa bukomeye rukwiye guhora ruzirikana
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko guhora rwibaza uruhare rwarwo mu bikorwa binyuranye, birimo kurinda ibyagezweho, kugaragaza ishusho ya nyayo y’Igihugu no kurwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi; kandi rukabishakira ibisubizo, bityo ko ruzaba ruhaye inyiturano ikwiye abatanze igiciro cyabo babohora u Rwanda.

Madamu Jeannette Kagame yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Kamena 2023, ubwo yatangizaga ihuriro ry’Urubyiruko.

Iri huriro ry’urubyiruko rifite insanganyamatsiko igira iti “Igihango cy’Urungano” ryabereye mu Karere ka Gisagara, ryahujwe n’igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Madamu Jeannette Kagame, wifashishije indirimbo y’umuhanzi Rugamba Sipiriyani igira iti “Rungano nkwibuke, nkwizihize nkogeza, nkuvuge, nkuririmbire n’ejo.”, yavuze ko kwibuka uru rubyiruko bihuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 y’Ihuriro ry’Urubyiruko ryitwa Igihango cy’Urungano.

Yavuze ko hagendewe ku myaka y’umuntu, ufite imyaka 29, aba akuze, afite n’inshingano runaka “haba kuri we ubwe, ku muryango ndetse n’Igihugu, ndetse ab’inkwakuzi hari n’abamaze kubaka ingo zabo.”

Madamu Jeannette Kagame kandi yavuze ko nanone umwana w’imyaka 10 (isabukuru y’Ihuriro ‘Igihango cy’Urungano’) aba amaze guca akenge, yenda gusoza amashuri abanza.

Avuga ko umwanya nk’uyu, ukwiye kubera urubyiruko uwo kwigira hamwe ibyo rumaze kwiga muri iyi myaka itambutse, rukibaza na rwo uruhare rukomeza kugira.

Ati “Mu gihango twahanye cyo kubaka u Rwanda, duhagaze he? twize iki?, turinda dute ibyo twagezeho? Igihango cy’urungano ni umwanya ukomeye wo kuzirikana urubyiruko urungano rwanyu bari bafite inzozi nk’izo mufite uyu munsi, bari bafite imbaraga n’ishyaka byo gukorera Igihugu.”

Yavuze kandi ko umwanya nk’uyu, ukwiye kubera urubyiruko kuzirikana uruhare rw’ababohoye Igihugu, bari biganjemo urubyiruko nka bo.

Ati “Nagira ngo dufate uyu mwanya twongere dutekereze ku byo twagiye twiyemeza mu myaka 10 iri huriro rimaze, ese nk’uko tubyiyemeza buri mwaka muri iri huriro, tugira uruhare mu kurinda ibyagezweho? Ese uruhare rwacu ni uruhe mu kurwanya ipfobya n’ihakana rya Jenoside yakorewe Abatutsi? Ese ni gute mukoresha imbuga nkoranyambaga mu kwerekana ishusho ya nyayo y’Igihugu cyacu n’ukuri ku mateka yacu? Ese iyi mutashye muvuye hano, mwibuka kuganiriza abo mubana no kubasangiza ubumenyi ku mateka y’Igihugu cyacu?”

Yabibukije kandi ko ibyo u Rwanda rugezeho byose, bishinze imizi ku mbaraga z’abana b’u Rwanda biyemeje kubohora u Rwanda, barimo n’abemeye kubimenera amaraso.

Ati “Abatanze icyo kiguzi gikomeye cyo kubohora iki Gihugu cyacu bose bari bahuriye ku ndangagaciro yo gukunda Igihugu. Barirenze ndetse bitanga batizigamye kugira ngo tube dufite Igihugu cyiza kandi gitekanye. Ntabwo baduhaye Igihugu gusa ahubwo banahaye Abanyarwanda agaciro, iterambere, ubumwe, n’ibindi byinshi byiza.”

Yakomeje abaza uru rubyiruko ati “Ese twabitura iki? Nk’uko twabyibukijwe na Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ni ubwa mbere mu mateka yacu hashize imyaka 29 nta bwicanyi bubayeho mu Rwanda.

Ntabwo dukwiye kwirara ngo aya mahoro tuyafate nk’ibisanzwe ndetse nta n’urwitwazo dufite rwatuma tudahitamo neza kuko amahitamo yacu arasobanutse.”

Yasabye urubyiruko gukomeza gukoresha imbaraga zabo mu gutanga umusanzu mu kubaka u Rwanda no kuruteza imbere, bityo ko bizaba ari inyitutano nziza y’abemeye guhara ubuzima bwabo n’imbaraga zabo barubohora.

Urubyiruko rwahawe impanuro zikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + four =

Previous Post

Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

Next Post

Uko abaturage batumye Perezida w’Igihugu kimwe yirukana Minisitiri

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko abaturage batumye Perezida w’Igihugu kimwe yirukana Minisitiri

Uko abaturage batumye Perezida w’Igihugu kimwe yirukana Minisitiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.