Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu Jeannette Kagame ari mu buyobozi bukuru bwa University of Global Health Equity (UGHE)

radiotv10by radiotv10
14/08/2021
in MU RWANDA
0
Madamu Jeannette Kagame ari mu buyobozi bukuru bwa University of Global Health Equity (UGHE)
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda (Paul Kagame), yagizwe umwe mu bahagarariye Inama y’Ubutegetsi ya Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi, University of Global Health Equity (UGHE), iherereye i Butaro mu Karere ka Burera mu Ntara y’Amajyaruguru.

Mu busanzwe, inama y’ubuyobozi bukuru bwa University of Global Health Equity (UGHE), ihagarariwe kandi na Prof Senait Fisseha, Umuyobozi wa Gahunda mpuzamahanga mu muryango udaharanira inyungu wa Buffett Foundation ukora ibikorwa by’ubugiraneza mu rwego rw’ubuzima hitabwa by’umwihariko ku bagore n’abakobwa.

Image

Abagize ubuyobozi bukuru bwa University of Global Health Equity (UGHE)

Nk’uko biri mu itangazo ryashyizweho umukono na Prof. Agnes Binagwaho uyobora iyi kaminuza, bavuga ko impamvu bazamuye ingufu z’ubuyobozi ari muri gahunda yo kuzamura ireme n’urwego rw’ubuvuzi bufite ireme no gufasha umugabane wa Afurika mu kwita no kubungabunga ikiremwa muntu bishingiye ku buvuzi buteye imbere.

Iyi nama y’ubutegetsi kandi izafasha mu guhuriza hamwe imbaraga n’ibitecyerezo by’abayobozi b’ibihugu bya Afurika ndetse n’abayobozi mu by’ubuzima ndetse n’abandi babarizwa mu bindi bice birimo abayobora gahunda zo kwimakaza umuco w’uburinganire, ubumenyi bw’isi ndetse n’abandi bafite aho bahurira na gahunda zo gufasha mu bijyanye no kwita ku itera mbere ry’ikiremwa muntu.

Binyuze mu itangazo rigenewe abanyamakuru, mu butumwa bwe Madamu Jeanette Kagame yavuze ko kugira ngo ubuzima bwiza bugere kuri bose hakenewe ingamba zihamye n’abantu b’inararibonye bafata imyanzuro ikwiriye mu nzego z’ubuzima.

Yagize ati “Kugira ngo abantu bose bahabwe serivisi z’ubuzima zinoze bakeneye kandi mu gihe nyacyo, bisaba kugenzura no guha agaciro ubuzima bwabo.”

“Kugira ngo bigerweho, dukeneye izindi ngamba zihamye, uburyo bugezweho n’amategeko agenga urwego rw’ubuzima. Dukeneye abantu b’inararibonye mu myanya ikwiriye bazi gufata imyanzuro mizima mu gihe nyacyo kugira ngo barengere uburenganzira bwa buri wese mu bijyanye n’ubuzima.”

First Lady celebrates 54 years | IGIHE

Madamu Jeannette Kagame ari mu buyobozi bukuru bwa University of Global Health Equity (UGHE)

Prof.Senait Fisseha we yavuze ko muri Afurika hakenewe Kaminuza nka UGHE zitegura abazavamo abashakashatsi, abaganga, abahanga mu bya siyansi, abashoramari n’abayobozi mu by’ubuzima n’inararibonye mu buvuzi kugira ngo bafashe uyu mugabane kwigira mu bijyanye n’ubuzima.

“Abayobozi b’icyitegererezo n’inzobere zigize inama yacu y’ubutegetsi ya Afurika nshya muri UGHE, bazafasha kaminuza yacu gushyiraho ingamba n’uburyo buzatuma ikomeza gutera imbere. Dutewe ishema no kwiyunga n’intumbero yabo, ibikorwa byabo n’umuhate bafite mu guteza imbere gahunda yo kugeza ubuzima bwiza kuri bose.” Prof.Senait Fisseha

Iyi Nama y’Ubutegetsi izatanga umusanzu mu guhuriza hamwe abayobozi ba Afurika ndetse n’abandi baturutse hirya no hino ku Isi mu nzego zitandukanye kugira ngo basangire ubunararibonye ndetse bashakire hamwe icyateza imbere inzego z’ubuzima muri Afurika, cyane ko Covid-19 yerekanye ko hakiri byinshi byo gukora.

Byitezwe kandi ko bazatanga umurongo ngenderwaho muri gahunda zitandukanye z’iterambere muri iyi kaminuza zirimo na porogaramu z’amasomo zigendanye n’ibyo Afurika ikeneye.

Imibereho yihariye ya Minisitiri w'Ubuzima Dr. Agnes Binagwaho – I will not keep silent as long as evil men are destroying our existence!

Prof. Agnes Binagwaho umuyobozi wa University of Global Health Equity (UGHE)

UGHE ubu iyobowe n’uwahoze ari Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Prof Agnes Binagwaho. Ni Kaminuza yatangiye mu 2018 itangijwe n’Umuryango udaharanira Inyungu wa Partners in Health ku bufatanye na Guverinoma y’u Rwanda, ndetse n’imiryango itandukanye nka Cummings Foundation, Bill & Melinda Gates Foundation, Kaminuza ya Havard ndetse n’iya Tufts iherereye i Boston muri Amerika.

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − six =

Previous Post

Raphaël Varane yakiriwe muri Manchester United ahabwa na nimero izamuranga

Next Post

#2022FIFAWC: Abanya-Mauritania bayobowe na Dahane Beïda nibo bazasifura umukino w’u Rwanda na Mali

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
#2022FIFAWC: Abanya-Mauritania bayobowe na Dahane Beïda nibo bazasifura umukino w’u Rwanda na Mali

#2022FIFAWC: Abanya-Mauritania bayobowe na Dahane Beïda nibo bazasifura umukino w’u Rwanda na Mali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.