Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mageragere: Ababyariye muri Gereza bahembwa nk’abandi babyeyi bose n’igikoma kikabageraho

radiotv10by radiotv10
28/04/2022
in MU RWANDA
0
Mageragere: Ababyariye muri Gereza bahembwa nk’abandi babyeyi bose n’igikoma kikabageraho

Photo/Flash

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bafungiye muri Gereza ya Nyarugenge [Mageragere] bafunzwe batwite, ndetse n’ubuyobozi bw’iyi gereza, bavuga ko umubyeyi uhabyariye, yitabwaho nk’undi mubyeyi wese wabyaye nkuko bikorwa mu muco nyarwanda.

Kubyarira muri Gereza si igitangaza kuko hari abafungwa batwite, ndetse bamara kugeramo bagakomeza guhabwa serivisi zihabwa umubyeyi utwite uri mu buzima busanzwe.

Ababyeyi bafungiye muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere, bibarutse bafunze, bavuga ko bitaweho nk’uko abandi babyeyi bitabwaho mu muco nyarwanda.

Umwe muri aba babyeyi waje muri gereza afite inda y’amezi abiri, avuga ko ubwo yari agiye kubyara, yahawe ibikoresho byose byo kwakira umwana, nk’iby’isuku ndetse n’ibinzi bizamufasha kwita kuri urwo ruhinja.

Ati “Baguha ibikoresho byose bishoboka ujyana kwa muganga hanyuma bakajya banakugemurira indyo yihariye nk’umubyeyi nyine wabyaye.”

Uyu mubyeyi kandi avuga ko bitagarukira aho kuko na nyuma y’uko uwibarutse avuye mu bitaro, yitabwaho mu gihe cy’amezi atatu.

Avuga kandi ko hano muri iyi Gereza hari irerero ku buryo rifasha abana bahavukiye ndetse n’abinjiranye n’ababyeyi babo bakikiri bato.

Ati “Bajya kwiga mu gitondo bakagaruka mu ma saa sita aho baba bari kumwe n’abarimu babashinzwe.”

Uyu mubyeyi avuga ko umwana we niyuzuza imyaka itatu, azavugana n’umuryango we ukaza ukamujyana mu rugo kuko bitemewe ko hari umubyeyi ufunganwa n’umwana uri hejuru y’imyaka itatu.

Gatoya Jaqueline na we ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge akaba ari n’umurezi w’aba bana, avuga ko muri gereza ubuzima bukomeza bityo ko ari na yo mpamvu habaho iyi gahunda yo kwita ku babyeyi baba abinjiye batwite ndetse n’abinjiranye abana bato.

Ati “Duhere ku mubyeyi utwite, iyo ageze hano, arabyara, Gereza ikamufasha neza kubera n’ibikoresho, umwana bakamurera bakamuha amata, yaba amaze kugeza igihe cyo kunywa neza, bakamuha SOSOMA.”

Umuyobozi wa Gereza ya Nyarugenge avuga ko iyo umubyeyi afunzwe yari asanzwe afite umwana utazuza imyaka itatu, yemerewe kumuzana muri Gereza kandi uwo mwana agakomeza guhabwa uburenganzira nk’ubwo yagombaga guhabwa ari mu buzima busanzwe.

Ati “Iyo bageze ku myaka itatu, tuvugana na ba bafungwa n’abagororwa na bo bakavugana n’imiryango yabo natwe tukabahuza bakavugana noneho umuryango ukaza gutwara wa mwana.”

Akomeza agaragaza uburyo abo bana bakomeza kwatabwaho mu gihe baba bakiri kumwe n’ababyeyi babo muri Gereza, ati “Ni abana bitabwaho kimwe n’abandi bana, abatoya bajya mu marerero [creche] bagahabwa amata yo kunywa, bahabwa amafunguro yo guhabwa abana.”

Muri Gereza ya Nyarugenge hafungiye imfungwa n’abagororwa barenga ibihumbi 11 barimo ab’igitsinagore bagera mu 1 500 na bo barimo abagera mu 140 bafite abana.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Hamenyekanye icyakurikiye igifungo cy’imyaka 5 cyahanishijwe Umuyobozi w’Umusigiti wishe ingurube

Next Post

I Rubavu haraturuka inkuru ibabaje y’abana bato bishwe n’umusozi wabagwiriye

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?
IBYAMAMARE

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I Rubavu haraturuka inkuru ibabaje y’abana bato bishwe n’umusozi wabagwiriye

I Rubavu haraturuka inkuru ibabaje y’abana bato bishwe n’umusozi wabagwiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Iby’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga y’umbyeyi we ubugirakabiri ntibivugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.