Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Gen Nkubito Eugene uyobora Ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, yibukije FDLR ko imigambi yayo mibisha ku Rwanda idateze kuzagerwaho, by’umwigariko avuga ko abinjira mu Gihugu ngo baje gutata aho abasirikare bari, baba barushywa n’ubusa, ahubwo ko bazajya bamubaza aho baherereye kuko we aba ahazi.

Maj Gen Nkubito Eugene yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukuboza 2024, mu kiganiro ubuyobozi bwite bwa Leta n’ubw’inzego z’umutekano ku rwego rw’Intara, bwagiranye n’abaturage bo muri iyi Ntara y’Iburengerazuba.

Ni ikiganiro cyabereye mu Kibaya kiri mu Muduhudu wa Mushinga mu Kagari ka Gasiza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu gahana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahari ibirindiro by’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Muri iyi Ntara kandi hagiye havugwa abantu binjira mu Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bikanaha icyuho abanzi, bashobora na bo kubagenderaho bakinjira mu Rwanda.

Mu kiganiro yatanze, Maj Gen Nkubito Eugene yibukije aba baturage ko bakwiye guhagarika ibikorwa nk’ibi kuko bishobora kuba intandaro yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Yagize ati “Abantu barwana no gukira, bakajya kuzana ibintu hakurya hariya bagaca mu nzira zitemewe bikaba byavamo n’ibyago bimeze gutyo. Gukora magendu ntabwo byemewe, ariko gucuruza biremewe, ayo maduka aremewe ariko ayo maduka agomba kujyamo ibintu byemewe, byaje mu buryo bwemewe.”

Byumwihariko, yagarutse ku bo muri FDLR na bo buririra kuri ibi bakinjira mu Rwanda, aho ngo baba baje gukurura amakuru y’aho Ingabo z’u Rwanda ziherereye ngo kugira ngo bazabone uko batera Igihugu.

Yavuze ko aho abasirikare b’u Rwanda baba bari haba hazwi, kandi ko baba barinze neza umutekano w’Igihugu n’abagituye, ku buryo batari bakwiye kuzanwa n’iyi mpamvu.

Ati “Abo muzabambwirire bambaze aho turi, ndababwiza ukuri niba bashaka kumenya aho abasirikare bacu bari, nibaze bambaze, nashaka anyandikire ubutumwa ati wambwira aho muri, namusibiza ngo turi aha n’aha aho turi ntabwo twihishe, ariko bareke kwangiza abaturage.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Jean Bosco Ntibitura, na we yasabye abatuye iyi Ntara, kwirinda kugwa mu mutego w’abashobora kubagusha mu migambi mibisha yabo, byumwihariko asaba ababyeyi kurinda ko abana babo bagwa muri ibi bikorwa.

Yanabasabye kandi gukomeza kugira uruhare mu kurinda umutekano w’u Rwanda, bakajya batangira amakuru ku gihe, mu gihe hari icyo babonye cyawuhungabanya, ubundi inzego z’umutekano zigakora akazi kazoo, kuko zihora ziri maso.

Guverineri mushya w’Intara y’Iburengerazuba yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe
Ubuyobozi bwa Polisi ku rwego rw’Intara na bwo bwahaye ubutumwa abaturage
Abaturage na bo biyemeje gufatanya n’inzego z’umutekano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

Next Post

Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.