Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Gen Nkubito Eugene uyobora Ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, yibukije FDLR ko imigambi yayo mibisha ku Rwanda idateze kuzagerwaho, by’umwigariko avuga ko abinjira mu Gihugu ngo baje gutata aho abasirikare bari, baba barushywa n’ubusa, ahubwo ko bazajya bamubaza aho baherereye kuko we aba ahazi.

Maj Gen Nkubito Eugene yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukuboza 2024, mu kiganiro ubuyobozi bwite bwa Leta n’ubw’inzego z’umutekano ku rwego rw’Intara, bwagiranye n’abaturage bo muri iyi Ntara y’Iburengerazuba.

Ni ikiganiro cyabereye mu Kibaya kiri mu Muduhudu wa Mushinga mu Kagari ka Gasiza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu gahana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahari ibirindiro by’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Muri iyi Ntara kandi hagiye havugwa abantu binjira mu Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bikanaha icyuho abanzi, bashobora na bo kubagenderaho bakinjira mu Rwanda.

Mu kiganiro yatanze, Maj Gen Nkubito Eugene yibukije aba baturage ko bakwiye guhagarika ibikorwa nk’ibi kuko bishobora kuba intandaro yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Yagize ati “Abantu barwana no gukira, bakajya kuzana ibintu hakurya hariya bagaca mu nzira zitemewe bikaba byavamo n’ibyago bimeze gutyo. Gukora magendu ntabwo byemewe, ariko gucuruza biremewe, ayo maduka aremewe ariko ayo maduka agomba kujyamo ibintu byemewe, byaje mu buryo bwemewe.”

Byumwihariko, yagarutse ku bo muri FDLR na bo buririra kuri ibi bakinjira mu Rwanda, aho ngo baba baje gukurura amakuru y’aho Ingabo z’u Rwanda ziherereye ngo kugira ngo bazabone uko batera Igihugu.

Yavuze ko aho abasirikare b’u Rwanda baba bari haba hazwi, kandi ko baba barinze neza umutekano w’Igihugu n’abagituye, ku buryo batari bakwiye kuzanwa n’iyi mpamvu.

Ati “Abo muzabambwirire bambaze aho turi, ndababwiza ukuri niba bashaka kumenya aho abasirikare bacu bari, nibaze bambaze, nashaka anyandikire ubutumwa ati wambwira aho muri, namusibiza ngo turi aha n’aha aho turi ntabwo twihishe, ariko bareke kwangiza abaturage.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Jean Bosco Ntibitura, na we yasabye abatuye iyi Ntara, kwirinda kugwa mu mutego w’abashobora kubagusha mu migambi mibisha yabo, byumwihariko asaba ababyeyi kurinda ko abana babo bagwa muri ibi bikorwa.

Yanabasabye kandi gukomeza kugira uruhare mu kurinda umutekano w’u Rwanda, bakajya batangira amakuru ku gihe, mu gihe hari icyo babonye cyawuhungabanya, ubundi inzego z’umutekano zigakora akazi kazoo, kuko zihora ziri maso.

Guverineri mushya w’Intara y’Iburengerazuba yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe
Ubuyobozi bwa Polisi ku rwego rw’Intara na bwo bwahaye ubutumwa abaturage
Abaturage na bo biyemeje gufatanya n’inzego z’umutekano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 14 =

Previous Post

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

Next Post

Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.