Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari
Share on FacebookShare on Twitter

Maj Gen Nkubito Eugene uyobora Ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, yibukije FDLR ko imigambi yayo mibisha ku Rwanda idateze kuzagerwaho, by’umwigariko avuga ko abinjira mu Gihugu ngo baje gutata aho abasirikare bari, baba barushywa n’ubusa, ahubwo ko bazajya bamubaza aho baherereye kuko we aba ahazi.

Maj Gen Nkubito Eugene yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 19 Ukuboza 2024, mu kiganiro ubuyobozi bwite bwa Leta n’ubw’inzego z’umutekano ku rwego rw’Intara, bwagiranye n’abaturage bo muri iyi Ntara y’Iburengerazuba.

Ni ikiganiro cyabereye mu Kibaya kiri mu Muduhudu wa Mushinga mu Kagari ka Gasiza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu gahana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahari ibirindiro by’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Muri iyi Ntara kandi hagiye havugwa abantu binjira mu Gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bikanaha icyuho abanzi, bashobora na bo kubagenderaho bakinjira mu Rwanda.

Mu kiganiro yatanze, Maj Gen Nkubito Eugene yibukije aba baturage ko bakwiye guhagarika ibikorwa nk’ibi kuko bishobora kuba intandaro yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Yagize ati “Abantu barwana no gukira, bakajya kuzana ibintu hakurya hariya bagaca mu nzira zitemewe bikaba byavamo n’ibyago bimeze gutyo. Gukora magendu ntabwo byemewe, ariko gucuruza biremewe, ayo maduka aremewe ariko ayo maduka agomba kujyamo ibintu byemewe, byaje mu buryo bwemewe.”

Byumwihariko, yagarutse ku bo muri FDLR na bo buririra kuri ibi bakinjira mu Rwanda, aho ngo baba baje gukurura amakuru y’aho Ingabo z’u Rwanda ziherereye ngo kugira ngo bazabone uko batera Igihugu.

Yavuze ko aho abasirikare b’u Rwanda baba bari haba hazwi, kandi ko baba barinze neza umutekano w’Igihugu n’abagituye, ku buryo batari bakwiye kuzanwa n’iyi mpamvu.

Ati “Abo muzabambwirire bambaze aho turi, ndababwiza ukuri niba bashaka kumenya aho abasirikare bacu bari, nibaze bambaze, nashaka anyandikire ubutumwa ati wambwira aho muri, namusibiza ngo turi aha n’aha aho turi ntabwo twihishe, ariko bareke kwangiza abaturage.”

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Jean Bosco Ntibitura, na we yasabye abatuye iyi Ntara, kwirinda kugwa mu mutego w’abashobora kubagusha mu migambi mibisha yabo, byumwihariko asaba ababyeyi kurinda ko abana babo bagwa muri ibi bikorwa.

Yanabasabye kandi gukomeza kugira uruhare mu kurinda umutekano w’u Rwanda, bakajya batangira amakuru ku gihe, mu gihe hari icyo babonye cyawuhungabanya, ubundi inzego z’umutekano zigakora akazi kazoo, kuko zihora ziri maso.

Guverineri mushya w’Intara y’Iburengerazuba yasabye abaturage kujya batangira amakuru ku gihe
Ubuyobozi bwa Polisi ku rwego rw’Intara na bwo bwahaye ubutumwa abaturage
Abaturage na bo biyemeje gufatanya n’inzego z’umutekano

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 20 =

Previous Post

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

Next Post

Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse
FOOTBALL

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

by radiotv10
09/01/2026
0

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

Igisubizo cya M23 kuri Guverinoma ya Congo yongeye gutsemba ko badateze kuganira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.