Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi uri mu ruzinduko muri Repubulika ya Centrafrique, yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu Butumwa muri iki Gihugu, anabagezaho ubutumwa bw’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Werurwe 2025, nyuma y’amasaha macye, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi atangiye uruzinduko muri Centrafrique, aho ari kumwe n’itsinda ayoboye ririmo n’Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga.

Kuri uyu wa Gatatu basuye ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye- MINUSCA ziri mu gace ka Bria muri Perefegitura ya Haute-Kotto iherereye mu Burasirazuba bw’iki Gihugu cya Repubulika ya Centrafrique.

Ubwo Maj Gen Vincent Nyakarundi yageraga aho yakiririwe, yahawe ikaze n’Umuyobozi wa Rwanda Battle Group VII, Lt Col Willy Ntagara wanamugejejeho ishusho y’umutekano n’uko ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda mu kubungabunga amahoro n’ituze, byifashe muri aka gace.

Ubuyobozi bwa RDF dukesha aya makuru, buvuga ko “Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, kandi na we yagiranye ikiganiro n’abasirikare b’u Rwanda, anabagezaho ubutumwa bwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, ubashimira ku bwo gukora kinyamwuga no kurangwa n’umuhate mu kuzuza inshingano zabo. Anashimira akazi kakozwe ku bufatanye bw’u Rwanda na UN ndetse no ku bufatanye bw’Ibihugu byombi muri CAR mu kugarura amahoro ndetse no mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.”

Muri ubu butumwa bwa Perezida Paul Kagame, Maj Gen Vincent Nyakarundi yashyikirije abasirikare b’u Rwanda, yanabasabye gukomeza guhora biteguye no kuba maso igihe cyose bari mu nshingano zabo.

Maj Gen Vincent Nyakarundi kandi yaboneyeho kugeza ku basirikare b’u Rwanda ishusho y’umutekano w’u Rwanda no mu karere ruherereyemo, abizeza ko imipaka y’Igihugu cyabo irinzwe, byumwihariko ababwira ko hakajijwe ingamba zo gukumira ibishobora guhungabanya umutekano biturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Maj Gen Vincent Nyakarundi ubwo yageraga aho yasuye abasirikare b’u Rwanda
Yagejejweho ishusho y’ibikorwa bya RDF muri Centrafrique

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 6 =

Previous Post

Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

Next Post

Rubavu: Inzoga yahawe izina rya ‘Mood’ ikomeje gutuma bamwe bakora ibidakorwa

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

by radiotv10
25/11/2025
0

A group of former soldiers from the Israel Defense Forces (IDF), including those who were injured in combat, have arrived...

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

by radiotv10
25/11/2025
0

Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Paysannat LE, ryigamo impunzi mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko...

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

by radiotv10
25/11/2025
0

Umwarimu w’imyaka 50 wigisha muri Nyanza TSS waregwaga gusambanya abana b’abakobwa babiri bacuruza ibiraha, yanabanje no kubirya ubundi akaboshyoshya akabajyana...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho
FOOTBALL

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

25/11/2025
Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Inzoga yahawe izina rya ‘Mood’ ikomeje gutuma bamwe bakora ibidakorwa

Rubavu: Inzoga yahawe izina rya ‘Mood’ ikomeje gutuma bamwe bakora ibidakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.