Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique

radiotv10by radiotv10
06/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Maj.Gen. Nyakarundi yagejeje ubutumwa bwa Perezida Kagame ku basirikare bari muri Centrafrique
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi uri mu ruzinduko muri Repubulika ya Centrafrique, yasuye abasirikare b’u Rwanda bari mu Butumwa muri iki Gihugu, anabagezaho ubutumwa bw’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, Perezida Paul Kagame.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Werurwe 2025, nyuma y’amasaha macye, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi atangiye uruzinduko muri Centrafrique, aho ari kumwe n’itsinda ayoboye ririmo n’Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga.

Kuri uyu wa Gatatu basuye ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye- MINUSCA ziri mu gace ka Bria muri Perefegitura ya Haute-Kotto iherereye mu Burasirazuba bw’iki Gihugu cya Repubulika ya Centrafrique.

Ubwo Maj Gen Vincent Nyakarundi yageraga aho yakiririwe, yahawe ikaze n’Umuyobozi wa Rwanda Battle Group VII, Lt Col Willy Ntagara wanamugejejeho ishusho y’umutekano n’uko ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda mu kubungabunga amahoro n’ituze, byifashe muri aka gace.

Ubuyobozi bwa RDF dukesha aya makuru, buvuga ko “Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, kandi na we yagiranye ikiganiro n’abasirikare b’u Rwanda, anabagezaho ubutumwa bwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, ubashimira ku bwo gukora kinyamwuga no kurangwa n’umuhate mu kuzuza inshingano zabo. Anashimira akazi kakozwe ku bufatanye bw’u Rwanda na UN ndetse no ku bufatanye bw’Ibihugu byombi muri CAR mu kugarura amahoro ndetse no mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.”

Muri ubu butumwa bwa Perezida Paul Kagame, Maj Gen Vincent Nyakarundi yashyikirije abasirikare b’u Rwanda, yanabasabye gukomeza guhora biteguye no kuba maso igihe cyose bari mu nshingano zabo.

Maj Gen Vincent Nyakarundi kandi yaboneyeho kugeza ku basirikare b’u Rwanda ishusho y’umutekano w’u Rwanda no mu karere ruherereyemo, abizeza ko imipaka y’Igihugu cyabo irinzwe, byumwihariko ababwira ko hakajijwe ingamba zo gukumira ibishobora guhungabanya umutekano biturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Maj Gen Vincent Nyakarundi ubwo yageraga aho yasuye abasirikare b’u Rwanda
Yagejejweho ishusho y’ibikorwa bya RDF muri Centrafrique

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Igikombe cy’Amahoro: Imikino imwe yasize hamenyekanye umukino w’ishiraniro wa 1/2

Next Post

Rubavu: Inzoga yahawe izina rya ‘Mood’ ikomeje gutuma bamwe bakora ibidakorwa

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Inzoga yahawe izina rya ‘Mood’ ikomeje gutuma bamwe bakora ibidakorwa

Rubavu: Inzoga yahawe izina rya ‘Mood’ ikomeje gutuma bamwe bakora ibidakorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.