Saturday, February 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Man Utd 1-1 Everton: Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga

radiotv10by radiotv10
04/10/2021
in SIPORO
0
Man Utd 1-1 Everton: Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’iki cyumweru nibwo ikipe ya Manchester United yanganyaga na Everton mu mukino w’umunsi wakarindwi wa shampiyona y’Abongereza, agashya kabaye muri uyu mukino n’uko kizigenza Cristiano Ronaldo atari mu bakinnyi 11 ba Manchester United, Ole Gunnar Solskajaer umutoza w’iyi kipe ntiyicuza kuri iki cyemezo.

Manchester United niyo yafunguye amazamu ku munota wa 43’ biciye mu gitego cya Anthony Martial, igitego cyaje kwishyurwa na Andros Townsend ku munota wa 65’.

Sky Sports inafite uburenganzira bwo kwerekana shampiyona y’Abongereza ivuga ko ubwo umukino wari urangiye, Cristiano Ronaldo atatinze mu kibuga asuhuzanya na bagenzi be ahubwo ko yahise yikubita n’umujinya mwinshi agana mu rwambariro.

Cristiano Ronaldo always scores, even when team's playing bad: Nemanja  Matic | Sports News,The Indian Express

Cristiano Ronaldo yereka bagenzi be aho bakabaye banyuza umupira

Nyuma nibwo abanyamakuru baje kubaza Ole Gunnar Solskjaer niba ntacyo yicuza ku kuba yarafashe umwanzuro wo kumubanza hanze bikarangira ikipe ibuza amanota atatu y’umunsi.

Asubiza kuri iyi ngingo, Ole Gunnar Solskjaer yateruye agira ati” Oya! Ntabwo mbyicuza na gato kuko buriya ufata ibyemezo by’igihe kirekire binajyanye n’igihe umwaka w’imikino umara. Uba ugomba kumenya uko utwara abakinnyi, ukamenya gucunga imibiri yabo. Haracyari imikino myinshi idutegereje. Ndumva rero umwanzuro nafashe wari ngombwa.”

Press Conference: Ole Gunnar Solskjaer on Maguire, Cavani, Liverpool clash  and more

Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga

Agaruka ku ngingo yo kuba yarafashe umwanzuro wo kubanzamo Edinson Cavani na Anthony Martial nk’abakinnyi bataha izamu, Ole yagize ati “Anthony Martial yabyitwayemo neza, yatsinze igitego cyiza. Edinson (Cavani) nawe mu by’ukuri akeneye iminota myinshi yo gukina kandi byanashobokaga ko yabona igitego. Tugomba gufata iyo myanzuro yose mu gihe nyacyo”

Chelsea's Thomas Tuchel Speaks On Cristiano Ronaldo Ahead of Juventus -  Sports Illustrated Chelsea FC News, Analysis and More

Cristiano Ronaldo yinjiye mu kibuga ku munota wa 55′ nyuma y’iminota 10 Manchester United yishyurwa igitego

Ole Gunnar Solskjaer avuga ko uyu mukino wabagoye mu minota ya nyuma kuko ngo abona ko hari uburyo bwinshi Manchester United yagombaga kubonamo ibitego ariko amahirwe abakinnyi barimo Fred na Ronaldo bitababareye amahire mu kuboneza mu izamu.

Ntabwo akazi gakomeye karangiye kuri Manchester United kuko nyuma y’imikino y’ibihugu, Manchester United izahita isura Leicester, yakire Liverpool, isure Tottenham inakire Manchester City. Manchester United kandi izakina na Atalanta mu mikino y’amatsinda ya UEFA Champions League.

Kugeza ubu, Manchester United iri ku mwanya wa kane n’amanota 14mu gihe ikipe ya Chelsea ari iya mbere n’amanota 16 mu mikino irindwi amakipe amaze gukina.

Liverpool yanganyije na Manchester City kuri ubu ni iya kabiri n’amanota 15 mu gihe Manchester City ari iya gatatu n’amanota 14.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 7 =

Previous Post

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Next Post

10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

by radiotv10
13/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwashimiye Ngabo Roben wari umukozi ushinzwe itumanaho n’Itangazamakuru muri iyi kipe, akaba aherutse gusezera kuri izi...

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

Hashyizwe hanze urutonde rw’amaradiyo yo mu Rwanda yemerewe kogeza Shampiyona

by radiotv10
12/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League, bwashyize hanze urutonde rw’ibigo bitanu by’amaradiyo yemerewe kogeza imikino mu buryo bw’amajwi. Iri tangazo ryashyizwe...

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

Abanyamakuru bubatse amazina mu Rwanda Rugimbana na Rutamu bagiye kongera gukorana ikiganiro nyuma y’igihe batumvikana

by radiotv10
12/02/2026
0

Abanyamakuru Rutamu Elie Joe na Rugimbana Theogene bamenyekanye mu biganiro bya siporo mu Rwanda, bakaba bamaze igihe batumvikana muri uyu...

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

Imvune ya rurangiranwa Lionel Messi yatumye ikipe ye ifata icyemezo ku mukino wa gicuti ifite

by radiotv10
12/02/2026
0

Inter Miami CF yatangaje ko umukino wa gicuti wagombaga kuyihuza na Independiente del Valle muri Puerto Rico wasubitsweho ibyumweru bibiri,...

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

Haravugwa isezera ry’abandi bakozi ba Rayon Sports

by radiotv10
12/02/2026
0

Abandi bakozi babiri b’ikipe ya Rayon Sports basezeye, nyuma ya Ngabo Roben wari ushinzwe itumanaho n’itangazamakuru by’iyi kipe, wafashe icyemezo...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye
AMAHANGA

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

by radiotv10
14/02/2026
0

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

14/02/2026
Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

14/02/2026
Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

Ruhango: Impungenge ni nyinshi nyuma yuko hadutse indwara yibasira igihingwa cy’imyumbati kibafatiye runini

14/02/2026
The New Definition of “Success” for Young People in 2026

The New Definition of “Success” for Young People in 2026

14/02/2026
Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

13/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ukunze kwibasira u Rwanda mu bibazo abaza Trump ku byarwo na Congo yongeye

Impungenge ku ikorwa ry’umuhanda Remera-Masaka no kwimuka kw’ibitaro bya CHUK

Agezweho mu myidagaduro: Umuhanzikazi Marina yatunguriwe ku rubyiniro na Yvan Muziki ahamwambikira impeta

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.