Monday, April 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Man Utd 1-1 Everton: Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga

radiotv10by radiotv10
04/10/2021
in SIPORO
0
Man Utd 1-1 Everton: Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’iki cyumweru nibwo ikipe ya Manchester United yanganyaga na Everton mu mukino w’umunsi wakarindwi wa shampiyona y’Abongereza, agashya kabaye muri uyu mukino n’uko kizigenza Cristiano Ronaldo atari mu bakinnyi 11 ba Manchester United, Ole Gunnar Solskajaer umutoza w’iyi kipe ntiyicuza kuri iki cyemezo.

Manchester United niyo yafunguye amazamu ku munota wa 43’ biciye mu gitego cya Anthony Martial, igitego cyaje kwishyurwa na Andros Townsend ku munota wa 65’.

Sky Sports inafite uburenganzira bwo kwerekana shampiyona y’Abongereza ivuga ko ubwo umukino wari urangiye, Cristiano Ronaldo atatinze mu kibuga asuhuzanya na bagenzi be ahubwo ko yahise yikubita n’umujinya mwinshi agana mu rwambariro.

Cristiano Ronaldo always scores, even when team's playing bad: Nemanja  Matic | Sports News,The Indian Express

Cristiano Ronaldo yereka bagenzi be aho bakabaye banyuza umupira

Nyuma nibwo abanyamakuru baje kubaza Ole Gunnar Solskjaer niba ntacyo yicuza ku kuba yarafashe umwanzuro wo kumubanza hanze bikarangira ikipe ibuza amanota atatu y’umunsi.

Asubiza kuri iyi ngingo, Ole Gunnar Solskjaer yateruye agira ati” Oya! Ntabwo mbyicuza na gato kuko buriya ufata ibyemezo by’igihe kirekire binajyanye n’igihe umwaka w’imikino umara. Uba ugomba kumenya uko utwara abakinnyi, ukamenya gucunga imibiri yabo. Haracyari imikino myinshi idutegereje. Ndumva rero umwanzuro nafashe wari ngombwa.”

Press Conference: Ole Gunnar Solskjaer on Maguire, Cavani, Liverpool clash  and more

Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga

Agaruka ku ngingo yo kuba yarafashe umwanzuro wo kubanzamo Edinson Cavani na Anthony Martial nk’abakinnyi bataha izamu, Ole yagize ati “Anthony Martial yabyitwayemo neza, yatsinze igitego cyiza. Edinson (Cavani) nawe mu by’ukuri akeneye iminota myinshi yo gukina kandi byanashobokaga ko yabona igitego. Tugomba gufata iyo myanzuro yose mu gihe nyacyo”

Chelsea's Thomas Tuchel Speaks On Cristiano Ronaldo Ahead of Juventus -  Sports Illustrated Chelsea FC News, Analysis and More

Cristiano Ronaldo yinjiye mu kibuga ku munota wa 55′ nyuma y’iminota 10 Manchester United yishyurwa igitego

Ole Gunnar Solskjaer avuga ko uyu mukino wabagoye mu minota ya nyuma kuko ngo abona ko hari uburyo bwinshi Manchester United yagombaga kubonamo ibitego ariko amahirwe abakinnyi barimo Fred na Ronaldo bitababareye amahire mu kuboneza mu izamu.

Ntabwo akazi gakomeye karangiye kuri Manchester United kuko nyuma y’imikino y’ibihugu, Manchester United izahita isura Leicester, yakire Liverpool, isure Tottenham inakire Manchester City. Manchester United kandi izakina na Atalanta mu mikino y’amatsinda ya UEFA Champions League.

Kugeza ubu, Manchester United iri ku mwanya wa kane n’amanota 14mu gihe ikipe ya Chelsea ari iya mbere n’amanota 16 mu mikino irindwi amakipe amaze gukina.

Liverpool yanganyije na Manchester City kuri ubu ni iya kabiri n’amanota 15 mu gihe Manchester City ari iya gatatu n’amanota 14.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − three =

Previous Post

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Next Post

10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

by radiotv10
31/03/2026
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 itsinze iya Estonia mu mukino warebwe na Perezida Paul...

IZIHERUKA

Security is an asset NOT to be taken for granted!
MU RWANDA

Security is an asset NOT to be taken for granted!

by radiotv10
05/04/2026
0

Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda

Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda

04/04/2026
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

04/04/2026
Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byageze mu 2000Frw biranarenga

04/04/2026
The Difference Between ‘Good’ and ‘Bad’ Procrastination

The Difference Between ‘Good’ and ‘Bad’ Procrastination

04/04/2026
Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

03/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Security is an asset NOT to be taken for granted!

Harimo aho umugenzi azajya yishyura 11.000 Frw: Menya ibiciro bishya by’ingendo mu Rwanda

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.