Saturday, February 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Man Utd 1-1 Everton: Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga

radiotv10by radiotv10
04/10/2021
in SIPORO
0
Man Utd 1-1 Everton: Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mpera z’iki cyumweru nibwo ikipe ya Manchester United yanganyaga na Everton mu mukino w’umunsi wakarindwi wa shampiyona y’Abongereza, agashya kabaye muri uyu mukino n’uko kizigenza Cristiano Ronaldo atari mu bakinnyi 11 ba Manchester United, Ole Gunnar Solskajaer umutoza w’iyi kipe ntiyicuza kuri iki cyemezo.

Manchester United niyo yafunguye amazamu ku munota wa 43’ biciye mu gitego cya Anthony Martial, igitego cyaje kwishyurwa na Andros Townsend ku munota wa 65’.

Sky Sports inafite uburenganzira bwo kwerekana shampiyona y’Abongereza ivuga ko ubwo umukino wari urangiye, Cristiano Ronaldo atatinze mu kibuga asuhuzanya na bagenzi be ahubwo ko yahise yikubita n’umujinya mwinshi agana mu rwambariro.

Cristiano Ronaldo always scores, even when team's playing bad: Nemanja  Matic | Sports News,The Indian Express

Cristiano Ronaldo yereka bagenzi be aho bakabaye banyuza umupira

Nyuma nibwo abanyamakuru baje kubaza Ole Gunnar Solskjaer niba ntacyo yicuza ku kuba yarafashe umwanzuro wo kumubanza hanze bikarangira ikipe ibuza amanota atatu y’umunsi.

Asubiza kuri iyi ngingo, Ole Gunnar Solskjaer yateruye agira ati” Oya! Ntabwo mbyicuza na gato kuko buriya ufata ibyemezo by’igihe kirekire binajyanye n’igihe umwaka w’imikino umara. Uba ugomba kumenya uko utwara abakinnyi, ukamenya gucunga imibiri yabo. Haracyari imikino myinshi idutegereje. Ndumva rero umwanzuro nafashe wari ngombwa.”

Press Conference: Ole Gunnar Solskjaer on Maguire, Cavani, Liverpool clash  and more

Ole Gunnar Solskjaer ntiyicuza kuba Ronaldo ataramubanje mu kibuga

Agaruka ku ngingo yo kuba yarafashe umwanzuro wo kubanzamo Edinson Cavani na Anthony Martial nk’abakinnyi bataha izamu, Ole yagize ati “Anthony Martial yabyitwayemo neza, yatsinze igitego cyiza. Edinson (Cavani) nawe mu by’ukuri akeneye iminota myinshi yo gukina kandi byanashobokaga ko yabona igitego. Tugomba gufata iyo myanzuro yose mu gihe nyacyo”

Chelsea's Thomas Tuchel Speaks On Cristiano Ronaldo Ahead of Juventus -  Sports Illustrated Chelsea FC News, Analysis and More

Cristiano Ronaldo yinjiye mu kibuga ku munota wa 55′ nyuma y’iminota 10 Manchester United yishyurwa igitego

Ole Gunnar Solskjaer avuga ko uyu mukino wabagoye mu minota ya nyuma kuko ngo abona ko hari uburyo bwinshi Manchester United yagombaga kubonamo ibitego ariko amahirwe abakinnyi barimo Fred na Ronaldo bitababareye amahire mu kuboneza mu izamu.

Ntabwo akazi gakomeye karangiye kuri Manchester United kuko nyuma y’imikino y’ibihugu, Manchester United izahita isura Leicester, yakire Liverpool, isure Tottenham inakire Manchester City. Manchester United kandi izakina na Atalanta mu mikino y’amatsinda ya UEFA Champions League.

Kugeza ubu, Manchester United iri ku mwanya wa kane n’amanota 14mu gihe ikipe ya Chelsea ari iya mbere n’amanota 16 mu mikino irindwi amakipe amaze gukina.

Liverpool yanganyije na Manchester City kuri ubu ni iya kabiri n’amanota 15 mu gihe Manchester City ari iya gatatu n’amanota 14.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + two =

Previous Post

Bizimana Djihad ntari kuri gahunda y’abakinnyi b’Amavubi Stars bazakina na Uganda

Next Post

10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko...

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

by radiotv10
06/02/2026
0

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick yatangajwe nk’Umuyobozi mushya Mukuru wa Radio SK FM, asimbura Uwera Jean...

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

by radiotv10
05/02/2026
0

Tariki 05 Gashyantare, ni umunsi havutseho ibyamamare binyuranye muri ruhago y'Isi, barimo rurangiranwa Cristiano Ronaldo uri muri ba rutahizamu b'ibihe...

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwamaze gusinyisha myugariro Ishimwe Abdoul wakiniraga Mukura VS yari yaratijwe na Intare. Ubuyobozi bwa...

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

by radiotv10
03/02/2026
0

Abatoza bose b'ikipe ya Etincelles FC barimo umutoza mukuru, Masudi Djuma, bahagaritswe nyuma y’umusaruro mubi ndetse n’umubano utari mwiza hagati...

IZIHERUKA

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?
MU RWANDA

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

by radiotv10
07/02/2026
0

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

06/02/2026
Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

06/02/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibyavugiwe mu rubanza rwa Mugisha uba muri America ukekwaho kwica agongeye mugenzi we i Kigali

06/02/2026
Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

Amakuru mashya: AU yagize icyo ivuga ku gitero AFC/M23 yagabye ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani

06/02/2026
Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

Minisitiri yagaragaje ishusho y’uburezi bw’u Rwanda mu myaka 32 ishize

06/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Tomáš Rosický, Jorge Valdano na Moussa Wagué baravutse, Abaholandi banyagiye Ababiligi ibitego 9-1…Ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

Hemejwe urupfu rw’Umujenerali ukomeye mu gisirikare cy’u Burusiya warashwe inshuro nyinshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.