Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko abaturage bo mu Kagari ka Cyarukamba mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, bavuze ko baterwa ipfunwe no gusabira serivisi mu biro byo mu nyubako ishaje itanajyanye n’igihe, ubu barishimira ko yavuguruwe.

Mu ntangiriro za Mutarama uyu mwaka, abaturage bo mu Kagari ka Cyarukamba mu Murenge wa Munyiginya bari babwiye RADIOTV10 ko babangamirwa n’inyubako y’Ibiro by’Akagari kabo.

Nyuma yuko abaturage babwiye umunyamakuru iby’ibi Biro by’Akagari akanabitangazaho inkuru, hatangiye imirimo yo kuvugurura iyi nyubako, ndetse umunyamakuru yasubiyeyo asanga kuyivugurura bigeze mu bikorwa bya nyuma.

Ibi byashimishije aba baturage bavugaga ko ibiro by’Akagari kabo byabateraga ipfunwe, bavuga ko noneho ubu batewe ishema n’uburyo iyi nyubako isa.

Uwitwa Murinda Andre yagize ati “Bari baturangaranye kubera ko nta gufasha. Ubu karasa neza cyane twishimye.”

Ntazinda Jean Paul na we yagize ati “Dushimira ko mwakoze ubuvugizi bwo kugira ngo n’uhaciye byonyine hari ibendera ry’Igihugu, rikwiye kuba ahantu hagaragara neza hari isura nziza bikagaragara ko Igihugu gifite intumbero yuko buri Munyarwanda n’umuturage wese utuye agomba kuba heza n’ubuyobozi uje agana ubwo buyobozi bikagaragara neza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yasabye aba baturage kuzabungabunga neza ibi biro by’Akagari kabo.

Yagize ati “Ni ibiro bya Leta. Leta ni abaturage. turabasaba yuko bazabungabunga biriya Biro, cyane cyane ni ahantu harimo kubakwa cyane hari kubakwa inganda iruhande rwaho bivuze ko hazajya haza abantu benshi.”

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kwizeza abaturage ko iyi nyubako nziza, izajyana na serivisi nziza zizajya ziyitangirwamo, ku buryo abazajya bagana Ibiro by’Akagari bazajya batahana akanyamuneza kubera guterwa ishema n’ibi biro, ndetse n’uko bakiriwe.

Mbere inyubako yasaga nabi bikanatera ipfunwe bamwe
Bavuga ko Ibiro by’Akagari kabo byakoreraga mu nyubako ibatera ipfunwe
Hahise hakorwa imirimo yo kuyivugurura
Ubu ibintu byarahindutse uwayibonye mbere ubu ntiyapfa kuyimenya

Ni imbere harasa neza

Yossuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Soyinka Elyse says:
    9 months ago

    Bakomereze aho rwose n’ibitari ibyo tuzabigeraho, kd turashimira RadioTV10 uburyo mudahwema kuvuganira rubanda. Imana ibagure muri byose👏👏👏

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + twelve =

Previous Post

AGEZWEHO: Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ryihuse ku bibombe byarasiwe aho M23 yakoreraga inama n’abaturage

Next Post

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.