Monday, October 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse

radiotv10by radiotv10
28/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Mbere n’ubu: Nyuma yo kunenga no kugaragaza ipfunwe ubu ibintu byahindutse
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko abaturage bo mu Kagari ka Cyarukamba mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, bavuze ko baterwa ipfunwe no gusabira serivisi mu biro byo mu nyubako ishaje itanajyanye n’igihe, ubu barishimira ko yavuguruwe.

Mu ntangiriro za Mutarama uyu mwaka, abaturage bo mu Kagari ka Cyarukamba mu Murenge wa Munyiginya bari babwiye RADIOTV10 ko babangamirwa n’inyubako y’Ibiro by’Akagari kabo.

Nyuma yuko abaturage babwiye umunyamakuru iby’ibi Biro by’Akagari akanabitangazaho inkuru, hatangiye imirimo yo kuvugurura iyi nyubako, ndetse umunyamakuru yasubiyeyo asanga kuyivugurura bigeze mu bikorwa bya nyuma.

Ibi byashimishije aba baturage bavugaga ko ibiro by’Akagari kabo byabateraga ipfunwe, bavuga ko noneho ubu batewe ishema n’uburyo iyi nyubako isa.

Uwitwa Murinda Andre yagize ati “Bari baturangaranye kubera ko nta gufasha. Ubu karasa neza cyane twishimye.”

Ntazinda Jean Paul na we yagize ati “Dushimira ko mwakoze ubuvugizi bwo kugira ngo n’uhaciye byonyine hari ibendera ry’Igihugu, rikwiye kuba ahantu hagaragara neza hari isura nziza bikagaragara ko Igihugu gifite intumbero yuko buri Munyarwanda n’umuturage wese utuye agomba kuba heza n’ubuyobozi uje agana ubwo buyobozi bikagaragara neza.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yasabye aba baturage kuzabungabunga neza ibi biro by’Akagari kabo.

Yagize ati “Ni ibiro bya Leta. Leta ni abaturage. turabasaba yuko bazabungabunga biriya Biro, cyane cyane ni ahantu harimo kubakwa cyane hari kubakwa inganda iruhande rwaho bivuze ko hazajya haza abantu benshi.”

Uyu muyobozi kandi yaboneyeho kwizeza abaturage ko iyi nyubako nziza, izajyana na serivisi nziza zizajya ziyitangirwamo, ku buryo abazajya bagana Ibiro by’Akagari bazajya batahana akanyamuneza kubera guterwa ishema n’ibi biro, ndetse n’uko bakiriwe.

Mbere inyubako yasaga nabi bikanatera ipfunwe bamwe
Bavuga ko Ibiro by’Akagari kabo byakoreraga mu nyubako ibatera ipfunwe
Hahise hakorwa imirimo yo kuyivugurura
Ubu ibintu byarahindutse uwayibonye mbere ubu ntiyapfa kuyimenya

Ni imbere harasa neza

Yossuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Soyinka Elyse says:
    8 months ago

    Bakomereze aho rwose n’ibitari ibyo tuzabigeraho, kd turashimira RadioTV10 uburyo mudahwema kuvuganira rubanda. Imana ibagure muri byose👏👏👏

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 7 =

Previous Post

AGEZWEHO: Hatangajwe ibyavuye mu iperereza ryihuse ku bibombe byarasiwe aho M23 yakoreraga inama n’abaturage

Next Post

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Related Posts

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

by radiotv10
13/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hagiye gutangira ibikorwa byo kwiyandikisha ku nkumi n'abasore bifuza kuyinjiramo ku rwego rw’abapolisi bato, birimo...

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

by radiotv10
13/10/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yongeye gukangurira abantu gukora imyitozo ngororamubiri, agaragaza iyo bakora kugira ngo bagabanye ibyago kugeza kuri...

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

Ibyagaragaye mu iperereza ku bakozi ba RBC baregwa muri dosiye ya Miliyoni 48Frw

by radiotv10
13/10/2025
0

Abakozi babiri b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC na rwiyemezamirimo umwe, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Work-Life balance: Does it really exist?

Work-Life balance: Does it really exist?

by radiotv10
13/10/2025
0

We’ve all heard the phrase “work-life balance” that perfect harmony between your career and your personal life. It sounds ideal,...

Igisubizo gihabwa abamaze imyaka itatu bafite ikibahangayikishije kirumvikanamo icyizere kitari vuba

Igisubizo gihabwa abamaze imyaka itatu bafite ikibahangayikishije kirumvikanamo icyizere kitari vuba

by radiotv10
13/10/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bamaze imyaka itatu bategereje ingurane z’imitungo...

IZIHERUKA

Uko imirwano ya AFC/M23 na Wazalendo yagenze mu gace kamwe i Walikare
AMAHANGA

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

by radiotv10
13/10/2025
0

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

13/10/2025
Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

13/10/2025
Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

Hakozwe igikorwa cyashimishije benshi mu kurangiza intambara ya Israel na Hamas

13/10/2025
Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

Inama za Minisitiri w’Ubuzima ku cyatuma umuntu agabanya ibyago byo gupfa imburagije

13/10/2025
Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

Icyo America n’u Bubiligi bavuga ku cyemezo cya Congo cyahaye itegeko FDLR

13/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Andi makuru ku gitero cya bombe zaturikiye ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amayobera ku cyatumye uruhande ruhanganye na AFC/M23 rufata icyemezo gitunguranye

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Amakuru mashya: Abifuza kwinjira muri Polisi y’u Rwanda bagaragarijwe ibisabwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.