Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Meddy na Platini P batashye amaramasa muri AFRIMA2021 yahiriye umuhanzi w’imyaka 13

radiotv10by radiotv10
22/11/2021
in IMYIDAGADURO
0
Meddy na Platini P batashye amaramasa muri AFRIMA2021 yahiriye umuhanzi w’imyaka 13
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Meddy na Platini P bahataniraga ibihembo muri AFRIMA Awards 2021, bombi nta n’umwe wabonye igihembo muri iri rushanwa ryihariwe na Shanah Manjeru w’imyaka 13 waciye agahigo ko kwegukanamo ibihembo byinshi.

Mu bihembo byaraye bitangiwe mu murwa mukuru wa Nigeria, Lagos abahanzi b’Abanyarwanda ntibabashije kwitwara neza dore ko mu byiciro bari barimo byose bakubiswe inshuro bagataha amaramasa.

Icyiciro cy’umuhanzi mwiza mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Meddy yari ahatanyemo n’abarimo Harmonize, Diamond Platnumz, Rayvanny n’abandi cyatwawe n’umugande, Eddy Kenzo watumye Abanya-Uganda bavuza impundu.

Ni mu gihe icyiciro Platini P yari arimo cyaraye gitwawe n’umunyakenyakazi Nikitake w’imyaka 19 watangiye umuziki ku myaka 3, akaba ari we wanegukanye igihembo cy’umuhanzikazi mwiza wo muri Afrika y’Ibburasirazuba.

Shanah Manjeru yabaye umuhanzi muto wa mbere mu mateka ya AFRIMA wegukanye igihembo, aniyongera ku rutonde rw’abandi banya Kenya barimo Sauti Sol na Nikitake bahacanye umucyo.

Shanah Manjeru w’imyaka 13 ni we wegukanye ibihembo byinshi

Urutonde rw’abegukanye ibihembo

  • Umuhanzikazi mwiza uteye umuhate muri Africa yabaye Shanah Manjeru
  • Umuhanzi w’umugabo mwiza muri uteye umuhate yabaye Iba One
  • Umuhanzi mwiza uteye umuhate yabaye Nikita Kering
  • Abahanzi bagize imibyinire myiza mu ndirimbo babaye: Flavour, Diamond Platnumz na Fally Ipupa
  • Umuhanzikazi mwiza mu mpahanga (Diaspora) yabaye Naomi Achu
  • Umuhanzi w’umugabo mwiza mu njyana ya ‘African Pop’ yabaye Iba One
  • Itsinda ryiza ryabaye Sauti Sol
  • Abahanzi bakoranye igihangano cyiza babaye Wizkid na Tems
  • Umuraperi mwiza mu myandikire yabaye Elow’n
  • Umuhanzikazi mwiza muri Africa y’Amajyarugu yabaye Manal Benchlikha
  • Umuhanzi mwiza w’umugabo mu Mujyaruguru ya Africa yabaye Dizzy Dros
  • Umuhanzi mwiza w’umugabo muri Africa y’Uburasirazuba icyiciro Meddy yari ahatanyemo yabaye Eddy Kenzo
  • Umuhanzikazi mwiza muri Africa yo hagati yabaye Shan L
  • Umuhanzikazi mwiza mu cyiciro cyari gihataniwe n’abarimo Rema Namakulla yabaye Nikita Kering
  • Umuhanzi mwiza muri Africa yo hagati yabaye Fally Ipupa
  • Umuhanzi mwiza muri Africa y’Amajyepfo yabaye Blaq Diamond

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Imana isekeye umuryango w’Umwana wabyimbye inda bikabije hakabura ubushobozi bwo kumuvuza

Next Post

Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wifuzaga gufungurwa

Related Posts

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Many people associate weekends with spending money, eating out, shopping, traveling, or entertainment. But enjoying your weekend doesn’t have to...

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Umunyamideri Isimbi Vestine uzwi nka Isimbi Model wari uherutse kugaragaza amafoto yenda kwibaruka, yagaragaje amashimwe yuko yibarutse umwana we n’umugabo...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wifuzaga gufungurwa

Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Caleb wabaye PS muri MINECOFIN wifuzaga gufungurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.