Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo mu cyiciro cy’Abajenerali na bo barimo babiri bafite ipeti rya Major General n’abandi barindwi bafite irya Brigadier General.

Itangazo ryemeza iki kiruhuko, ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025 nk’uko ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda.

Mu basirikare bo mu cyiciro cy’Abajenelari bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, barimo babiri bafite ipeti rya Major General, ari bo Maj Gen (Rtd) Andrew Kagame, na Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza.

Barimo kandi barindwi bafite ipeti rya Brigadier General, ari bo Brig Gen (Rtd) Joseph Demali, Brig Gen (Rtd) Fred Muziraguharara, Brig Gen (Rtd) James Ruzibiza, Brig Gen (Rtd) Frank Mutembe, Brig Gen (Rtd) Pascal Muhizi, Brig Gen (Rtd) Nelson Rwigema, na Brig Gen (Rtd) Jean Paul Karangwa.

Umugaba w’Ikirenga wa RDF kandi yemeje ikiruhuko cy’abasirikare 120 bo mu cyiciro cy’Abofisiye bakuru ndetse no ku bandi 26 bo mu cyiciro cy’Abofisiye bato, ndetse n’abandi basirikare 927 bafite andi mapeti.

Mu ibirori byo gusezerera aba basirikare byabaye ku wa Mbere tariki 28 Nyakanga 2025 ku Cyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza wavuze mu izina rya bagenzi be, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye yabereye urugero aba basirikare bakabasha kuzuza inshingano zabo neza.

Yagize ati “Turashima byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF ku bw’icyerekezo cy’indashyikirwa n’imirongo ngenderwaho ihamye yahaye Ingabo z’u Rwanda.”

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda wayoboye umuhango wo gusezerera aba basirikare mu izina rya Perezida wa Repubulika, yavuze ko Igihugu kibashimira akazi keza bagikoreye, kandi abizeza ko bazakomeza kuba abagize umuryango wa RDF.

Maj Gen (Rtd) Gumisiriza
Maj Gen (Rtd) Andrew Kagame
Brig Gen (Rtd) Pascal Muhizi wigeze kuyobora Ingabo ziri mu butumwa i Cabo Delgado na we ari mu bashyizwe mu kiruhuko
Brig Gen (Rtd) Frank Mutembe
Brig Gen (Rtd) Joseph Demali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − sixteen =

Previous Post

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Next Post

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Related Posts

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

by radiotv10
16/09/2025
0

The Government of Rwanda has announced that by 2025, households with access to electricity have reached 85%, up from less...

IZIHERUKA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar
MU RWANDA

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.