Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

radiotv10by radiotv10
30/07/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo mu cyiciro cy’Abajenerali na bo barimo babiri bafite ipeti rya Major General n’abandi barindwi bafite irya Brigadier General.

Itangazo ryemeza iki kiruhuko, ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Nyakanga 2025 nk’uko ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda.

Mu basirikare bo mu cyiciro cy’Abajenelari bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, barimo babiri bafite ipeti rya Major General, ari bo Maj Gen (Rtd) Andrew Kagame, na Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza.

Barimo kandi barindwi bafite ipeti rya Brigadier General, ari bo Brig Gen (Rtd) Joseph Demali, Brig Gen (Rtd) Fred Muziraguharara, Brig Gen (Rtd) James Ruzibiza, Brig Gen (Rtd) Frank Mutembe, Brig Gen (Rtd) Pascal Muhizi, Brig Gen (Rtd) Nelson Rwigema, na Brig Gen (Rtd) Jean Paul Karangwa.

Umugaba w’Ikirenga wa RDF kandi yemeje ikiruhuko cy’abasirikare 120 bo mu cyiciro cy’Abofisiye bakuru ndetse no ku bandi 26 bo mu cyiciro cy’Abofisiye bato, ndetse n’abandi basirikare 927 bafite andi mapeti.

Mu ibirori byo gusezerera aba basirikare byabaye ku wa Mbere tariki 28 Nyakanga 2025 ku Cyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza wavuze mu izina rya bagenzi be, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere ye yabereye urugero aba basirikare bakabasha kuzuza inshingano zabo neza.

Yagize ati “Turashima byimazeyo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF ku bw’icyerekezo cy’indashyikirwa n’imirongo ngenderwaho ihamye yahaye Ingabo z’u Rwanda.”

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda wayoboye umuhango wo gusezerera aba basirikare mu izina rya Perezida wa Repubulika, yavuze ko Igihugu kibashimira akazi keza bagikoreye, kandi abizeza ko bazakomeza kuba abagize umuryango wa RDF.

Maj Gen (Rtd) Gumisiriza
Maj Gen (Rtd) Andrew Kagame
Brig Gen (Rtd) Pascal Muhizi wigeze kuyobora Ingabo ziri mu butumwa i Cabo Delgado na we ari mu bashyizwe mu kiruhuko
Brig Gen (Rtd) Frank Mutembe
Brig Gen (Rtd) Joseph Demali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 5 =

Previous Post

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Next Post

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.