Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya abandi banyacyubahiro bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame byemejwe burundu ko yatsinze

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya abandi banyacyubahiro bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame byemejwe burundu ko yatsinze
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi barimo Abakuru b’Ibihugu binyuranye ku Isi, bakomeje gushimira Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, barimo Xi Jinping w’u Bushinwa wavuze ko yishimiye gukomeza gukorana na we muri Politiki y’ubwubahane n’ubwizerane.

Kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje amajwi y’ibya burundu byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika, agaragaza ko Perezida Paul Kagame yatsinze ku majwi 99,18%.

Aya majwi atangajwe nyuma y’icyumweru kimwe hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora, ndetse na nyuma y’iminsi micye hatangajwe iby’agateganyo.

Kuva hatangazwa aya majwi, abayobozi banyuranye mu nguni zose z’Isi, biganjemo Abakuru b’Ibihugu, bagaragaje ko bishimiye intsinzi ya Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Nyakanga 2024, Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping na we yashimiye mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kuba yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Xi’s Moments gitangaza amakuru ya Perezida Xi Jinping, cyagize kiti “Perezida Xi Jinping yoherereje Paul Kagame ubutumwa bwo kumushimira kuri uyu wa Kabiri, ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda.”

Iki gitangazamakuru kandi gikomeza kivuga ko Xi Jinping “Yatangaje ko afite ubushake bwo gukomeza gukorana na Kagame mu kwagura imikoranire y’Ibihugu byombi ikagera ku rundi rwego rushimishije.”

Muri ubu butumwa bwa Xi Jinping, yagize ati “Niteguye gukomeza gukorana nawe Nyakubahwa Perezida mu gukomeza Politiki yacu y’ubwubahane n’ubwizerane, no kwagura imikoranire mu nzego zinyuranye ndetse no guteza imbere umubano w’Ibihugu byacu byombi ukagera ku rwego rushya.”

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, na we washimiye Perezida Kagame, yavuze ko yishimiye “kuba wongeye gutorwa, bishimangira icyizere ufitiwe n’Abanyagihugu banyu mu miyoborere yanyu no kurebera kure Igihugu cyanyu.”

Perezida wa Togo yakomeje kandi ashimira Abanyarwanda mu izina ry’Abanya-Togo, ababwira ko bishimiye kuba bongeye gutora Perezida Paul Kagame.

Ati “Nizeye kandi ko iyi manda nshya izaba iyo gukomeza kwagura umubano mu mikoranire hagati y’Ibihugu byacu mu buvandimwe bw’abaturage bacu.”

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Mousa Faki Mahamat na we yashimiye Perezida Kagame ku kuba yongeye gutorwa nk’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Ati “Niteguye gukomeza gukorana na Guverinoma muri iki gihe cy’imiyoborere yawe mu kugera ku ntego z’Umugabane duhuriyeho z’amahoro, iterambere n’ubusugire.”

Perezida Paul Kagame kandi na we mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri, yashimiye inshuti z’abayobozi b’Ibihugu, bamushimiye kuba yarongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, abizeza kuzakomeza gukorana na bo neza.

Perezida Kagame na Madamu muri Nyakanga 2018 ubwo bakiraga Xi Jimping na Madamu
Perezida Kagame na mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé
Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat na we yishimiye intsinzi ya Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 13 =

Previous Post

Ethiopia: Imibare mishya y’abahitanywe n’ikiza kidasanzwe yikubye gatatu

Next Post

BREAKING: Hagiye hanze urutonde rw’Abadepite bashya b’u Rwanda… Menya umubare w’abagore

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya imyanya imitwe ya Politiki yagize mu Nteko Ishinga Amategeko unasobanukirwe uburyo iboneka

BREAKING: Hagiye hanze urutonde rw’Abadepite bashya b’u Rwanda… Menya umubare w’abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.