Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya abandi banyacyubahiro bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame byemejwe burundu ko yatsinze

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya abandi banyacyubahiro bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame byemejwe burundu ko yatsinze
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi barimo Abakuru b’Ibihugu binyuranye ku Isi, bakomeje gushimira Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, barimo Xi Jinping w’u Bushinwa wavuze ko yishimiye gukomeza gukorana na we muri Politiki y’ubwubahane n’ubwizerane.

Kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje amajwi y’ibya burundu byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika, agaragaza ko Perezida Paul Kagame yatsinze ku majwi 99,18%.

Aya majwi atangajwe nyuma y’icyumweru kimwe hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora, ndetse na nyuma y’iminsi micye hatangajwe iby’agateganyo.

Kuva hatangazwa aya majwi, abayobozi banyuranye mu nguni zose z’Isi, biganjemo Abakuru b’Ibihugu, bagaragaje ko bishimiye intsinzi ya Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Nyakanga 2024, Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping na we yashimiye mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kuba yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Xi’s Moments gitangaza amakuru ya Perezida Xi Jinping, cyagize kiti “Perezida Xi Jinping yoherereje Paul Kagame ubutumwa bwo kumushimira kuri uyu wa Kabiri, ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda.”

Iki gitangazamakuru kandi gikomeza kivuga ko Xi Jinping “Yatangaje ko afite ubushake bwo gukomeza gukorana na Kagame mu kwagura imikoranire y’Ibihugu byombi ikagera ku rundi rwego rushimishije.”

Muri ubu butumwa bwa Xi Jinping, yagize ati “Niteguye gukomeza gukorana nawe Nyakubahwa Perezida mu gukomeza Politiki yacu y’ubwubahane n’ubwizerane, no kwagura imikoranire mu nzego zinyuranye ndetse no guteza imbere umubano w’Ibihugu byacu byombi ukagera ku rwego rushya.”

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, na we washimiye Perezida Kagame, yavuze ko yishimiye “kuba wongeye gutorwa, bishimangira icyizere ufitiwe n’Abanyagihugu banyu mu miyoborere yanyu no kurebera kure Igihugu cyanyu.”

Perezida wa Togo yakomeje kandi ashimira Abanyarwanda mu izina ry’Abanya-Togo, ababwira ko bishimiye kuba bongeye gutora Perezida Paul Kagame.

Ati “Nizeye kandi ko iyi manda nshya izaba iyo gukomeza kwagura umubano mu mikoranire hagati y’Ibihugu byacu mu buvandimwe bw’abaturage bacu.”

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Mousa Faki Mahamat na we yashimiye Perezida Kagame ku kuba yongeye gutorwa nk’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Ati “Niteguye gukomeza gukorana na Guverinoma muri iki gihe cy’imiyoborere yawe mu kugera ku ntego z’Umugabane duhuriyeho z’amahoro, iterambere n’ubusugire.”

Perezida Paul Kagame kandi na we mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri, yashimiye inshuti z’abayobozi b’Ibihugu, bamushimiye kuba yarongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, abizeza kuzakomeza gukorana na bo neza.

Perezida Kagame na Madamu muri Nyakanga 2018 ubwo bakiraga Xi Jimping na Madamu
Perezida Kagame na mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé
Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat na we yishimiye intsinzi ya Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − four =

Previous Post

Ethiopia: Imibare mishya y’abahitanywe n’ikiza kidasanzwe yikubye gatatu

Next Post

BREAKING: Hagiye hanze urutonde rw’Abadepite bashya b’u Rwanda… Menya umubare w’abagore

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya imyanya imitwe ya Politiki yagize mu Nteko Ishinga Amategeko unasobanukirwe uburyo iboneka

BREAKING: Hagiye hanze urutonde rw’Abadepite bashya b’u Rwanda… Menya umubare w’abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.