Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya abandi banyacyubahiro bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame byemejwe burundu ko yatsinze

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya abandi banyacyubahiro bishimiye intsinzi ya Perezida Kagame byemejwe burundu ko yatsinze
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi barimo Abakuru b’Ibihugu binyuranye ku Isi, bakomeje gushimira Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, barimo Xi Jinping w’u Bushinwa wavuze ko yishimiye gukomeza gukorana na we muri Politiki y’ubwubahane n’ubwizerane.

Kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nyakanga 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yatangaje amajwi y’ibya burundu byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika, agaragaza ko Perezida Paul Kagame yatsinze ku majwi 99,18%.

Aya majwi atangajwe nyuma y’icyumweru kimwe hatangajwe iby’ibanze byavuye mu matora, ndetse na nyuma y’iminsi micye hatangajwe iby’agateganyo.

Kuva hatangazwa aya majwi, abayobozi banyuranye mu nguni zose z’Isi, biganjemo Abakuru b’Ibihugu, bagaragaje ko bishimiye intsinzi ya Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Nyakanga 2024, Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping na we yashimiye mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kuba yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Amakuru dukesha ikinyamakuru Xi’s Moments gitangaza amakuru ya Perezida Xi Jinping, cyagize kiti “Perezida Xi Jinping yoherereje Paul Kagame ubutumwa bwo kumushimira kuri uyu wa Kabiri, ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda.”

Iki gitangazamakuru kandi gikomeza kivuga ko Xi Jinping “Yatangaje ko afite ubushake bwo gukomeza gukorana na Kagame mu kwagura imikoranire y’Ibihugu byombi ikagera ku rundi rwego rushimishije.”

Muri ubu butumwa bwa Xi Jinping, yagize ati “Niteguye gukomeza gukorana nawe Nyakubahwa Perezida mu gukomeza Politiki yacu y’ubwubahane n’ubwizerane, no kwagura imikoranire mu nzego zinyuranye ndetse no guteza imbere umubano w’Ibihugu byacu byombi ukagera ku rwego rushya.”

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé, na we washimiye Perezida Kagame, yavuze ko yishimiye “kuba wongeye gutorwa, bishimangira icyizere ufitiwe n’Abanyagihugu banyu mu miyoborere yanyu no kurebera kure Igihugu cyanyu.”

Perezida wa Togo yakomeje kandi ashimira Abanyarwanda mu izina ry’Abanya-Togo, ababwira ko bishimiye kuba bongeye gutora Perezida Paul Kagame.

Ati “Nizeye kandi ko iyi manda nshya izaba iyo gukomeza kwagura umubano mu mikoranire hagati y’Ibihugu byacu mu buvandimwe bw’abaturage bacu.”

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Mousa Faki Mahamat na we yashimiye Perezida Kagame ku kuba yongeye gutorwa nk’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda.

Ati “Niteguye gukomeza gukorana na Guverinoma muri iki gihe cy’imiyoborere yawe mu kugera ku ntego z’Umugabane duhuriyeho z’amahoro, iterambere n’ubusugire.”

Perezida Paul Kagame kandi na we mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri, yashimiye inshuti z’abayobozi b’Ibihugu, bamushimiye kuba yarongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, abizeza kuzakomeza gukorana na bo neza.

Perezida Kagame na Madamu muri Nyakanga 2018 ubwo bakiraga Xi Jimping na Madamu
Perezida Kagame na mugenzi we wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé
Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat na we yishimiye intsinzi ya Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − thirteen =

Previous Post

Ethiopia: Imibare mishya y’abahitanywe n’ikiza kidasanzwe yikubye gatatu

Next Post

BREAKING: Hagiye hanze urutonde rw’Abadepite bashya b’u Rwanda… Menya umubare w’abagore

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya imyanya imitwe ya Politiki yagize mu Nteko Ishinga Amategeko unasobanukirwe uburyo iboneka

BREAKING: Hagiye hanze urutonde rw’Abadepite bashya b’u Rwanda… Menya umubare w’abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.