Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi bakomeye mu Bihugu bitandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu, bakomeje kugaragaza ko bishimiye intsinze ya Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda ku majwi 99%, bakamwifuriza ishya n’ihirwe.

Ni nyuma y’uko mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 15 rishyira ku ya 16 Nyakanga 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora igaragaje ko mu majwi 78% amaze kubarurwa, Paul Kagame yagize 99,15%.

Abakuru b’Ibihugu batandukanye, bakomeje kwifuriza Paul Kagame ishya n’ihirwe ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Perezida William Ruto wa Kenya, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko “Mu izina ry’abaturage na Guverinoma ya Kenya, nishimiye koherereza ishya n’ihirwe ku bwo kongera gutorerwa indi manda nka Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.”

Perezida William Ruto yavuze ko Abanyakenya bifatanyije n’Abanyarwanda ku bw’amahitamo yabo meza ndetse no kuba Umukuru w’Igihugu cyabo yongeye gutorerwa kubayobora mu nzira z’amahoro, ituze n’uburumbuke.

Ati “Niteguye gukomeza gukorana nawe mu karere ndetse no muri gahunda za Afurika mu gukomeza gutsimbataza umubano mu bufatanye n’ubuvandimwe hagati y’Abanyakenya n’Abanyarwanda.”

Perezida Madamu Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, na we yagaragaje ko yishimiye intsinzi ya Perezida Paul Kagame, aho na we yavuze ko mu izina rya Guverinoma y’Igihugu cye ndetse n’abaturage bacyo, bishimiye ko yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Ati “Nishimiye gukomeza gukorana nawe mu kwagura umubano hagati y’Ibihugu byacu byombi, ndetse no gukomeza kwimakaza ubumwe n’iterambere rya Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, na we yashimiye Perezida Kagame ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Filipe Nyusi usanzwe ari n’inshuti ya Perezida Kagame, yagize ati “Tubifurije ishya n’ihirwe muri manda nshya mwatorewe n’abaturage b’u Rwanda.”

Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Mokhtar Sissoco Embaló na we yagize ati “Mu izina rya Guinee Bissau, ndagushimiye Perezida Paul Kagame, ku bwo kongera gutorwa. Ndabifuriza amahirwe masa muri manda nshya yo kongera guha imbaraga amahoro, ubukungu n’iterambere.”

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina na we yagize ati “Mu izina ry’Abanya-Malagasy, nifurije ishya n’ihirwe umuvandimwe wanjye Paul Kagame ku bwo kongera gutorwa ku majwi 99,15% nk’uko bigaragazwa n’ibyavuye mu matora by’agateganyo. Twifurike u Rwanda amahoro n’uburumbuke.”

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali na we yashimiye “Perezida Paul Kagame ku bwo kongera gutorwa. Ndakwifuriza kuzesa imihigo muri iyi manda yawe igiye kuza. Ndifuriza u Rwanda gukomeza kugira imiyoborere izana ituze n’amajyambere.”

Perezida Paul Kagame, mu ijoro ryatangarijwemo amajwi y’agateganyo, yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere bakamutora, ndetse abibutsa ko akazi gakomeye kari imbere ko gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

Perezida Kagame na Samia Suluhu Hassan wa Tanzania
Perezida Kagame na Filipe Nyusi wa Mozambique
Perezida Kagame na Sissoco Embaló wa Guinea Bissau
Perezida Kagame na Andry Rajoelina wa Madagascar
Perezida Kagame muri 2018 ubwo yagendereraga Ethiopia yagabiwe Inka y’imbyeyi n’iyayo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Umuhanzikazi Nyarwanda yitandukanyije n’uwamwiyitiriye akagira icyo avuga ku bahanzi bakiriwe na Perezida Kagame

Next Post

Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite

Related Posts

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

IZIHERUKA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka
AMAHANGA

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

by radiotv10
17/11/2025
0

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite

Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Eng.-DRC and Burundi enter new cooperation after Military Collaboration

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.