Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho

radiotv10by radiotv10
17/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
UPDATE: Menya Abaperezida bamaze kugaragaza ko bishimiye intsinzi ya Kagame n’ibyo bamuvugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi bakomeye mu Bihugu bitandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu, bakomeje kugaragaza ko bishimiye intsinze ya Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda ku majwi 99%, bakamwifuriza ishya n’ihirwe.

Ni nyuma y’uko mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 15 rishyira ku ya 16 Nyakanga 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora igaragaje ko mu majwi 78% amaze kubarurwa, Paul Kagame yagize 99,15%.

Abakuru b’Ibihugu batandukanye, bakomeje kwifuriza Paul Kagame ishya n’ihirwe ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Perezida William Ruto wa Kenya, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, yavuze ko “Mu izina ry’abaturage na Guverinoma ya Kenya, nishimiye koherereza ishya n’ihirwe ku bwo kongera gutorerwa indi manda nka Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.”

Perezida William Ruto yavuze ko Abanyakenya bifatanyije n’Abanyarwanda ku bw’amahitamo yabo meza ndetse no kuba Umukuru w’Igihugu cyabo yongeye gutorerwa kubayobora mu nzira z’amahoro, ituze n’uburumbuke.

Ati “Niteguye gukomeza gukorana nawe mu karere ndetse no muri gahunda za Afurika mu gukomeza gutsimbataza umubano mu bufatanye n’ubuvandimwe hagati y’Abanyakenya n’Abanyarwanda.”

Perezida Madamu Samia Suluhu Hassan wa Tanzania, na we yagaragaje ko yishimiye intsinzi ya Perezida Paul Kagame, aho na we yavuze ko mu izina rya Guverinoma y’Igihugu cye ndetse n’abaturage bacyo, bishimiye ko yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Ati “Nishimiye gukomeza gukorana nawe mu kwagura umubano hagati y’Ibihugu byacu byombi, ndetse no gukomeza kwimakaza ubumwe n’iterambere rya Afurika y’Iburasirazuba.”

Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, na we yashimiye Perezida Kagame ku bwo kongera gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Filipe Nyusi usanzwe ari n’inshuti ya Perezida Kagame, yagize ati “Tubifurije ishya n’ihirwe muri manda nshya mwatorewe n’abaturage b’u Rwanda.”

Perezida wa Guinea-Bissau, Umaro Mokhtar Sissoco Embaló na we yagize ati “Mu izina rya Guinee Bissau, ndagushimiye Perezida Paul Kagame, ku bwo kongera gutorwa. Ndabifuriza amahirwe masa muri manda nshya yo kongera guha imbaraga amahoro, ubukungu n’iterambere.”

Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina na we yagize ati “Mu izina ry’Abanya-Malagasy, nifurije ishya n’ihirwe umuvandimwe wanjye Paul Kagame ku bwo kongera gutorwa ku majwi 99,15% nk’uko bigaragazwa n’ibyavuye mu matora by’agateganyo. Twifurike u Rwanda amahoro n’uburumbuke.”

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali na we yashimiye “Perezida Paul Kagame ku bwo kongera gutorwa. Ndakwifuriza kuzesa imihigo muri iyi manda yawe igiye kuza. Ndifuriza u Rwanda gukomeza kugira imiyoborere izana ituze n’amajyambere.”

Perezida Paul Kagame, mu ijoro ryatangarijwemo amajwi y’agateganyo, yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere bakamutora, ndetse abibutsa ko akazi gakomeye kari imbere ko gushyira mu bikorwa ibyo biyemeje.

Perezida Kagame na Samia Suluhu Hassan wa Tanzania
Perezida Kagame na Filipe Nyusi wa Mozambique
Perezida Kagame na Sissoco Embaló wa Guinea Bissau
Perezida Kagame na Andry Rajoelina wa Madagascar
Perezida Kagame muri 2018 ubwo yagendereraga Ethiopia yagabiwe Inka y’imbyeyi n’iyayo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Umuhanzikazi Nyarwanda yitandukanyije n’uwamwiyitiriye akagira icyo avuga ku bahanzi bakiriwe na Perezida Kagame

Next Post

Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite

Ubutumwa bwa Dr.Habineza nyuma y’uko ishyaka rye ritsinzwe Amatora ya Perezida rigatsinda ay’Abadepite

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.