Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Chelsea FC yemeje ko yasinyishije umunyezamu mushya ari we Filip Jorgensen kuri miliyoni 21 z’Ama-Pounds [arenga miliyari 34 Frw], na we ahita avuga ko byahoze ari inzozi ze kuza muri iyi kipe avuga ko iri mu za mbere nziza ku Isi.

Chelsea yasinyishije uyu munyezamu, Filip Jorgensen, imukuye mu ikipe ya Villarreal yo muri Espagne, aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka irindwi (7).

Uyu Filip Jorgensen, Umunya-Denmark w’imyaka 22 y’amavuko, yakiniye Villarreal imikino 37 mu mwaka w’imikino ushize, nyuma yo kuba umunyezamu wa mbere w’iyi kipe.

Filip Jorgensen, wavukiye mu Gihugu cya Suède akaza no kugikinira mu byiciro by’abana, yaje guhitamo gukinira ikipe y’Igihugu ya Denmark, aho ababyeyi be bakomoka, ahera mu bari munsi y’imyaka 21.

Filip Jorgensen, ubwo yari afite imyaka 15, yerecyeje muri Espagne, mu ikipe y’abato ya Villarreal, ayikuriramo kugeza mu kwezi k’Ukwakira 2020 ubwo yakinaga umukino we wa mbere mu ikipe nkuru yayo, yo mu cyiciro cya 2 (Villarreal B).

Filip Jorgensen, witezweho kurwanira umwanya wa mbere n’umunyezamu w’Umunya-Espagne Robert Sanchez, mu ikipe ya Chelsea, yishimiye kuza muri iyi kipe yo mu Bwongereza.

Yagize ati “Kuza muri iyi kipe ni inzozi zibaye impamo, nejejwe cyane no kuba nasinyiye Chelsea, imwe mu makipe akomeye cyane ku isi, sinjye uzarota menyanye na buri wese wo muri iyi kipe, ngatangira gukinana n’abakinnyi bose bashya bagenzi banjye.”

Ubu ikipe ya Chelsea iri muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho isigaranye imikino 3 itegura umwaka w’imikino utaha, bikaba bishoboka ko uyu Filip Jorgensen ashobora kugaragara ku mikino bafitanye na Club America, Manchester City cyangwa Real Madrid, mbere y’uko basubira mu gihugu cy’u Bwongereza, dore ko ku ya 18 Kanama 2024, ari bwo bazatangira bakira Manchester City muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, English Premier League 2024-2025.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Icyo Loni ibona kigiye gukurikiraho nyuma y’ibyo u Rwanda na Congo bemeranyijweho

Next Post

Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Why do young people quit jobs after a few months?
MU RWANDA

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

17/09/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

Uwamamaye mu kiganiro gikunzwe byamenyekanye ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye n’umunyamakuru

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why do young people quit jobs after a few months?

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi Cardi B yatangaje ko atwite umwana wa kane

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.