Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Chelsea FC yemeje ko yasinyishije umunyezamu mushya ari we Filip Jorgensen kuri miliyoni 21 z’Ama-Pounds [arenga miliyari 34 Frw], na we ahita avuga ko byahoze ari inzozi ze kuza muri iyi kipe avuga ko iri mu za mbere nziza ku Isi.

Chelsea yasinyishije uyu munyezamu, Filip Jorgensen, imukuye mu ikipe ya Villarreal yo muri Espagne, aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka irindwi (7).

Uyu Filip Jorgensen, Umunya-Denmark w’imyaka 22 y’amavuko, yakiniye Villarreal imikino 37 mu mwaka w’imikino ushize, nyuma yo kuba umunyezamu wa mbere w’iyi kipe.

Filip Jorgensen, wavukiye mu Gihugu cya Suède akaza no kugikinira mu byiciro by’abana, yaje guhitamo gukinira ikipe y’Igihugu ya Denmark, aho ababyeyi be bakomoka, ahera mu bari munsi y’imyaka 21.

Filip Jorgensen, ubwo yari afite imyaka 15, yerecyeje muri Espagne, mu ikipe y’abato ya Villarreal, ayikuriramo kugeza mu kwezi k’Ukwakira 2020 ubwo yakinaga umukino we wa mbere mu ikipe nkuru yayo, yo mu cyiciro cya 2 (Villarreal B).

Filip Jorgensen, witezweho kurwanira umwanya wa mbere n’umunyezamu w’Umunya-Espagne Robert Sanchez, mu ikipe ya Chelsea, yishimiye kuza muri iyi kipe yo mu Bwongereza.

Yagize ati “Kuza muri iyi kipe ni inzozi zibaye impamo, nejejwe cyane no kuba nasinyiye Chelsea, imwe mu makipe akomeye cyane ku isi, sinjye uzarota menyanye na buri wese wo muri iyi kipe, ngatangira gukinana n’abakinnyi bose bashya bagenzi banjye.”

Ubu ikipe ya Chelsea iri muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho isigaranye imikino 3 itegura umwaka w’imikino utaha, bikaba bishoboka ko uyu Filip Jorgensen ashobora kugaragara ku mikino bafitanye na Club America, Manchester City cyangwa Real Madrid, mbere y’uko basubira mu gihugu cy’u Bwongereza, dore ko ku ya 18 Kanama 2024, ari bwo bazatangira bakira Manchester City muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, English Premier League 2024-2025.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − twelve =

Previous Post

Icyo Loni ibona kigiye gukurikiraho nyuma y’ibyo u Rwanda na Congo bemeranyijweho

Next Post

Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.