Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
01/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Menya akayabo kaguzwe umunyezamu mushya w’ikipe ikomeye mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Chelsea FC yemeje ko yasinyishije umunyezamu mushya ari we Filip Jorgensen kuri miliyoni 21 z’Ama-Pounds [arenga miliyari 34 Frw], na we ahita avuga ko byahoze ari inzozi ze kuza muri iyi kipe avuga ko iri mu za mbere nziza ku Isi.

Chelsea yasinyishije uyu munyezamu, Filip Jorgensen, imukuye mu ikipe ya Villarreal yo muri Espagne, aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka irindwi (7).

Uyu Filip Jorgensen, Umunya-Denmark w’imyaka 22 y’amavuko, yakiniye Villarreal imikino 37 mu mwaka w’imikino ushize, nyuma yo kuba umunyezamu wa mbere w’iyi kipe.

Filip Jorgensen, wavukiye mu Gihugu cya Suède akaza no kugikinira mu byiciro by’abana, yaje guhitamo gukinira ikipe y’Igihugu ya Denmark, aho ababyeyi be bakomoka, ahera mu bari munsi y’imyaka 21.

Filip Jorgensen, ubwo yari afite imyaka 15, yerecyeje muri Espagne, mu ikipe y’abato ya Villarreal, ayikuriramo kugeza mu kwezi k’Ukwakira 2020 ubwo yakinaga umukino we wa mbere mu ikipe nkuru yayo, yo mu cyiciro cya 2 (Villarreal B).

Filip Jorgensen, witezweho kurwanira umwanya wa mbere n’umunyezamu w’Umunya-Espagne Robert Sanchez, mu ikipe ya Chelsea, yishimiye kuza muri iyi kipe yo mu Bwongereza.

Yagize ati “Kuza muri iyi kipe ni inzozi zibaye impamo, nejejwe cyane no kuba nasinyiye Chelsea, imwe mu makipe akomeye cyane ku isi, sinjye uzarota menyanye na buri wese wo muri iyi kipe, ngatangira gukinana n’abakinnyi bose bashya bagenzi banjye.”

Ubu ikipe ya Chelsea iri muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho isigaranye imikino 3 itegura umwaka w’imikino utaha, bikaba bishoboka ko uyu Filip Jorgensen ashobora kugaragara ku mikino bafitanye na Club America, Manchester City cyangwa Real Madrid, mbere y’uko basubira mu gihugu cy’u Bwongereza, dore ko ku ya 18 Kanama 2024, ari bwo bazatangira bakira Manchester City muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Bwongereza, English Premier League 2024-2025.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + twelve =

Previous Post

Icyo Loni ibona kigiye gukurikiraho nyuma y’ibyo u Rwanda na Congo bemeranyijweho

Next Post

Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Related Posts

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Abagize itsinda ryamamaye muri muzika Nyarwanda bongeye kugaragara bari kumwe bose (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.