Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa

radiotv10by radiotv10
10/09/2025
in MU RWANDA
0
Menya amakosa azatuma abashoferi bakurwaho amanota n’icyemezo bazajya bafatirwa mu mavugurura ari gukorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje ku mu mavugurura ari gukorwa mu itegeko rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, hateganyijwemo ibihano byo kwamburwa amanota ku bazajya bafatirwa mu makosa akomeye, aho bazajya batangirana umwaka amanota 15, ku buryo hari igihe uwakoze menshi ashobora kuzategekwa guhagarika gutwara ikinyabiziga.

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Nzeri 2025 ubwo yagezaga ku Nteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, bimwe mu bizaranga Itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, rihindura iryari rimaze imyaka 38 rigenderwaho.

Dr Jimmy Gasore yavuze ko kuvugurura iri tegeko, bigamije kurijyanisha n’igihe, kandi rigasubiza bimwe mu bibazo byaterwaga n’ibyuho byagaragaraga mu ishyirwa mu bikorwa ry’iri ryari rimaze igihe.

Yagize ati “Bitewe n’igihe gishize itegeko ryakoreshwaga ntirigisubiza bihagije ibibazo bigaragara mu mikoreshereze y’umuhanda muri iki gihe.”

Zimwe mu mpinduka zizagaragara muri iri tegeko, zirimo ibijyanye n’imicungire y’impushya zo gutwara ibinyabiziga, ahazakoreshwa gukurwaho amanota ku bashoferi bazajya bisubiramo amakosa.

Minisitiri avuga ko atari buri kosa rizajya rituma umushoferi akurwaho amanota, ahubwo ko hari ibindi bizajya bishingirwaho.

Ati “Tuzareba ibyaha binini kandi bigaruka. Ni byo bizashyirirwaho amanota, nk’ibintu byo gutwara imodoka wasinze wanyoye ibirenze ibipimo, kubera ko ni ibyaha bibangamye cyane biteza impanuka nyinshi kandi bikunze kugaruka, ugasanga umuntu yabigize umuco.

Hari ibintu by’umuvuduko ukabije, hari abantu bashimishwa n’umuvuduko, yaguze imodoka imuhenze ifite imbaraga kuyitwara ku gipimo bikamugora, ugasanga ahora wenda bitewe n’ubushobozi bwe na ya mafaranga ibihumbi 25 bari kumuca ntacyo ari kumubwira, ariko ya manota uzayatangirana umwaka ari 15 agende agabanuka uko uhanwa, wenda nibigera mu kwezi kwa munani bakubwire bati ‘ba uparitse, utegereze ko umwaka ushira, ujye wabona andi 15’.”

Dr Jimmy Gasore, avuga ko n’ubusanzwe hariho uburyo bwo kureba uko abashoferi bitwara mu bijyanye n’amakosa, ku buryo ikoranabuhanga risanzwe ryifashishwa, n’ubundi rizafasha muri ubu buryo bushya bwo gukura amanota ku bashoferi.

Ati “Twumva ko ari bumwe mu buryo bwo kurwanya abahora basubira mu byaha ndetse no gushyigikira kubakira records abitwara neza kuko na bo bakenewe kumenyekana, n’ibigo by’ubwishingizi bikaba byabamenya bikagira n’uburyo bibafata.”

Mu mwaka ushize wa 2024, mu Rwanda habaye impanuka zo mu muhanda zirenga 9 600 zahitanye abantu 350, aho zimwe muri zo byagaragaye ko ziterwa n’ariya makosa agiye kujya atuma abashoferi bakurwaho amanota, nko gutwara abantu barengeje igipimo cya Alukolo, no kugendera ku muvuduko ukabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + six =

Previous Post

Ibirambuye ku mpanuka y’urukuta rw’ahubakwa Urugomero rwagwiriye abantu i Nyamasheke

Next Post

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Icyo umutwe wa Hamas uvuga ku gitero cya Israel muri Qatar cyahagurukije ibikomerezwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.