Wednesday, August 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

radiotv10by radiotv10
20/08/2025
in MU RWANDA
0
Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta
Share on FacebookShare on Twitter

Isomo ry’imibare ni ryo abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, babonyemo amanota macye, aho baritsinze ku gipimo cya 27%, mu gihe iry’ubugenge (Phyisics) ari ryo ryatsinze abarangije icyiciro rusange cy’ayisumbyuye, aho abaritsinze ari 27,55% gusa.

Minisitiri w’Uburezi, Dr Nsengimana Joseph yavuze ko ibi byerekana ko bagomba kurushaho gushyira imbaraga muri aya masomo.

Yagize ati “Urumva ko iyi atari imibare ishimishije ni na cyo gituma navuze yuko muri gahunda nzamurabushobozi imbaraga nyinshi zizashyirwa mu mibare kugira ngo abanyeshuri barusheho gukora neza muri icyo cyiciro. Ibi rero birerekana yuko tugomba gushyira imbaraga muri za sciences.”

Yakomeje agira ati “Buriya nubwo atari ibintu bidushimishije kubona iyi mibare, ariko bituma tumenya n’aho dushyira imbaraga. Ubu rero tuzi aho tugiye gushyira imbaraga ari abarimu, ari REB, ari abayobozi b’ibigo ari Minisiteri, imbaraga dushyira muri aya masomo tugiye kuzongera ku buryo ubutaha tuzasanga iyi mibare yiyongereye.”

Abanyeshuri batsinze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, ni 166 333, mu gihe banyeshuri batsinze ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye ari 95 674.

Abanyeshuri barangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye bahawe kwiga mu bigo babamo mu mwaka wa kane, mu mashuri y’ubumenyi rusange ni 20 681, mu gihe aboherejwe mu mashuri yisumbuye biga bataha ari 18 929.

Aboherejwe mu mashuri ya Tekinike, Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) biga mu mashuri bacumbikirwa barenga ibihumbi 28 mu gihe aboherejwe mu bigo bigamo bataha, barenga ibihumbi 20.

Aboherejwe mu mashuri nderabarezi ni 3 669, aboherejwe mu mashuri y’abafasha b’abaganga (Associate Nursing) ni 545, mu gihe abahawe Ibaruramari ari 2 701 biga mu bigo bibacumbikira, naho 76 bashyirwa mu mashuri bigamo bataha.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

Next Post

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Related Posts

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

by radiotv10
20/08/2025
0

Dr Ron Adam wabaye Ambasaderi wa mbere w’Igihugu cya Israel mu Rwanda, yavuze ko yongeye kugirira ibihe byiza muri iki...

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

by radiotv10
20/08/2025
0

Rwanda National Police has said that the issue of violence committed by foreigners living in Rwanda has been under monitoring,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

by radiotv10
20/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ikibazo cy’urugomo rukorwa n’abanyamahanga baba mu Rwanda, kimaze iminsi gikurikiranwa, ndetse ko mu mezi 12...

Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

by radiotv10
20/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2024-2025, azajya hanze mbere...

MTN Rwanda, in Partnership with Yellow, Launches Affordable Smartphone Financing Program Tunga Taci na MTN Starting from as Low as Rwf 16,000

MTN Rwanda, in Partnership with Yellow, Launches Affordable Smartphone Financing Program Tunga Taci na MTN Starting from as Low as Rwf 16,000

by radiotv10
20/08/2025
0

MTN Rwandacell plc (MTN Rwanda), in partnership with Yellow, is excited to launch Tunga Taci na MTN, a groundbreaking smartphone...

IZIHERUKA

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira
MU RWANDA

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

by radiotv10
20/08/2025
0

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

20/08/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

20/08/2025
Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

Menya amasomo abanyeshuri batsinzwe kurusha ayandi mu bizamini bya Leta

20/08/2025
Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

Bwa mbere abarangije ayisumbuye mu Rwanda bagiye kumenya amanota mbere yuko amashuri atangira

20/08/2025
Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

Hatangajwe ibigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo bwiteguye gukaza imirwano buhanganyemo na AFC/M23

20/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Icyo Polisi y'u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Ambasaderi wa Israel mu Rwanda yita iwabo ha kabiri yagaragaje uburyo ahishimira

Eng.-Rwanda deported 64 foreign youths over violence

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku rugomo rukorwa n’urubyiruko rw’abanyamahanga rwavuzweho kenshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.