Sunday, November 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

radiotv10by radiotv10
02/11/2025
in MU RWANDA
0
Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
Share on FacebookShare on Twitter

Mu irushanwa ry’imibare, hahembwe abanyeshuri, abarimu n’ibigo by’amashuri, bitwaye neza mu Gihugu hose, aho Ishuri ryabaye irya Mbere ari École de science de Byimana ryo mu Karere ka Ruhango.

Ni ibirori byateguwe Rwanda Olympiad Program, ku bufatanye bwA AIMS Rwanda na University of Rwanda ishami ryayo rya Kigali ry’ubumenyi n’Ikoranabuhanga (College of Science and Technology).

Amashuri atatu yahize ayandi mu gihugu ni :

1. École de science de Byimana
2. ⁠Hope Haven Christian Secondary School
3. ⁠Groupe scholaire Agateko

Rukundo Jean D’Amour umwalimu w’imibare muri Ecole de science Byimana yavuze ko bishimye cyane kuba bahize abandi ikindi kandi ngo yishimira abanyeshuri baca mu biganza bye bahiga abandi mu rwego rw’igihugu no kuruhando mpuzamahanga.

Yagize ati “Turishimye ko twahize abanda mu marushanwa y’imibare ategurwa na AIMS RWANDA aho bakora ibizamini mu rwego rw’igihugu ,urw’ afrika ndetse no kurwego mpuzamahanga aho hose muri ayo marushanwa tuba tuhafite abanyeshuri,twishimiye rero kuba tuza mu myanya y’imbere kandi n’abanyeshuri bacu bagatsinda neza bagahiga abanda, tunafite abanyeshuri barenga batanu babonye MIT Kaminuza ikomeye ku rwego rw’isi hari n’undi uri Harvard.”

Ibi bivuze iki ku mwalimu ufite abanyeshuri banyuze mubiganza bye bari ku rwego mpuzamahanga mu mibare? Asubiza iki kibazo ati ”Biradushimisha cyane bikanatwubaka bigatuma tukunda umwuga wacu kandi tukawukora twishimye,bigatuma duhora dushaka guhanga utushya kugirango duhore kw’isonga duhore tubahiga.”

Hahembwe n’abarimu baturutse mu bigo bitandukanye bigisha imibare barimo Nyiransabima Jacqueline wigisha kuri Ecole de Science de Gisenyi i Rubavu wahembwe mubarimu bakoze neza yabwiye RadioTv10 ko aho yigisha bageza gufasha abana biciye mu maClubs abana bahuriramo bagasubira mumasomo.

Ati “Kuri Ecole de Science de Gisenyi abana batsinda neza ,tugerageza kubafasha biciye mu ma clubs abana bahuriramo bakiga bagasubira mu masomo,aho niho tubategurira bagakora ubushakashatsi,tukabatoza gusoma ibitabo bakiga neza kandi bakabitsinda.”

Abanyeshuri bahembwe baturutse mu gihugu cyose mu bigo by’amashuri bitandukanye abakobwa n’abahungu mu byiciro bito abiga mu cyiriro rusange no mucyiro kisumbuye (Best Junior and senior Girls and Boys) Barimo IHIRWE RUKUNDO Bertin wabaye uwambere mu mibare wiga mu mwaka wa gatatu wiga GS Saint Mathieu Busasamana I Rubavu yavuze ko amarushanwa y’imibare yamufunguye mu mutwe

Ati ”Aya marushanwa natangiye kuyitabira niga mu wa mbere ntabintu byinshi nzi ariko ubu maze kumenya ibintu byinshi mu mibare byanzamuriye urwego.”

Rukundo Promesse wiga muri Ecole de science Byimana wahagarariye igihugu muri Olympiad mu Bushinwa umwaka ushize yabwiye Radiotv10 ko u rwanda ruri hasi ku rwego mpuzamahanga.

Ati” Ngereranyije n’abandi twahariye kandi u Rwanda nibwo bwa mbere twari twitabiriye ntabwo turi hasi cyokoze turasabwa gushyiramo imbaraga kuko muri interport yacu baduhaye 295 muri 384 twakoranye.”

Kurujyibwami Celestin HoD, Mathematics Dpt, UR-CSTE uharariye imibare muri Kaminuza y’u Rwanda na Rwanda Olympiad Program yabwiye RadioTV10 ko icyari kigamijwe mu guhemba abana ari ukugirango babereko ibyo bakora bifite intego zinjira mu ntego zigihugu

Ati “Icyari kigamijwe duhemba aba bana bitwaye neza ni ukugirango bashyiremo umuhate bamenye ko ejo hazaza aribo bazabigiramo uruhare hifashishijwe amasomo biga tubifashijwemo na AIMS RWANDA, ministeri y’uburezi kugirango abana bakure bafite fondation y’imibare babe abanyabwenge babasha gusubiza ibibazo igihugu gifite n’isi muri rusange.”

Mu mwaka wa 2024 urubyiruko rw’ibihugu 32 byo ku mugabane wa Afurika bateraniye ikigali mu marushwanwa y’imibare yamaze iminsi irindwi, muri uyu mwaka taliki 18 Ukwakira 2025 Groupe sclaire APACOPE yabaye iya mbere mu irushanwa ry ‘imibare rya African Shenmo cup ABACUS Mental Math Olympiad ryitabiriwe n’amabanyeshuri 400 batururtse mu bihugu 30 bitandukanye byo muri Afurika.

Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare
MU RWANDA

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

by radiotv10
02/11/2025
0

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

02/11/2025
Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

01/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibigo by’amashuri n’abanyeshuri bahize abandi mu marushanwa y’imibare

The Weekend Reset: How disconnecting can help you start Monday stronger

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.