Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya ibyaha bikekwa ku barimo Abapadiri babiri bakorera Ishuri ryapfiriyemo umunyeshuri n’icyo yazize

radiotv10by radiotv10
19/06/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bane barimo Abapadiri babiri basanzwe ari abakozi ba Seminari Nto ya Zaza yyo mu Karere ka Ngoma, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, nyuma y’uko umwe mu banyeshuri biga muri iri shuri apfuye kubera gukubitwa na bagenzi be.

Abatawe muri yombi barimo Umukozi ushinzwe Imyitwarire y’Abanyeshuri muri Petit Seminaire Zaza, Padiri Mbonigaba Jean Bosco, na Padiri Nkomejegusaba Alexandre, ushinzwe Umutungo muri iri shuri.

Barimo kandi Murenzi Armel w’imyaka 18 na mugenzi we Tuyizere Egide w’imyaka 20, ubu bose bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya RIB ya Zaza mu Murenge wa Zaza.

Aba batawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri witwa Shema Christian w’imyaka 15, wapfuye azize gukubitwa na bagenzi be, bamuziza ko atakoze isuku neza nk’inshingano yari yahawe.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa muri Laboratwari kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma.

Yavuze ko aba bantu uko ari bane bakurikiranyweho ibyaha bibiri, ari byo; icyo gukubita cyangwa gukomeretsa ku bushake byateye urupfu ndetse n’icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga.

Kimwe muri ibi byaha ari cyo cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake byateye urupfu, gikurikiranywe kuri aba banyeshuri babiri, mu mu gihe aba Bapadiri babiri basanzwe ari abakozi ba ririya shuri, bo bakurikiranyweho icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga.

Dr Murangira avuga ko aba bayobozi b’Ishuri bamenyeshejwe iby’uru rugomo rwari rwakorewe umunyeshuri wari wakubiswe na bagenzi be, bakabwirwa ko amerewe nabi ari kuribwa mu nda, ariko bakanga gutanga imodoka ngo imujyane kwa muganga, ahubwo bakavuga ko ari ibyo ari kwigira.

Yagize ati “Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Zaza, n’umurambo ukaba woherejwe muri Laboratwari kugira ngo ukorerwe isuzuma, mu gihe dosiye yabo yatangiye gukorwa kugira ngo izashyikirizwe Ubushinjacyaha.”

 

IBIHANO BASHOBORA KUZAHANISHWA

Aba banyeshuri baramutse bahamijwe icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye urupfu, bahanishwa igifungo kuva ku myaka 15 ariko kitarenze imyaka 20 n’ihazabu y’amafaranga kuva kuri 5 000 000 Frw ariko atarenze 7 000 000 Frw nk’uko biteganywa n’ingingo ya 121 y’Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, cyane cyane mu gika cyayo cya gatandatu.

Naho abapadiri bakurikiranyweho icyaha cyo kwirengagiza gutabara umuntu uri mu kaga, bo baramutse bagihamijwe; bahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe ariko kitarenze imyaka itatu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi 300 Frw ariko atarenze ibihumbi 500 Frw nk’uko biteganywa n’ingingo ya 244 y’iri tegeko ritegenya ibyaha n’ibihano muri rusange.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

America igiye gutangaza icyemezo kizaha amahirwe abarenga 500.000 batari bafite ibyangombwa

Next Post

Rubavu: Urujijo ku rupfu rw’umusore basanze umurambo we mu muhanda ugeretseho igare

Related Posts

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Uruganda rutanganya inzoga ruherereye mu Muerenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo gukoresha ibitoki mu gutunganya...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Daughter of Rwanda’s former King passed away in Kenya, burial set in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo Bideri, the daughter of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda, has passed away in Kenya,...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

IZIHERUKA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge
MU RWANDA

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

by radiotv10
05/11/2025
0

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku myitozo MONUSCO yahaye FARDC yo gukoresha intwaro rutura

05/11/2025
Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

05/11/2025
Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Urujijo ku rupfu rw’umusore basanze umurambo we mu muhanda ugeretseho igare

Rubavu: Urujijo ku rupfu rw’umusore basanze umurambo we mu muhanda ugeretseho igare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki rwatahuweho ibiteye impungenge

Hazamutse impaka kubera umugabo wagaragaye akorera Perezidante wa Mexico ibyo kumwubahuka

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.