Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya iby’ingenzi bizagerwaho n’u Rwanda mu cyerekezo 2035

radiotv10by radiotv10
09/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya iby’ingenzi bizagerwaho n’u Rwanda mu cyerekezo 2035
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko icyerekezo 2050, cyagabanyijwe mu bindi byerecyezo bito bibiri birimo icya 2035, ahifuzwa ko umusaruro ku muturage uzaba ugeze ku 4 000 USD ku mwaka.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa Mbere tariki 09 Nzeri 2024, ubwo yagaragarizaga Inteko Ishinga Amategeko ibiteganyijwe muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu iri imbere.

Yabanje kugaragariza Intumwa za Rubanda n’Abashingamategeko ko Guverinoma y’u Rwanda yihaye icyerekezo 2050, ahifuzwa ko umusaruro ku muturage uzaba ugeze ku 12 476 USD ku mwaka, avuye kuri 1 200 USD uriho ubu.

Muri iki cyerekezo kandi, hifuzwa ko uruhare rw’inganda mu musaruro mbumbe w’Igihugu ruzaba rugeze kuri 33%, naho uruhare rw’ishoramari ku musaruro w’imbere mu Gihugu, rukazaba rugeze kuri 35,1%.

Nanone hifuzwa ko muri 2050, icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda kizaba kigeze ku myaka 73 kivuye kuri 69 kiriho ubu, naho ikigereranyo cy’ubushomeri mu baturage kikazaba kiri kuri 5%.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko mu kugera kuri iki cyerekezo, Guverinoma y’u Rwanda yaciyemo ibice bibiri imyaka isigaye, aho hafashwe igice cya mbere cyo kugeza muri 2035.

Muri uyu mwaka wa 2035, Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje ko umusaruro ku muturage wazaba ugeze ku 4 036 USD ku mwaka, naho uruhare rw’inganda mu musaruro mbumbe w’Igihugu ukazaba ugeze kuri 24%.

Uruhare rw’ishoramari ku musaruro mbumbe w’Imbere mu Gihugu, muri uwo mwaka wa 2035 uzaba ugeze kuri 32,6%; naho icyizere cyo kubaho kikazaba kigeze ku myaka 71,7; mu gihe ikigereranyo cy’ubushomeri mu baturage kikaza kigeze kuri 7%.

Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Mbere mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − twelve =

Previous Post

Habura amasaha ngo Amavubi akine Minisitiri yahaye umukoro abarimo bagenzi be babiri

Next Post

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.