Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya iby’ingenzi bizagerwaho n’u Rwanda mu cyerekezo 2035

radiotv10by radiotv10
09/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya iby’ingenzi bizagerwaho n’u Rwanda mu cyerekezo 2035
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko icyerekezo 2050, cyagabanyijwe mu bindi byerecyezo bito bibiri birimo icya 2035, ahifuzwa ko umusaruro ku muturage uzaba ugeze ku 4 000 USD ku mwaka.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa Mbere tariki 09 Nzeri 2024, ubwo yagaragarizaga Inteko Ishinga Amategeko ibiteganyijwe muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu iri imbere.

Yabanje kugaragariza Intumwa za Rubanda n’Abashingamategeko ko Guverinoma y’u Rwanda yihaye icyerekezo 2050, ahifuzwa ko umusaruro ku muturage uzaba ugeze ku 12 476 USD ku mwaka, avuye kuri 1 200 USD uriho ubu.

Muri iki cyerekezo kandi, hifuzwa ko uruhare rw’inganda mu musaruro mbumbe w’Igihugu ruzaba rugeze kuri 33%, naho uruhare rw’ishoramari ku musaruro w’imbere mu Gihugu, rukazaba rugeze kuri 35,1%.

Nanone hifuzwa ko muri 2050, icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda kizaba kigeze ku myaka 73 kivuye kuri 69 kiriho ubu, naho ikigereranyo cy’ubushomeri mu baturage kikazaba kiri kuri 5%.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko mu kugera kuri iki cyerekezo, Guverinoma y’u Rwanda yaciyemo ibice bibiri imyaka isigaye, aho hafashwe igice cya mbere cyo kugeza muri 2035.

Muri uyu mwaka wa 2035, Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje ko umusaruro ku muturage wazaba ugeze ku 4 036 USD ku mwaka, naho uruhare rw’inganda mu musaruro mbumbe w’Igihugu ukazaba ugeze kuri 24%.

Uruhare rw’ishoramari ku musaruro mbumbe w’Imbere mu Gihugu, muri uwo mwaka wa 2035 uzaba ugeze kuri 32,6%; naho icyizere cyo kubaho kikazaba kigeze ku myaka 71,7; mu gihe ikigereranyo cy’ubushomeri mu baturage kikaza kigeze kuri 7%.

Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Mbere mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Habura amasaha ngo Amavubi akine Minisitiri yahaye umukoro abarimo bagenzi be babiri

Next Post

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.