Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya iby’ingenzi bizagerwaho n’u Rwanda mu cyerekezo 2035

radiotv10by radiotv10
09/09/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Menya iby’ingenzi bizagerwaho n’u Rwanda mu cyerekezo 2035
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko icyerekezo 2050, cyagabanyijwe mu bindi byerecyezo bito bibiri birimo icya 2035, ahifuzwa ko umusaruro ku muturage uzaba ugeze ku 4 000 USD ku mwaka.

Byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente kuri uyu wa Mbere tariki 09 Nzeri 2024, ubwo yagaragarizaga Inteko Ishinga Amategeko ibiteganyijwe muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu iri imbere.

Yabanje kugaragariza Intumwa za Rubanda n’Abashingamategeko ko Guverinoma y’u Rwanda yihaye icyerekezo 2050, ahifuzwa ko umusaruro ku muturage uzaba ugeze ku 12 476 USD ku mwaka, avuye kuri 1 200 USD uriho ubu.

Muri iki cyerekezo kandi, hifuzwa ko uruhare rw’inganda mu musaruro mbumbe w’Igihugu ruzaba rugeze kuri 33%, naho uruhare rw’ishoramari ku musaruro w’imbere mu Gihugu, rukazaba rugeze kuri 35,1%.

Nanone hifuzwa ko muri 2050, icyizere cyo kubaho ku Munyarwanda kizaba kigeze ku myaka 73 kivuye kuri 69 kiriho ubu, naho ikigereranyo cy’ubushomeri mu baturage kikazaba kiri kuri 5%.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko mu kugera kuri iki cyerekezo, Guverinoma y’u Rwanda yaciyemo ibice bibiri imyaka isigaye, aho hafashwe igice cya mbere cyo kugeza muri 2035.

Muri uyu mwaka wa 2035, Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje ko umusaruro ku muturage wazaba ugeze ku 4 036 USD ku mwaka, naho uruhare rw’inganda mu musaruro mbumbe w’Igihugu ukazaba ugeze kuri 24%.

Uruhare rw’ishoramari ku musaruro mbumbe w’Imbere mu Gihugu, muri uwo mwaka wa 2035 uzaba ugeze kuri 32,6%; naho icyizere cyo kubaho kikazaba kigeze ku myaka 71,7; mu gihe ikigereranyo cy’ubushomeri mu baturage kikaza kigeze kuri 7%.

Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Mbere mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Habura amasaha ngo Amavubi akine Minisitiri yahaye umukoro abarimo bagenzi be babiri

Next Post

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Rusizi: Imiryango 100 ituye ahazagurirwa ibikorwa bya Gisirikare imaze umwaka mu rujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.